RFL
Kigali

Ni iki cyahesheje u Rwanda umwanya wa gatatu mu korohereza ishoramari ku Isi?

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:4/10/2024 9:16
0


U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa gatatu mu koroshya gutangiza ibigo by’ubucuruzi, aho bifata iminsi 32 ku bigo by’imbere mu gihugu naho ibyo mu mahanga bigatwara iminsi 39 yo kuba byatangiye ibikorwa byabyo.



Raporo ya Banki y’Isi ku birebana n’uburyo ibihugu byorohereza ishoramari yiswe B-Ready 2024 yashyize u Rwanda ku mwanya wa gatatu ku Isi mu bihugu byorohereza gutangiza ishoramari. U Rwanda rwaje kuri uwo mwanya rukurikiye Singapore na Georgia.

Iyi raporo yamurikiwe i Washington, D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Kane, tariki ya 3 Ukwakira 2024 kandi, yashyize u Rwanda ku mwanya wa 8 mu bijyanye n’imitangire ya serivisi za Leta mu gihe ruri ku mwanya wa 17 ku Isi mu iyubahirizwa ry’amategeko mu bucuruzi n’ishoramari.

Raporo yakozwe hashingiwe ku nkingi eshatu z’ingenzi zirimo izirebana n’iyubahirizwa ry’amategeko, imitangire ya serivisi za Leta n’ibikorwa remezo byorohereza abashoramari ndetse no korohereza ishoramari.

U Rwanda rwaje ku mwanya wa gatatu mu korohereza imikorere y’ishoramari hashingiwe ku mategeko n’uburyo abikorera batangizamo ibigo cyangwa ishoramari, babyaza umusaruro ibikorwa remezo n’ibindi aho rufite amanota 81,31%, rukurikira Georgia ifite 84.75% na Singapore ifite 87,33%.

Ubusanzwe gutangiza ibigo by’ubucuruzi mu Rwanda, bifata iminsi 32 ku bigo by’imbere mu gihugu naho ibyo mu mahanga bigatwara iminsi 39 yo kuba byatangiye ibikorwa byabyo.

Mu nkingi ya kabiri ijyanye n’imitangire ya serivisi za Leta n’ibikorwa remezo, u Rwanda ruza mu bihugu 10 bya mbere aho ruri ku mwanya wa munani n’amanota 67.37, rukurikira Slovakie, Nouvelle Zelande, Hongrie,Portugal, Croatia, Singapore na Estonia ya mbere ifite amanota 73,31%.

Ku birebana n’iyubahirizwa ry’amategeko, u Rwanda ruza mu ku mwanya wa 17 n’amanota 70,68% mu gihe Hongrie ari yo iyoboye iyo nkingi n’amanota 78,23%.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, Francis Gatare, yasangije abitabiriye igikorwa cyo kumurika Raporo ya Banki y’Isi ku bucuruzi n’Ishoramari, Business Ready (B-READY 2024), uko impinduka mu iterambere ry'u Rwanda zashibutse ku guhuza imikoranire kwa Leta n'urwego rw'abikorera.

Yavuze ko kuva mu 2003 kugeza umwaka ushize, urwego rw’abikorera ku musaruro mbumbe w’igihugu rwikubye inshuro zisaga 14 kandi umusaruro w’umuturage w’u Rwanda wagiye uzamuka bitewe n’urwo ruhare abikorera bagira mu iterambere.

Yagize ati: “Dutekereza ko amavugurura akorwa mu bucuruzi aba ashingiye ku bintu bitatu; icya mbere ni ibiganiro bigenda bibaho hagati ya leta n’abikorera. Mu Gihugu cyacu, urwego rw’abikorera na Leta, bafite urubuga bahuriramo bakaganira.”

Gatare yavuze ko amavugurura u Rwanda rwakoze arimo koroshya urujya n’uruza ari bimwe mu byorohereza abacuruzi n’abashoramari by’umwihariko abanyamahanga baba bashaka gushora imari mu Rwanda.

Ati: “Bamwe mu bari muri iki cyumba bashobora kuba babizi ko u Rwanda ari cyo gihugu cyonyine ku Isi, aho umuturage wese ku Isi ashobora kurujyamo adasabwe viza, bagusinyira ugeze mu gihugu, uyibonera ku Kibuga cy’Indege, i Kigali ukihagera. Icyo ni ikintu ibihugu byinshi bitangiye gushyira mu bikorwa kuko twabonye ko bishobora kuba ari ingirakamaro mu guteza imbere ubucuruzi.”

Biteganyijwe ko raporo ya kabiri ya B-Ready izasohoka mu 2025 izakorerwa nibura ku bihugu 100, naho izasohorwa muri Nzeri 2026 ikorerwe nibura mu bihugu 180, mu gihe iy’uyu mwaka yakorewe ku bihugu 50 birimo ibiteye imbere, ibifite amikoro aciriritse ndetse n’iby’amikoro macye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND