RFL
Kigali

Irankunda yizeye ikamba nyuma y’imyaka 7 u Rwanda rudakoze imitwe y’intoki kuri Mister Africa

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:3/10/2024 12:51
0


Umusore witwa Irankunda Joseph [Joe Romantic] yatangaje ko afite icyizere cyo gutwara ikamba rya Mister Africa International nyuma y’imyaka icyenda u Rwanda rutakozeho imitwe y’intoki.



Yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda kuri uyu wa Kane tariki 3 Ukwakira 2024, aho yavuze ko kubasha kwitabira iri rushanwa byamusabye imbaraga n’umuhate kugirango bamuhitsemo mu basore bazaryitabira.

Uyu musore yavuze ko rwari urugendo rurerure, kuko yabanje guhatana mu cyiciro cya ‘Pre-Selection’ aho yatanze imyirondoro, amafoto yasabwaga, kwiyerekana atambuka nk’umunyamideli- kandi byose byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Yavuze ko muri kiriya cyiciro yabashije gutsinda, ndetse yemezwa nk’umusore uhagarariye u Rwanda muri Mister Africa International. Avuga ko bahise binjira mu cyiciro cy’itora ryo kuri internet, ari naryo rizasiga hamenyekanye umusore uzajya mu cyiciro cya nyuma.

Ati “Bagendera kuri ‘CV’ yawe, bakagendera ku kumenya uwo uriwe, uko ugaragara, bakagendera ku bumenyi ufite, ubushobozi kuko kujya muri kiriya gihugu ni amafaranga kandi ugomba kuba witeguye.”

Irankunda Joe yavuze afite ubumenyi n’uburambe mu kumurika imideli, kuko yigaragaje mu birori byo kumurika imideli birimo nka Kigali Fashion Week, muri Mercedes Benz Fashion Week, Paris Fashion Week kandi ‘aho hose bampitagamo mbere’.

Yavuze ko muri iki gihe icyo ashyize imbere ni ugukora ibishoboka bizatuma yegukana ikamba. Ati “Twese, icyo dushyize imbere ni ikamba, kandi ikamba rigomba kuboneka.”

Irankunda yavuze ko yasohotse ku rutonde rw’abasore bahataniye ikamba rya Mister Africa International, mu gihe yari mu Bufaransa, ariko muri iki gihe yamaze kugaruka mu Rwanda. Kandi yasobanuye ko yafashe amafoto menshi amugaragaza nk’umusore w’ibituza witeguye guhangana na bagenzi be.

Akomeza ati “Ikintu cyose ngiyemo nyijyamo nzi ibyo ngiye gukora […] Ntabwo ndi umwana muri ibi bintu byo kumurika imideli, kuko mbimazemo igihe. Nkora ibintu byanjye, ubundi ibikorwa bikivugira, kuko ibyo n’ibintu nzi, byantwaye igihe cyo kubitegura, navuga ko njyewe niteguye.”

Uyu musore yasabye Abanyarwanda kumushyigikira muri iri rushanwa aho kumuca intege, kuko ahagarariye Igihugu. Yungamo ati “Ibi ntabwo ari ibintu bikwituraho, ahubwo ni ibintu ukorera kugira ngo ubigeraho […] Icyo nasaba Abanyarwanda ni umwanya wo kunshyigikira, bakanda ‘Like’, batanga ibitekerezo [Comments] kuri Paji yanjye n’iyi rushanwa, kuko ijwi rya buri umwe rifite agaciro kanini […] Icyo twese duharanira, ni uguhesha ishema igihugu cyacu.”

Iri rushanwa rya Mister Africa International rizabera muri Sierra Leone, kuva ku wa 12 kugeza ku wa 24 Ukuboza 2024. Kandi rihatanyemo abasore barimo uwo muri Gambia, Mauritania, Uganda, Zimbabwe, Comoros, Nigeria, Cameroon n'abandi.

Ni ku nshuro ya 12 iri rushanwa rigiye kuba, mu bihe bitandukanye ryaberaga muri Nigeria ariko kuri iyi nshuro rizabera muri Sierra Leone, aho rihatanyemo abasore 19.

Muri izi nshuro zose u Rwanda rubitse ikamba rimwe ryazanywe na Ntabanganyimana Jean de Dieu mu 2017, bivuze ko imyaka 7 ishize u Rwanda rudakoza imitwe y’intoki ku ikamba. Mu 2016 Moses Turahirwa yari yabaye igisonga cya mbere ndetse mu mwaka wakurikiyeho yashyizwe mu kanama nkempurampaka.


Irankunda Joseph [Joe Romantic] yatangaje ko yiteguye guhesha ishema u Rwanda akegukana ikamba


Irankunda yavuze ko yahatanye mu bice bitandukanye bigize iri rushanwa kugeza ubwo ageze mu batoranyijwe guhagararira ibihugu byabo 

Irankunda yatangaje ko abategura Mister Africa International basohoye urutonde rw'abahatanye mu gihe yari mu Bufaransa
Irankunda yasabye abantu kumushyigikira muri iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 12 

Muri 2017, Jay Rwanda usigaye abarizwa muri Amerika yaciye agahigo yegukana ikamba rya Mister Africa International- Kuva icyo gihe nta wundi munyarwanda uratwara iri kamba






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND