RFL
Kigali

Joeboy wasuye Bruce Melodie yishyuza angahe mu gitaramo no gukorana indirimbo?

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/10/2024 11:43
0


Umuhanzi w’umunya-Nigeria wamamaye nka Joeboy yatangiye urugendo rw’akazi mu Rwanda, mu rwego rwo gushyira akadomo ku mashusho y’indirimbo yakoranye na Bruce Melodie izaba iri kuri Album ye nshya yise “Colorful Generation.”



Ni ku nshuro ya Kane uyu musore wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Alcohol’ agendereye u Rwanda, kuko yahataramiye mu 2020, 2021 ndetse na 2022.

Yageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Ukwakira 2024. Yakiriwe n’abarimo Kenny Mugarura ushinzwe ibikorwa by'Ubucuruzi muri Sosiyete ya 1:55 AM.

Urugendo rwe rwakomereje mu biganiro byamuhuje na Bruce Melodie, ndetse basangiye ifunguro ry’umugoroba ari kumwe n’abamuherekeje mu Rwanda.

Amajwi (Audio) y’indirimbo Joeboy yakoranye na Bruce Melodie yamaze kurangira, ndetse yakozwe na Producer Element, ni mu gihe amashusho biteganyijwe ko akorwa na Director Chrestien.

Ni umwe mu bahanzi bihagezeho muri Nigeria, ahanini biturutse mu kuba yaranyuze mu biganza bya Mr Eazi binyuze muri sosiyete y’umuziki yashinze ya emPawa Africa.

Yishyuza angahe ushatse kumutumira mu gitaramo cyangwa se gukorana nawe indirimbo?

Joeboy azwi nk’umuhanzi udakunda gushyira ubuzima bwe kuri Internet cyane cyane, ibijyanye n’akazi n’umuryango we. Ndetse, ibi nibyo byatumye agera i Kigali ntiyemere ko yakirwa n’itangazamakuru ku kibuga cy’indege.

Bamwe mu bagiye bakorana nawe mu bihe bitandukanye, bavuga ariko ko ari umuhanzi woroshya ubuzima, ku buryo ashobora guhitamo ko mukorana indirimbo mugiye gukorana, mu buryo bw’amajwi (Audio) ku buntu ariko wagera ku gufata amashusho (Video) ukishyura buri kimwe.

Ibyo bijyana no kumwishyurira itike y’indege n’ikipe baba bari kumwe, aho kurara n’ibindi biba bikenewe mu rugendo rwe.

Umwe mu bazi neza imikorere ya Joeboy yabwiye InyaRwanda, ko mu 2023 uriya muhanzi akibarizwa muri emPawa Africa, yasabaga arenga Miliyoni 30 Frw kugirango akorane indirimbo imwe n’umuhanzi.

Ariko kandi yasobanuye ko ariya mafaranga ashobora kugeraho cyangwa se akajya munsi, ahanini bitewe n’umuntu wabahuje. Ati “Nk’amafaranga yasaba Bruce Melodie ntabwo ariyo yasaba Diamond, kuko biba bitandukanye. Umwaka ushize mbiheruka asaba Miliyoni 30 Frw, ubu rero wasanga ari hagati ya Miliyoni 40 na Miliyoni 50 Frw.”

Mu bihe bitandukanye Joeboy yagiye ataramira mu Rwanda. Ubwa mbere yari yatumiwe mu gitaramo cyari cyateguwe na Mr Eazi wahoze amufasha mu muziki, ni mu gihe ku nshuro ya kabiri yaririmbye muri ‘Kigalifiesta Festival’ binyuze mu gitaramo cyari cyateguwe na East African Party.

Umwe mu bagiye bamufasha gutaramira i Kigali, yabwiye InyaRwanda ko uyu muhanzi yishuza nibura Amadolari ya Amerika  ibihumbi 80 ku gitaramo kimwe. Ni ukuvuga asaga  Miliyoni 109,408,000.00. Ariya mafaranga ariko ntabwo arimo ibijyanye n’itike n’indege, aho kurara n’ibindi.

Ibinyamakuru byo muri Nigeria bivuga ko Joeboy atunze Amadolari  asaga Miliyoni 1 [Miliyari 1,367,600,000.00]. Bashingira ku kuba afite sosiyete zinyuranye yamamaza zimwishyura ari hagati ya $100,000 na $300,000 n’ibitaramo yagiye akorera ahantu hanyuranye.

Joeboy w'imyaka 26 y’amavuko wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Sip (Alcohol)’ yavutse yitwa Joseph Akinfenwa Donus akorana n’inzu zireberera inyungu z’abahanzi nka Banku Music.

Yasohoye Album yise ‘Love&Night’ anahatanira ibihembo bya ‘The Headies Award for Next Rated’. Yakunzwe mu ndirimbo nka ‘Bad Girl’ yasohoye mu 2017, ‘Don’t call me back’, ‘All for you’ n’izindi.

Mu 2020 yasohotse ku rutonde rwa BBC rw’abahanzi bo kwitega. Iki kinyamakuru cyavuze ko uyu musore yatangiye guhangwa amaso na benshi abikesha indirimbo ye yise ‘Baby’ imaze kurebwa n’abarenga Miliyoni 11 ku rubuga rwa Youtube.

Ni umuhanzi w’umuhanga ufite ijwi ryihariye rimufasha gutanga ubutumwa mu njyana ya Afrobeat na Pop yashyize imbere. Amaze gukorera ibitaramo bikomeye mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika ndetse yanaririmbiye mu Bwongereza. 

Joeboy yageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Ukwakira 2024

Bruce Melodie yakiriye ku meza Joeboy n’ikipe yamuherekeje i Kigali mu rugendo rw’akazi 

Indirimbo ya Joeboy na Bruce Melodie yakozwe mu buryo bw’amajwi na Element 


Joeboy abaye umuhanzi wa Gatatu Mpuzamahanga ugiye gukorana na Bruce Melodie kuri Album ye 


Jean Luc [Mubi Cyane], usanzwe ari umurinzi wa Bruce Melodie yari kumwe na Joeboy ku kibuga cy'indege








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND