RFL
Kigali

Gusura abanyeshuri byahagaze! Umukoro w'ibigo by'amashuri mu kwirinda icyorezo cya Marburg

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:2/10/2024 10:24
0


Nyuma y’uko Minisiteri y'Ubuzima itanze amabwiriza ajyanye n'ikwirakwizwa ry'uburwayi buterwa na virusi ya Marburg mu Rwanda, MINEDUC yashyizeho amabwiriza azakurikizwa mu mashuri yose kugeza igihe Minisiteri y'Ubuzima izatangira andi mashya, harimo n’ihagarikwa rya gahunda yo gusura abanyeshuri biga baba mu bigo yabaga buri kwezi.



Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ukwakira 2024, Minisiteri y'Uburezi yashyizeho amabwiriza mashya arebana no kwirinda icyorezo cya Marburg kimaze guhitana abantu 10 mu Rwanda, mu gihe abanduye bageze kuri 29.

Ni muri urwo rwego abayobozi b'ibigo by'amashuri ndetse n'abarimu basabwa kugenzura niba nta munyeshuri ufite ibimenyetso by'ingenzi biranga uburwayi bwa Marburg birimo: Umuriro ukabije, kubabara umutwe bikabije, kubabara imikaya, gucibwamo no kuruka.

Abayobozi b’ibigo by’amashuri kandi barasabwa kwihutira kohereza umunyeshuri wagaragaje ibimenyetso kwa muganga, gushishikariza abanyeshuri kwita ku isuku bakaraba intoki kenshi, kubuza abanyeshuri gutizanya imyenda n'ibindi bikoresho ndetse no guhumuriza abanyeshuri ntibakuke umutima, ahubwo bagakurikiza ingamba zose.

Ni mu gihe ababyeyi bo basabwa kwirinda kohereza ku ishuri umunyeshuri wagaragaje ibimenyetso bya Marburg, kwihutira kugeza umunyeshuri wagaragaje ibimenyetso kwa muganga kandi agasubira ku ishuri ari uko abaganga bamusezereye yakize.

Minisiteri y’Uburezi kandi irasaba abanyeshuri gukurikiza amabwiriza ajyanye no kurwanya ikwirakwizwa ry'uburwayi buterwa na virusi ya Marburg nk’uko babishishikarizwa n’abayobozi babo.

Mu rwego rwo gukaza ingamba zo kwirinda kwegerana cyane, MINEDUC yabaye ihagaritse igikorwa cyo gusura abanyeshuri biga barara mu mashuri gisanzwe gikorwa buri kwezi, kikazasubukurwa nyuma y'igenzura rizakorwa na MINEDUC ifatanyije n'inzego z'ubuzima.

Nta mpungenge zihari kuko igihe hari ibikoresho byihutirwa umunyeshuri akeneye, umubyeyi azajya korana n'ubuyobozi bw'ishuri abyohereze akoresheje ubundi buryo harimo n'ikoranabuhanga aho bishoboka.

Virusi ya Marburg ni icyorezo kiri mu cyiciro cy’ibindi bikomeye nka Ebola. Yamenyekanye cyane mu 1967 mu mijyi ya Marburg na Frankfurt mu Budage ndetse no mu mujyi wa Belgrade muri Serbia.

Ibindi byorezo bya Marburg byagiye bigaragara mu bihe bitandukanye mu bihugu nka Angola, RDC, Kenya, Afurika y’Epfo na Uganda.


MINEDUC yashyizeho amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg mu mashuri





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND