RFL
Kigali

Udushya twaranze Abaperezida 19 b’Abarepubulikani bayoboye Amerika

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/10/2024 8:38
0


Imyaka 170 irashize ishyaka ry’Abarepubulikani rivutse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, kuri ubu Isi yose ikaba yerekeje amaso muri iki gihugu hibazwa niba rizekuna intsinzi mu matora y’Ugushyingo 2024.



Abaperezida babayeho baturuka mu ishyaka ry’Abarepubulikani mu mateka ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, imibare igaragaza ko bagera kuri 19 kuva iri shyaka ryashingwa mu 1854.

Perezida wa mbere watowe wavaga mu ba repubulikani yari Abraham Lincoln watowe mu 1861, nubwo kandi ishyaka ry’Abademokarate rimaze igihe ryo rimaze kuvamo aba Perezida bayoboye iki gihugu rurangiranwa 14.

Twabateguriye abagiye bayobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika baturuka mu ishyaka ry’Abarepubulikani.

Abayoboye mu kinyejana cya 19

Abraham LincolnNi we Perezida wa 16 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yayoboye hagati ya 1861 na 1865, afatwa na benshi nk'udasanzwe.

Yayoboye Amerika mu bihe by’intambara ariko akomeza gukora igishoboka ngo asigasire ubusugire bw’iki gihugu, gutangaza ko akuye abacakara ku ngoyi yari ibaziritse ko babohowe byahinduriye amateka.

Nubwo byatangije urundi rugamba rurimo urwo guharanira uburenganzira bwabo.

Ulysses S. GrantYabaye Perezida wa 18 yayoboye hagati ya 1869 na 1877, yari umuyobozi w’ingabo mu gihe cy’intambara aza kwegukana manda ebyiri zikurikiranye, yashyizeho kandi iteka riha uburenganzira abaturage bose bwo gutora hatitawe ku ruhu.

Rutherford B Haves

Perezida wa 19 yategetse hagati ya 1877 na 1881, manda ye imwe yibukirwa ku kuba yarakoze iyo bwabaga mu guharanira ko abanyamerika baba umwe.

James A GarfieldPerezida wa 20 wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Garfield yatabarutse ari mu nshingano aho yarashwe amaze amezi ane yonyine azitangiye, yayoboye mu 1881.

Chester A ArthurPerezida wa 21 yayoboye hagati ya 1881 na 1885, ni we wari Visi Perezida wa Garfield, yamuhuhiye mu ngata amaze gutabaruka.

Yagerageje guca icyenewabo mu banyapolitiki batangaga akazi bidashingiye ku byo abantu bazi ahubwo ikimenyane.

Agerageza guharanira ko abafite ibitekerezo byo gukandamiza abandi babicikaho.

Benjamin HarrisonPerezida wa 23 yayoboye hagati ya 1889 na 1893, yari umwuzuru wa Perezida wa cyenda wa USA.

Benjamin yayoboye manda imwe, amavugurura atandukanye muri rubanda nicyo kintu yibukirwaho.

William McKinleyPerezida wa 25 yayoboye hagati ya 1897 na 1901, yibukirwa ku ntambara Amerika yarwanyemo na Espagne, yaje gutorwa muri manda ya kabiri gusa aza kwicwa atayisoje.

Abayoboye mu kinyejana cya 20

Theodore RooseveltPerezida wa 26 yayoboye hagati ya 1901 kugera 1909. Ari mu ba Perezida bakomeye b’Amerika, yatangiye kuyobora iki gihugu afite imyaka 42, yarwanye inkundura mu kuringanyiza ubushobozi bwa kompanyi nini mu bucukuzi bw’amavuta n’izitwara abantu.

William H TaftPerezida wa 27 yayoboye hagati ya 1909 na 1913, yashyize imbaraga nyinshi mu birebana no guteza imbere ububanyi n’amahanga hifashishijwe ifaranga.Yari afite kandi ukuboko gukomeye mu rukiko rw’ikirenga ibintu bidanzwe ku bakuru b’ibihugu.

Warren G HardingPerezida wa 29 yari ku butegetsi hagati ya 1921 na 1923, ubuyobozi bwe bwashinjwe ruswa n’akarengane, yabayeho mu bihe by’intambara ya Mbere y’Isi .

Calvin CoolidgePerezida wa 30 yayoboye hagati ya 1923 na 1929, yari Visi Perezida aza kuzamuka nyuma y’urupfu rw’uwo yari yungirije. Ubuyobozi bwe bwaranzwe no gushyiraho amabwiriza agenga abimukira, gukuraho imisoro yishyuzwaga mu by’intambara ya Mbere  y’Isi.

Herbert HooverPerezida wa 31 yayoboye hagati ya 1929 na 1933, yahuye n’ikibazo cyo kugwa ku bukungu byamuteye ihungabana rikomeye.

Yaje no gutakaza amahirwe yo kongera kwiyamamariza kuba Perezida w’Amerika.

Dwight EisenhowerPerezida wa 34 yayoboye hagati ya 1953 na 1961, ari mu ntwari z’abasirikare, aho yagiye akora imirimo itandukanye yamugejeje ku ipeti rya Generali.

Yarwanyije yivuye inyuma intwaro za kirimbuzi hamwe na politiki y’abakominisiti nyuma y’intambara ya Kabiri  y’Isi. Mu gihe cy’ubutegetsi bwe hakozwe amavugurura mu birebana n’uburenganzira bwa muntu.

Richard M NixonPerezida wa 37 yayoboye hagati ya 1969 na 1974, yabaye icyamamare mu mabara byanaje kumuviramo kwegura muri manda ye ya kabiri.

Yakoze iyo bwabaga mu birebana no kubungabunga ibidukikije, anashyiraho amabwiriza agendana no kuba abantu bafite imyaka 18 babasha gutora.

Gerald FordPerezida wa 38 yayoboye hagati ya 1974 na 1977, afite uduhigo twinshi yagiye aca nka Perezida na Visi Perezida. Yagizwe Visi Perezida nyuma y'uko Spiro yari yikuye ku buyobozi.

Ronald ReaganPerezida wa 40 hagati 1981 na 1989 yari we Perezida watowe ari mukuru kugeza kuri Donald Trump ariko yibukirwa ku bintu bitangaje.Birimo kuba yarasoje intambara y’ubutita, anashyiraho Umuyobozi Mukuru w’Urukiko rw’ikirenga.Hagiye hageragezwa kumwica ariko ntibyabasha gukunda.

George H.W.BushPerezida wa 41 yayoboye hagati ya 1989 na 1993, yagiye aca uduhigo dutandukanye harimo nko kuba yarayoboye igitero cyo muri Panama cyakuyeho Manuel Noriega, yarwanye intambara yo mu kigobe cya Persia.

Abayoboye mu kinyejana cya 21

George W BushYabaye Perezida wa 43 yayoboye hagati ya 2001 na 2009 ubuyobozi bwe ntabwo buzibagirana kubera uburyo bwaranzwe no kwivuna umwanzi nyuma y’ibitero bya tariki ya 11 Nzeri 2000 byibasiye World Trade Center na Pentagon.

Donald J TrumpPerezida wa 45 yayoboye muri 2017 na 2021, ni umushabitsi wabigize umwuga intsinzi ye ntabwo yavuzweho rumwe mu matora kubera ibibazo byayikurikiye.

Ubu ahatanye mu matora ku nshuro ya Gatatu nk'uko abyemererwa n’Itegeko nNshinga.Intego yo kwiyamamaza kwe ikaba irimo ko azatuma Amerika itazongera kwishora mu ntambara.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND