RFL
Kigali

Aime Uwimana yavuze ku irengero ry’amashusho y’indirimbo yakoranye na Israel Mbonyi-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:26/09/2024 12:37
0


Mu myaka itandatu ishize, abahanzi Aime Uwimana na Israel Mbonyi bahuje imbaraga bakorana indirimbo bise "Indahiro"- Yabaye ishusho nziza y'imibanire y'aba bombi, ariko kandi yabaye itafari ry'inkomezi Aime Uwimana yashyize ku muziki wa Israel Mbonyi wari umaze igihe gito atangiye umuziki nyuma yo gusoza amasomo ye.



Aime Uwimana mu bihe bitandukanye yagiye agira uruhare rukomeye mu gutera imbaraga abahanzi bakizamuka mu murimo w'Imana. Abo atandikiye indirimbo, yarabacungiye, ndetse atanga ibitekerezo ku ikorwa ry'imwe mu mishinga inyuranye bagiye bisangamo mu bihe bitandukanye.

Nk'ubu ni we wanditse indirimbo 'Turaje' yahuriyemo abaramyi bakomeye, biteguye no kuzayiririmba mu giterane cya Rwanda Shima Imana kizaba ku Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024 muri Sitade Amahoro.

Indirimbo ye na Israel Mbonyi yasohotse mu buryo bw'amajwi ku wa 16 Mutarama 2018, ishyirwa kuri shene ya Youtube ya Israel Mbonyi no ku zindi mbuga zicururizwaho umuziki.

Ikoze mu buryo amagambo baririmba agaragara ndetse yahujwe n'amafoto y'abo yagiye afatwa mu bihe bitandukanye bari mu bitaramo. 

Ibitekerezo by'abantu barenga 200, banditse bagaragaza ko ubutumwa buri muri iyi ndirimbo bwabakoze ku mutima, ndetse ko bukomeje kubaherekeza na n'uyu munsi mu rugendo rwo kwiyegereza Imana.

Muri iyi ndirimbo, hari aho aba bahanzi baririmba bagira bati "...Igihe nanijwe n'urusobe rw'amagambo ahora anca intege, nkunda cyane iyo unyibutsa amagambo y'ineza, indahiro y'urukundo, warahije amaraso, indahiro inkomeza umutima, indirimbo y'urukundo rusumba ijuru (babisubiramo)."

Igihe intoki zanjye zitakibasha kuvuza inanga uko nayivuzaga, igihe n'ibirenge bitakibasha gutera intambwe nk'izo nateraga, igihe inzozi nazo zatengushye ubuzima bwanjye nabuze ihumure..."    

Ni indirimbo wumva ko yandikanywe ubuhanga ariko itarigeze ikorerwa amashusho nk'uko byagiye bigenda mu bahanzi banyuranye, bakoranye indirimbo na Israel Mbonyi, cyangwa se abakoranye indirimbo na Aime Uwimana.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Aime Uwimana yatangaje ko ubwo yakoranaga indirimbo na Israel Mbonyi mu buryo bw'amajwi, batigeze batekereza ko bazayikorera n'amashusho. Ati "Abantu benshi bakunda kubaza icyo kibazo ariko nta kintu cyabaye kidasanzwe, twarayikoze ariko ntitwatekereza amashusho."

Abajijwe niba hari icyizere cy'uko amashusho y'iyi ndirimbo ashobora kuzakorwa, yumvikanishije ko bisa n'aho bahisemo ko isohoka mu buryo bw'amajwi gusa.

Atangaje ibi mu gihe aherutse guhurira na Israel Mbonyi mu bitaramo by’ivugabutumwa byabereye mu Bwongereza mu Mujyi wa London byari byateguwe n'Umuyobozi wa Women Foundation Ministries, Apôtre Alice Mignonne Kabera.


Aime Uwimana yatangaje ko ubwo yakoranaga indirimbo na Israel Mbonyi batigeze batekereza kuyikorera amashusho


Aime Uwimana yumvikanisha ko gukorana na Israel Mbonyi byari mu rwego rw’ubushuti no gushyigikirana mu ivugabutumwa

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA AIME UWIMANA AVUGA KU NDIRIMBO YE NA ISRAEL MBONYI


KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ‘INDAHIRO’ YA AIME UWIMANA NA ISRAEL MBONYI







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND