RFL
Kigali

Bari hagati ya 20 na 25! Ibyashingiweho hatumirwa ibyamamare n’abandi bita amazina abana b’ingagi 22

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:25/09/2024 19:39
0


Umuyobozi w'Ishami ry'Ubukerarugendo mu Rwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, Rugwizangoga Michaella, yatangaje ko guhitamo ibyamamare n'abandi bantu bita amazina abana b'ingagi bashingira cyane ku bakoze ibikorwa by'indashyikirwa mu kubungabunga ibidukikije n'urusobe rw'ibinyabuzima yaba mu Rwanda cyangwa ahandi.



Uyu muyobozi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Nzeri 2024, mu kiganiro n'itangazamakuru cyabereye muri Kigali Convention Center. Cyagarutse ku muhango wo Kwita Izina uzaba ku wa 18 Ukwakira 2024, aho abana 22 ari bo bazahabwa amazina.

Iyo unyujije amaso mu bantu bita amazina abana b’ingagi usanga ari abubatse amazina mu ngeri zinyuranye, yaba abo mu Rwanda ndetse no mu mahanga.

Mu 2023, abise amazina barimo: Kevin Hart (umunyarwenya), Larry Green (umukuru w’inama y’ubutegetsi ya Africa Wildlife Foundation), Dr Özlem Türeci na Dr Sierk Poetting (bo muri BioNTech Group); 

Queen Kalimpinya (umunyarwandakazi wa mbere ukina isiganwa ry’imodoka), Idris Elba na Sabrina Elba (Umukinnyi wa cinema n’umugore we w’umunyamideri), Joachim Noah na Lais Ribeiro (Uwari umukinnyi muri NBA, n’umugore we umunyamideri) n’abandi.

Mu 2022 abise amazina abana b’ingagi barimo: Igikomangoma Charles cy’u Bwongereza, Didier Drogba wahoze akinira Chelsea FC, Laurene Powell Jobs washinze ikigo Emerson Collective akaba n’umugore wa nyakwigendera Steve Jobs;

Louise Mushikiwabo Umunyamabanga Mukuru (OIF), Youssou N’Dour icyamamare muri muzika wo muri Senegal, Naomi Schiff icyamamare mu masiganwa y’imodoka wo mu Bubiligi, Sauti Sol itsinda ry’abanyamuziki ryo muri Kenya, Moses Turahirwa umunyamideli washinze inzu y’imideri ya Moshions n’abandi.

Rugwizangoga Michaella yasobanuye ko guhitamo abita izina abana b’ingagi bashingira ku muntu wagaragaje umuhate mu kurengera urusobe rw'ibinyabuzima, abafatanyabikorwa b'Ikigo cy'Igihugu cy'Iterambere (RDB) mu kubungabunga Ingagi zo mu Birunga n'abandi. 

Yasobanuye ko banareba no mu gice cy'abantu bari mu ruganda rw'imyidagaduro yaba abakinnyi ba filime, abaririmbyi, abubatse ibigwi mu mupira w'amaguru, abari mu makipe akorana n'u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda nk'abo muri Arsenal, PSG n'izindi.

Ati "Iyo twicaye kenshi turareba tukibaza ni inde ushobora kwita Izina. Kenshi baba bari hagati ya 20 na 25. Ni iby'icyubahiro gushyirwa mu bita izina. Rero, ni abantu baba bafite ibyo bagezeho cyangwa se bubatse ibigwi mu ngeri zinyuranye."

Rugwizangoga yavuze kandi ko bita cyane ku muntu ushobora gutwara neza ubutumwa bw'ibyo yabonye mu muhango wo Kwita Izina akabusakaza kure bitewe n'igice cy'ubuzima abarizwamo.

Yatanze urugero rw'abarimo umunyamideli Naomi Campbell wamamaye ku Isi, umukinnyi wa filime Idris Elba, Wiston Duke wakinnye muri 'Black Panter' n'abandi batumiwe mu bihe bitandukanye. Ati "Abo ni abantu bashobora gutwara ubutumwa neza."

Mu bashyitsi bategerejwe kuri iyi nshuro ya 20 harimo bamwe mu bise amazina abana b'ingagi mu myaka ishize, abafatanyabikorwa batandukanye yaba ari abashya cyangwa se abasanzwe, harimo n'ibyamamare ku Isi mu bikorwa bitandukanye yaba muri Cinema, mu muziki, muri Siporo n'ahandi.

Kwita Izina ni igikorwa gishingiye ku muco Nyarwanda, ari nayo mpamvu nta muntu uhezwa.

Mu bikorwa by'imyidagaduro kandi kuri iyi nshuro hari abahanzi bo mu Rwanda no mu mahanga bazaririmba, ndetse hari n'abahanzi bo mu Karere ka Musanze bazaririmba.

Hari n'umukino uzahuza abakozi b'Akarere ka Musanze n'abakozi b'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB), uzaba ku wa 6 Nzeri 2024.


Umuyobozi w'Ishami ry'Ubukerarugendo mu Rwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, Rugwizangoga Michaella, yatangaje ko bahitamo abita izina abana b'ingagi bashingiye ku bafite ibikorwa by'indashyikirwa mu byiciro bitandukanye by'ubuzima babarizwamo


Rugwizangoga yavuze ko abashyirwa ku rutonde rw'abantu bita izina abana b'ingagi baba ari abantu bafite ijwi rigera kure, ku buryo babasha gusakaza hirya no hino uko u Rwanda rwitaye ku ngagi zo mu Birunga

Amafoto ya bamwe mubise amazina abana b’ingagi mu 2023 ndetse n’amazina batanze


Ineza Grace (impirimbanyi yo kurengera ibidukikije) – Bigwi


Dr Özlem Türeci na Dr Sierk Poetting (bo muri BioNTech Group) - Intiganda


Audrey Azoulay (umukuru wa UNESCO) - Ikirango


Bernard Lama (wahoze ari umunyezamu wa PSG) – Ramba


Bukola Elemide ‘Asa’ (umunyamuziki) – Inganzo


Queen Kalimpinya (umunyarwandakazi wa mbere ukina isiganwa ry’imodoka) – Impundu


Jonathan Ledgard (umwanditsi w’ibitabo nka ‘Giraffe’) – Gisubizo


Wilson Duke (umukinnyi wa filimi nka Black Panther ukina nka M'Baku) - Intarumikwa


Idris Elba na Sabrina Elba (Umukinnyi wa cinema n’umugore we w’umunyamideri) - Narame


Joachim Noah na Lais Ribeiro (Uwari umukinnyi muri NBA, n’umugore we umunyamideri) - Turumwe


Cyrille Bolloré (umukuru wa kompanyi ya Bolloré) – Mugisha


Joe Schoendorf (Umwe mu batangije Silicon Valley) – Uburinganire






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND