RFL
Kigali

Tujye Gushima: Abayobozi b'amatorero n’abaramyi b'ibyamamare banyotewe na Rwanda Shima Imana

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:25/09/2024 21:01
0


Ibyamamare mu iyobokamana mu Rwanda, birimo abayobozi b'amatorero, abahanzi ndetse n'abandi bafite aho bahuriye n'iki gisata babukereye aho biteguye kujya gufatanya n'abandi banyarwanda gushima Imana ku byo Imana yabakoreye mu myaka 30 ishize, mu gitaramo cyiswe "Rwanda Shima Imana."



Igiterane cya Rwanda Shima Imana kizaba ku wa 29 Nzeri 2024 muri Stade Amahoro i Remera. Ni igiterane kizaba hizihizwa imyaka 30 ishize u Rwanda ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse hanishimirwa urugendo igihugu kimaze gukora mu iterambere.

Umuhuzabikorwa w’Igiterane cya Rwanda Shima Imana 2024, Amb. Dr Charles Murigande yemeza ko Abanyarwanda mu matorero yose bakwiriye gushimira Imana ko yabanye nabo mu myaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye, ubu igihugu kikaba gifite amahoro.

Yagize ati: “Imana yadukoreye ibintu bitangaje, yaduhaye amahoro. Kera iyo wavaga mu Rwanda ukajya ahantu abantu baragutinyaga, ariko ubu iyo uvuze ko uri Umunyarwanda abantu barakwegera, bagashaka kukubaza u Rwanda. Igihugu cyacu ni igitangaza.”

Yagarutse ku ruhare rwa Perezida Kagame mu mpinduka nziza igihugu kimaze kugeraho. Ati: "Iyo tutagira umuyobozi nka Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, umuyobozi ukunda abanyarwanda, njyewe nagize amahirwe yo gukorana nawe, nabaye Minisitiri, [...] 

Ni umuyobozi udatinya guhangana n'ibibazo. Iyo ibibazo bije, ntiyihisha ahangana na byo. Kandi ni umuyobozi muri we, ikintu cyitwa ngo 'ntibishoboka', ntikibaho. Ahantu twari turi hari habi cyane twari dukeneye umuyobozi nk'uwo".

Amb. Murigande yakomeje avuga ko u Rwanda rwagize amahirwe yo kugira umuyobozi mwiza nka Perezida Kagame ukunda abaturage, witeguye kurwanirira igihugu no kugipfira, ureba kure kandi ukora ibishoboka byose kugira ngo abanyarwanda babe umwe.

Umushumba Mukuru wa Noble Family Church na Women Foundation Ministries, Apostle Mignonne Kabera, yagize ati: “Nongeye kugira umugisha wo kubatumira muri Rwanda Shima Imana 2024. Ni kuri Stade Amahoro, kandi imiryango izaba ifunguye kuva saa tanu z’amanywa, twese tuhahurire. Nimuze dufatanye gushima Imana.”

Umushumba Mukuru wa Restoration Church ku Isi, Apostle Joshua N. Masasu aragira ati: "Tuzahahurire tuzamura ibiganza dushima Imana kuko turemera ko hari ibyo yakoze. Yewe n’ibyo itarakora tuyishimire ko izabisohoza. Muze tuhateranire dukure ubwatsi kuko turemera ko rwose yakoze ibikomeye".

Umushumba Mukuru wa Omega Church, Pastor Liliose Tayi Kaligirwa, yibukije Abanyarwanda ko hari ibintu byinshi byo gushima Imana nyuma y'imyaka 30 u Rwanda ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yavuze ko "kuba uyu munsi abantu babana, kuba uyu munsi abantu badushakaho ko twagasubiranyemo, bamwe bakibutse ibyo aba bakoze na bariya ariko Abanyarwanda bakaba babanye neza, hari uruhare rw’Imana yakoze mu mitima yubaka, imitima yigisha ukuri, imitima yigisha kubana, yigisha kubabarira utabitegetswe".

Yakomeje ati: "Kubabarirana no kwakirana ibyo ni ibintu bikomeye cyane byabaye mu Banyarwanda usobanurira umuntu wo hanze ntabyumve. Icyitwa imbabazi ntabwo bakizi ariko Imana yakoze ikintu muri uru Rwanda, kubabarirana, kwakirana, kubana abantu bakabana Leta ikatugirira neza, ikaducungira umutekano wo hanze ari ko ugendana n'uw’imbere. 

Umutekano wo mu mutima ni ikintu ngombwa ni inkingi ikomeye, kumva utekanye kumva utuje mu mubiri wawe kumva ureba ejo ukumva hari ibyiringiro. Ibyiringiro Abanyarwanda bafite uyu munsi rero ni ibintu byo gushaka Imana."

Umwigisha w'ijambo ry'Imana akaba n’Umushumba Mukuru wa Believers Worship Centre, Pastor Hortense Mazimpaka, yavuze ko hari impamvu nyinshi zo gushima Imana, akaba ariyo mpamvu atumira buri munyarwanda wese kuzitabira igiterane Rwanda Shima Imana.

Ati "Ni umwanya wacu twese wo gushima Imana. Umwihariko w'uyu mwaka wa 2024 ni uko tumaze imyaka 30 dufite amahoro. Dufite impamvu nyinshi zo gushima Imana. Abakuru muri twebwe twabonye n'amaso yacu aho igihugu cyacu cyavuye, namwe abatoya mwariyumviye uburyo igihugu cyacu cyacuye mu rupfu".

Uyu mushumba yakomeje agira ati "Dufite impamvu zo gushima Imana. Turashimira Imana yakoresheje abayobozi bacu, tukaba dufite amahoro duhagazemo uyu munsi. Turashimira Imana ku bw'umunyarwanda wese ukunda igihugu, wagize uruhare mu kugira ngo tugire ibyiza duhagazemo uyu munsi.


Umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana, Amb. Dr Charles Murigande 

Apôtre Dr Paul Gitwaza uyobora Umuryango Authentic Word Ministries akaba Umushumba Mukuru w’amatorero ya Zion Temple Celebration Center ku Isi, yagize ati: “Ngwino uzifatanye n’abandi bera bose gushima Imana yawe. Warakijijwe, uyu munsi urakora akazi kubera Imana, uriho kubera Imana, rero ni igihe cyiza cyo gushima Imana”.

Apotre Serukiza Sosthène uyobora "Eglise Messianique pour la Guerison des ames au Rwanda" nawe aragira ati: “Imyaka 30 irarangiye turi mu mahoro, turyama tugasinzira, tugenda ijoro n’amanywa, dufite ibyiza bitavugwa; iterambere, amahoro, ubutumwa bwiza buravugwa. 

Niyo mpamvu twitegereje ibyo byose Imana yakoze, amatorero yose mu gihugu n’abakozi b’Imana batandukanye, bishimiye kugira ngo bongere badutegurire igihe cyiza cya Rwanda Shima Imana.”

Umushumba Mukuru wa ADEPR, Rev. Isaie Ndayizeye yagize ati: “Tuzahurireyo kugira ngo twese hamwe nk’abanyarwanda, dushyire hejuru izina ry’imana tuyishimire ibyo yakoze. Kandi uko tuyishima, ni ubundi buryo bwo kwakira imigisha y’ibyo Imana igiye kudukorera mu gihe kiri imbere.”

Pastor Barbara Umuhoza wanditse igitabo ‘Shaped’ aragira ati: “Imana yirirwa ahandi hose igataha mu Rwanda', ni ko bajyaga bavuga. Ariko twebwe nk'abanyarwanda tuzi ko Imana yibera hano."  

Israel Mbonyi yaragize ati "Nyuma y'imyaka 30 yo kwibohora, Abanyarwanda twese dufite amashimwe adasanzwe. [...] Ndabatumiye mwese muzaze duhimbaze Imana tubwire Imana ko tuyishimye ku mirimo myiza yakoze nyuma y'imyaka 30 yose.

Kandi tunayiragize n'imyaka yose iri imbere. Nzaba mpari, n'abandi baramyi badasanzwe n'abakozi b'Imana hirya no hino. Muzaze mwese, abanyarwanda tuzaterana nk'umuntu umwe, tuvuge kugira neza kw'Imana hanyuma tunasengere n'igihugu cyacu".

Gaby Kamanzi ati: "Dufite impamvu nyinshi nk'abanyarwanda zo gushima Imana. Imana yakoze ibintu byinshi kandi bikomeye mu gihugu cyacu. Turi amahoro kandi tumeze neza, twabonye iterambere. Hari impamvu nyinshi nk'abanyarwanda tugomba guhurira hamwe tugashima Imana, cyane cyane nyuma y'imyaka 30. Nzaba mpari n'abandi baramyi".

Ni mu gihe Aline Gahongayire agira ati: “Ndanyuzwe kuko Imana yangize umunyarwandakazi.”

Pastor Serugo Benjamin [Ben] wo mu itsinda Ben & Chance rikunzwe cyane mu ndirimbo ‘Zaburi Yanjye,’ nawe yagize ati: “Twese dufite impamvu zirenze 100 zikwiye gutuma dushima, turi mu gihugu gifite amahoro, dufite ubumwe bw’abanyarwanda, dufite ubuyobozi bwiza, iterambere mu gihugu, turagenda tukishyira tukizana, ubu ngubu ni amahoro.”

Umuramyi René Patrick yagize ati: “Ni koko imirimo y’Imana irivugira mu gihugu cyacu yakoze muri iyi myaka 30, turabona byinshi bigaragaza yuko Imana yabanye natwe. Ni muri ubwo buryo tubatumiye abanyarwanda bose kugira ngo tuzifatanye kuramya Imana no kuyihimbaza kubera imirimo yayo yakoze kubona umunsi ku wundi.

Chryso Ndasingwa uri mu baramyi bagezweho muri iki gihe nawe aragira ati: “Nyuma y’imyaka 30 yo kwibohora, dusubije amaso inyuma nk’abanyarwanda, dufite impamvu nyinshi zo gushima Imana.”

Pamela Mudakikwa yibukije Abanyarwanda impamvu zo gushima Imana. Ati "Imyaka 30 irashize u Rwanda rwibohoye. Uyu munsi dufite byinshi tumaze kugeraho ariko by'umwihariko dufite icyizere cy'ejo hazaza."

Umutaramyi Ngenzi y'Intore [Yvan Ngenzi] nawe yagize ati: “Imyaka 30 irashize twwibohoye nk’abanyarwanda, ntabwo twakwibagirwa ibyiza Imana yadukoreye n’uko yadushoboje kwibohora.”

Imiryango ya Stade Amahoro izaba ifunguye guhera saa tanu z’amanywa, naho igikorwa kizatangira saa cyenda z’amanywa.

Kwinjira muri iki giterane kuri buri wese ni ubuntu. Kizaririmbamo abahanzi batandukanye bakomeye barimo Israel Mbonyi, Aime Uwimana, Gaby Kamanzi, James & Daniella, Ben & Chance, Tonzi, Prosper Nkomezi, Bosco Nshuti n’abandi batandukanye.

Hazaba hari amakorali atandukanye akomeye nka Chorale de Kigali, Jehovah Jileh n’ayandi.

Igiterane cya “Rwanda Ishima Imana” cyatangiye mu 2012 kigamije guha umwanya Abanyarwanda bagashima Imana ku byo yabakoreye. Gitegurwa na PEACE Plan Rwanda.


Harabura iminsi 4 gusa ngo Abanyarwanda bose berekeze kuri Stade Amahoro gushimira Imana ku byo Imana yabakoreye mu myaka 30 ishize

AMB. DR CHARLES MURIGANDE UBWO YAGANIRAGA N'ABANYAMAKURU

 

REV DR CHARLES MUGISHA AVUGA KO HARI IMPAMVU NYINSHI ZO GUSHIMA IMANA


REBA INDIRIMBO "TURAJE" YAHURIWEMO N'ABAHANZI B'IBYAMAMARE MURI GOSPEL







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND