RFL
Kigali

Ntabwo ndi Pasiteri wa bose- Ramjaane yasubije abashidikanyije ivugabutumwa rye-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/09/2024 7:56
0


Umunyarwenya Ramjaane Niyoyita yatangaje ko akimara kwakira agakiza akagirwa Pasiteri mu rusengero Westover Hills Church of Christ, benshi mu bantu cyane cyane aba hafi y'umuryango we bashidikanyije ku muhamagaro we, ahanini biturutse ku kuntu agaragara inyuma kuko yasutse 'Dread'.



Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho yavuze ko kuva yakwakira agakiza na n'uyu munsi abantu bataremera ko yabasha gusengera abantu bakakira agakiza, cyangwa se akatura umugisha kuri benshi.

Uyu munyarwenya wamenyekanye mu itsinda 'Abanyagasani' aho yakoranaga na Mugisha Emmanuel wamenyekanye nka Clapton, yavuze ko yakiriye agakiza mu rwego rwo kwamamaza ingoma y'Imana, amaze igihe asoje amasomo ya 'Theology' ajyanye n'iyobokamana.

Ariko yumvaga ariya masomo atazayakoresha cyane. Yasobanuye ko yakozwe ku mutima no kuba yarakiriye agakiza ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuko ho badaca imanza, bijyanye n'uko umuntu agaragara inyuma ariko 'hano mu Rwanda ntibanaguha ikaze'.

Ati "Kubera ko bahita babona 'Dread' bakabona itabi, bakavuga iki ni iki. Ariko Imana impamagara ntabwo yampamagaye kugirango ngende mere nk'abandi, yampamagaye kugirango nabariya bameze nkanjye bamenye Imana."

Akomeza ati "Hari abantu batawe. Badashobora kujya gusenga kubera ukuntu bameze. Yaba imyambarire ye, uko ameze, abo bantu rero nibo mbereye umushumba. Ntabwo ndi Pasiteri wa bose, ndi Pasiteri w'abo Imana yantumyeho."

Ramjaane yavuze ko na Yesu yaje ku Isi agira abamwemera n'abandi bashidikanyije ku bushobozi bwe, ari nayo mpamvu yumviye Imana, yiyemeza gukora ivugabutumwa asatira abo Imana yamutumyeho bameze nkawe.

Ati "Ubutumwa bw'Imana njyana si ubwa buri wese." Uyu mugabo w'abana bane, avuga ko asengera mu rusengero rwakira abantu barenga ibihumbi 300 muri Amerika, kandi hafi 90% ni abazungu babarizwamo, abandi 10% ni abanyamahanga."     

Yavuze ko ubutumwa bwiza bugomba kugera ku bantu bose. Ari nayo mpamvu iyo agiye kubwiriza agera ahantu henshi cyane cyane mu tubari, mu tubyiniro kandi 'ndabikora birakunda'.

Ramjaane yavuze ko ubwo yakiraga umuhamagaro w'Imana yabanje gushidikanya, kuko atari yarigeze abitekerezaho. 

Yavuze ko yumvaga kwakira agakiza ke bizatuma abo mu muryango we bamuvaho, nyamara yaje gusanga ahubwo biteguye kumushyigikira agasakaza ubutumwa hose.

Ati "Nabanje kubishidikanyaho. Nahuye n'ibisitaza, n'intambara, bamwe barapinga, abandi bararwanya bikomeye, ariko Imana yambaye hafi iranshyigikira. Umugore wanjye nkunda Gentille aranshyigikira, abana banjye..."

Yavuze ko n'ubwo muri iki gihe atagaragara cyane mu bitaramo by'urwenya, ariko ko iyo mpano ayikoresha cyane iyo yahawe kuyobora cyangwa se kubwiriza mu materaniro yo muri Amerika.

Uyu mugabo yavuze ko atari kubasha kwigwanirira imbere y'abantu bavugaga ko ivugabutumwa rye rituzuye, ahubwo yarasenze abwira Imana kumuyobora. 

Ati "Nabwiye Imana kumpa ikimenyetso. Kumpa imbaraga, kudacika intege, ariko ntabwo byari byoroshye. Nabiciyemo mbicishijwemo n'umwami Yesu."

Yavuze ko yahuye n'ibisitaza byinshi, ndetse rimwe na rimwe akumva yacitse intege, ijwi ry'Imana rimubwira kuyikorera, aho kwita ku byo abantu bavuga.


Ramjaane yatangaje ko yatangiye ivugabutumwa abantu bashidikanya kuri we, ahanini bitewe n’ukuntu agaragara nk’umurasita


Ramjaane aherutse mu gihugu cya Kenya, aho yabatije abantu 32 bakiriye agakiza 

Ramjaane asanzwe ari Pasiteri mu rusengero rwa Westover Hills Church of Christ mu Mujyi wa Austin wo mu Mukuru wa Leta ya Texas muri Amerika, ndetse asezeranya imiryango 


Ramjaane yavuze ko yaciwe intege akinjira mu ivugabutumwa, ariko yasenze asaba Imana kumukomeza

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE N’UMUNYARWENYA RAMJAANE

 


VIDEO: Iyakaremye Emmanuel- InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND