RFL
Kigali

Uko Davis D yari agiye kuva mu muziki agatabarwa na 'Dede'-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:23/09/2024 12:06
0


Umuziki ni kimwe n'umuryango umuntu ahitamo kubamo, akawizirikaho kugeza akagozi gacitse, cyangwa se yegujwe bitewe n'ibikomere uhuriramo nabyo! Mu bihe bitandukanye, abahanzi mu ngeri zinyuranye bumvikanishije ko hari igihe cyageze bakifuza kuva mu muziki bitewe n'impamvu zinyuranye zirimo guhozwa ku nkeke, kutabona inyungu muri byo.



Umuhanzi Icyishaka Davis wamenye nka Davis D yiyongereye ku rutonde rw'abahanzi bemeza ko nubwo hari ahantu heza bageze, ariko mu myaka mike ishize bagerageje kuva mu muziki, bitewe n'ibyo bitegaga ku bantu batigeze babona cyangwa se indirimbo yabahombeye mu buryo bukomeye.

Mu kiganiro na InyaRwanda, uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Biryogo' yasobanuye ko mu myaka 10 ishize ari mu muziki nta cyuho cyagaragaye mu bikorwa bye nk'uko byigaragaza ku mbuga yagiye ashyiraho ibihangano bye, ariko kandi yigeze gutekereza kureka umuziki.

Hari mu 2019. Ati "Ntabwo nigeze ngira ibyo bihe ngo numve nabireka n'igice numva wenda nari nacitse intege n'igihe navugaga nti indirimbo bita 'Dede' nidafata ndareba ibindi bintu mba nkora."

Uyu muhanzi yasobanuye ko yakoze iriya ndirimbo yumva izagukundwa mu buryo bukomeye, ariko kandi yari yisigarije amahitamo y'uko idakunzwe, azava mu muziki akajya mu byo yize mu mashuri.

Davis D yasobanuye ko ku bw'amahirwe indirimbo ye yakunzwe, kandi ayigereranya n'umugisha waje mu buzima bwe kuko 'ni nayo ishingiyeho ibintu byose mu muziki wanjye'.

Yavuze ko yagize ubwoba, ndetse atekereza kuva mu muziki ahanini bitewe n'uko yari amaze igihe ashyira hanze indirimbo 'nyinshi nziza' sosiyete ntizakire ku kigero yari aziteho.

Akomeza ati "Hari indirimbo nyinshi nari maze gutanga ntizakundwa ariko nkibaza impamvu zitagera ku kiregero cya nyacyo. Kuko iyo ugiye kureba 'Dede' ni indirimbo yakunzwe cyane mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba, ntabwo ari indirimbo yakunzwe i Kigali cyangwa mu Rwanda gusa, n'izindi zabaga zakunzwe ariko kubera ibintu numvaga nshaka ntari narageraho aho  nshaka muri make."  

Uyu muhanzi yasobanuye ko ajya gushyira hanze iriya ndirimbo yari mu bihe bitoroshye, ku buryo yandika 'Dede' yashakaga ko imukura mu buzima bw'umuhanzi utaragera ku rwego rwiza, ahubwo akaba umuhanzi w'icyitegererezo, byanamusunikiye gukomeza gukora umuziki kugeza n'ubu.

Davis D atangaje ibi mu gihe ari kwitegura gukora igitaramo yise "Shine Boy Fest" cyo kwizihiza imyaka 10 ishize ari mu muziki, kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

 Davis D yasobanuye ko indirimbo ‘Dede’ yabaye idarapo ry’umuziki we, kandi ituma atawuvamo
Davis D yavuze ko mbere yo gusohora indirimbo ‘Dede’ yatekerezaga kuva mu muziki
Davis D avuga ko yari yiteguye kujya mu byo yize nyuma y’uko avuye mu muziki
Davis D yatangaje ko tariki 30 Ugushyingo 2024 azakora igitaramo cyo kwizihiza imyaka 10 ishize ari mu muziki  
Davis D avuga ko mu kwizihiza imyaka 10 ishize, azahurira ku rubyiniro n'abahanzi bakomeye

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA DAVIS AGARUKA KU RUGENDO RW'IMYAKA 10 MU MUZIKI

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘DEDE’ YA DAVIS D

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND