RFL
Kigali

Tujyane mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika i Ngoma-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:22/09/2024 10:09
0


MTN Iwacu Muzika igomba kugera mu Turere tugera ku munani, yakomereje i Ngoma ahari hahuriye ibihumbi by’abantu.



Ibitaramo bitegurwa na EAP ku bufatanye na MTN na BRALIRWA byakomereje i Ngoma.Aho abahanzi barimo Chriss Eazy, Ruti Joel, Bushali, Bwiza, Dany Nanone, Kenny Sol na Bruce Melodie bataramiye.

Kuri iyi nshuro ariko bikaba bitagenze nko mu tundi turere dutatu twabanje, kuko hajemo ikibazo cy’imvura.Ibi byatumye igitaramo gihagaragara igihe kingana n’isaha.

Ubwo yari ihise ibitaramo byakomeje  abantu bakomeza baryoherwa n’umuziki.

Musanze, Gicumbi, Nyagatare na Ngoma ni two turere tumaze kugerwamo n’ibi bitaramo.

Bikaba bizakomereza i Bugesera, Huye, Risizi na Rubavu aho bizasorezwa tariki ya 19 Ukwakira 2024.

Nk'uko bimaze kumenyerwa ibi bitaramo byayobowe na Bianca na MC Buryohe.

Hanabanje kandi kwigaragaraza abahanzi bo muri aka gace ndetse na MC Bior ubihuza no kuvanga umuziki yongera guhabwa urubyiniro.Ibihumbi by'abantu bitabiriye ibitaramo bya MTN Iwacu na Muzika i Ngoma MC Bior ufatanya kuvanga umuziki n'ubushyushyarugamba yongeye kwiyerekana MC Buryohe na Bianca bongeye gufata kuyobora ibi bitaramo muri bwa buryo bwaboChriss Eazy ni we wabimburiye abandi ku rubyiniro, asusurutsa abakunzi be mu ndirimbo zirimo Jugumila Ruti Joel wakomwe mu nkokora n'imvura yakoresheje iminota mike yabashije kubonaBushali umwami w'urubyiniro na Kinya Trap yongeye gushimangira ubukaka n'ubuhanga bweBwiza umukobwa umwe rukumbi wahawe umwanya muri ibi bitaramo yaririmbanye ijambo kurindi indirimbo ze n'abakunzi beDany Nanone yerekanye ko imyaka isaga 10 mu muziki atari ubusa Bruce Melodie wananyuzagamo akibutsa abantu uburyohe bwa Primus yatigishije urubyiniro






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND