RFL
Kigali

Sophia Momodu wabyaranye na Davido aravugirizwa induru

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:16/09/2024 10:09
0


Sophia Momodu utajya ujya imbizi na Davido babyaranye, ageraniwe n’abafana b’uyu muhanzi, bamushinja gushaka kwemeza Isi yiyerekana ku mbuga nkoranyambaga mu buzima atabayemo.



Mu mezi ashize Davido yumvikanye avugana agahinda kenshi ko Sophia Momodu atagituma ahura n’umwana bafitanye. Ibi byumvikanisha neza ko umubano wabo udahagaze neza nk’ababyeyi bafatanije kurera. Kuri ubu abafana b’uyu muhanzi bihaye uyu mugore.

Mu minsi micye ishize uyu mugore ni bwo yashyize hanze amashusho ari kumwe n’umukunzi we mushya. Muri aya mashusho icyagarutsweho ni uburyo basaga n’abasura ubwato bw’inyirukansi, bashaka kubugura. Kuva icyo gihe, abafana ba Davido bagaragaje ko uyu mugore nta bushobozi afite.

Sophia Momodu na we utajya uvugirwamo, yatangaje ko abantu bakwiriye gutuza kuko ibyo babona ari bicye kandi ko aramutse agaragaje ibikorwa byose yakoze byabagora kubyakira.

Ati: ”Ndamutse mberetse ibikorwa byose maze iminsi nkora mwavuga ko ndi kubashuka nifashishije ikoranabuhanga (AI).”

Ibyo abafana ba Davido bashinja Sophia Momodu

Bamushinja kwifotoreza ku bintu by’abandi akifata cyangwa akiyerekana nk'aho ari ibye; Kujya mu birori bya kompanyi zikomeye akigaragaza nk'aho akorana nazo; Kutemera ahahise he ko yatsinzwe n’urugamba rw’ubuzima ngo amese kamwe agakomeza kwiyerakana nk'aho akaze.

Incamake y’ubuzima bwa Sophia Momodu

Yakuriye mu biganza bya Nyina w’umuyoruba, naho Se akaba yari umu-edo. Ari mu bashabitsi mu birebana n’imideli bamaze gushinga imizi n’umujyanama muri byo. Azwi cyane kandi mu bucuruzi bw’imiringa yambarwa.

Kugeza ubu uyu mugore afite imyaka 37 kuko yabonye izuba tariki ya 09 Kamena 1987. Mu mwaka wa 2015 ni bwo yabyaranye na Davido umwana w’umukobwa bise Imade Adeleke.

Akomoka mu miryango y’umunyapolitike n’umushabitsi mu itangazamakuru, Dele Momodu. Agenda yitabazwa na kompanyi zitandukanye zirimo Martell mu bikorwa byo kwamamaza.

Afite umuryango yatangije utanga ubufasha ku bana badafite ubushobozi yibanda ku kubafasha gusubira mu ishuri.Sophia Momodu ubwo yari kumwe n'umukobwa yabyaranye na Davido ubu uri mu myaka 9Mu birebana n'imideli uyu mugore amaze gushinga imizi yaba mu bushabitsi buyishamikiyeho n'ibindi bijyana nayo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND