RFL
Kigali

Gira neza wigendere! Umubyeyi Riderman yafashije abyara agiye kumushimira byihariye

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:13/09/2024 7:40
0


Wari umunsi udasanzwe ku mugabo uzwi nka Ahmed 'Papa Buryohe'! Kuko yari yakubise inzu ibipfunsi yabuze amafaranga yo kwita ku mugore we uzwi nka Mama Buryohe witeguraga kwibaruka umwana w'umukobwa. Yari amaze iminsi yitabaza abaturanyi, yewe yananyujijemo ajya mu muhanda gusaba abahisi n'abagenzi, ariko biranga biba iby'ubusa.



Yashakaga amafaranga yari kwifashisha kugirango abashe kugera ku bitaro bya Muhima aho yari kubyarira. Icyo gihe bari batuye mu Nyakabanda mu Mujyi wa Kigali. Bava mu rugo bageze mu muhanda bagiye batega imodoka zabaga zibanyuraho, buri kanya ariko nta n'umwe wigeze yemera kubatwara.

Ubwo yari mu gitaramo cya Gen-Z Comedy, Papa Buryohe yavuze ko uwo munsi udasanzwe mu buzima bwe, kuko ari kumwe n'umugore we bari babuze epfo na ruguru, kugeza ubwo imodoka yo mu bwoko bwa 'Voiture' yari irimo Riderman yabageragaho igahagarara.

Ati [...] Ntabwo nari nzi y'uko ariwe uyirimo [Riderman]. Yari afite umushoferi umutwaye, turababwira tuti uyu ari kwitegura kubyara kandi nta bushobozi dufite bwo kujya kwa muganga, Riderman ati "reka nkorere umugisha, reka tujyane umubyeyi (kwa muganga). Tujyamo, njye na Mama Buryohe wanjye."

Yavuze ko ubwo bari bageze ku Bitaro bya Muhima, Riderman yaguze 'Fanta' yo mu bwoko bwa Coca Cola kugirango ifashe umubyeyo kubona ibise mu buryo bwihuse. Papa Buryohe avuga ko umwana we w'umukobwa yaje kuvuka neza, kandi azirikana ko "iyo Riderman ataha (byari kuba ari ikibazo)."

Papa Buryohe avuga ko icyo gihe nta bushobozi yari afite bwo gutunga urugo rwe, ku buryo na nyuma y'aho Riderman yaje kubaha ubufasha yaguzemo ibikoresho byo kwita ku mwana wari wavutse.

Ubwo uyu mwana w'umukobwa yari ahawe umwanya, yashimye Riderman "ku bwo kumfasha no gufasha Mama wanjye'. Akomeza ati "Ndabigushimira cyane! Kandi nishimiye guhura nawe, Imana iguhe umugisha."

Gira neza wigendere!

Riderman yavuze ko yahuye na Papa Buryohe ari mu masaha y'ijoro kubera ko ariyo masaha kenshi abahanzi 'dukoreraho'. Yavuze ko ibyo yakoze afasha uriya mubyeyi 'buriya niko Imana yari yabishatse'. Ati "Nabo turi kumwe aha ngaha, tujye tuzirikana ko bujya umutima utanga ni uw'ingenzi, muri twe nk'abanyarwanda, nk'abantu."

Uyu muraperi wamamaye mu ndirimbo zinyuranye, yavuze ko yakozwe ku mutima no guhura imbona nkubona n'uyu mwana w'umukobwa 'kuko icyo gihe ntiwari wakabayeho'.

Yavuze ko nta kintu kibaho ku bw'impanuka, ari nayo mpamvu kiriya gihe bahuye agafasha umubyeyi we, none bakaba bahuye nyuma y'imyaka 13 avutse.

Riderman yavuze ko mu bihe bitandukanye yagiye yakira ubutumwa bw'uyu mubyeyi binyuze ku mbuga nkoranyambaga, amushimira ku bw'uruhare yagize ku buzima bw'umuryango we.

Ati "Ni iby'agaciro! Kubona ko muzirikana iyo neza. Icyo gihe ntabwo nari mbazi, nta n'ubwo nari kuzamenya abo muri bo, ariko kuba mwarabizirikanye mukanshimira,' sicyo cyari kigamije, ariko no kugira umutima ushima ni byiza."

Bari gutegura ibirori byo kumushimira

Ahmed Otto uzwi nka Papa Buryohe, yabwiye InyaRwanda ko bari gutegura ibirori byo kuzashimira mu buryo bwihariye Riderman. Ati “Turabitekereza rwose! Twabitekerejeho kubikora mu minsi ishize ariko bihurirana no gutegura uriya mwana yatugobotse, n’uko nawe agiye mu mashuri, kuko Leta yamwohereje kwiga mu Ruhango, ariko duhitamo ko nagaruka mu biruhuko by’amashuri tuzahamagara Riderman, nk’umunyarwanda tugahaguruka, tukamusura iwe n’umuryango we.”

Akomeza ati “Icyo cyo tugifite muri gahunda rwose. Ntabwo byarangiriye muri kiriya gitaramo cya ‘Gen-Z Comedy’.”

Ahmed yavuze ko kuva Riderman yamufasha kujyana umugore we kwa muganga, hashize igihe gito yatakaje nimero ya telefoni ntibongera kuvugana, byatumye amara imyaka 13 atarabasha kubona uko amushimira, ari nayo mpamvu yifashishije igitaramo cya Gen-Z Comedy akamushimira. 


Riderman yashimye umuryango wa Buryohe kuba uzirikana ineza yabagiriye 


Ahmed Otto yabwiye InyaRwanda, ko bari gutegura ibirori byo gushimira Riderman, no kumwereka umwana yagiriye neza ( Uyu mukobwa uri ibumoso yujuje imyaka 13)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND