RFL
Kigali

Impamvu The Ben ari kwitegura gukorera igitaramo muri BK Arena

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:11/09/2024 11:19
0


Bisa n’aho Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben, yatangiye gutekereza uko yakorera igitaramo mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena, nyuma y’igihe abafana be n’abakunzi b’umuziki bamutegereje mu gikorwa nk’iki cyagutse ari wenyine.



The Ben yataramiye bwa mbere muri iriya nyubako, ku wa 7 Kanama 2022, bivuze ko imyaka ibiri irenzeho iminsi micye ahakoreye igitaramo cy’amateka. Icyo gihe yari yatumiwe mu gitaramo cyiswe “Rwanda Rebirth Celebration Concert”- Yahuriye ku rubyiniro n’abahanzi barimo Bwiza, Chriss Eazy, Marina, Bushali n’abandi.

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Habibi’, aherutse kubwira InyaRwanda ko ageze kure ibiganiro biganisha ku kuba yakorera igitaramo muri BK Arena. Yavuze ko buri kimwe akeneye nikijya ku murongo ‘nzabitangaza mu gihe kiri imbere’.

Umuhanzi kugirango akorere igitaramo muri BK Arena bisaba kwishyura amafaranga ari hagati ya Miliyoni 24 Frw na Miliyoni 27 Frw. Ariko kandi hari amafaranga angana na Miliyoni 8 Frw wishyura ku munsi igihe ushaka gushyiramo ibyuma mbere y’uko umunsi w’igitaramo ugera.

Bivuze ko usabye gushyiramo ibyuma mbere y’iminsi ibiri, iyo minsi ibiri wishyura arenga Miliyoni 16 Frw. Ibi ni nako byagenze kuri umwe mu bantu bahakoreye igitaramo muri Werurwe 2024, kuko amafranga yari yateguye yongeyeho Miliyoni 16 Frw.

Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi muri BK Arena, Sharangaho aherutse kubwira RBA ko igiciro gisabwa umuntu kugira ngo akorere igikorwa muri iriya nyubako kidahanitse cyane, ashingiye ku kuba hari ishoramari ryakozwe kugira ngo iriya nyubako yubakwe.

Ati "Ibihakorerwa byose bifite uko bikorwa. Niyo mpamvu rero ikintu nk'icyo iyo abantu bavuze ngo kirahenze, birumvikana kuri bamwe na bamwe ariko biterwa nabyo. Iyo ikintu kiremereye cyangwa gihenze biterwa n'ukikoreye."    

Sharangabo yavuze ko bagira umubare munini w'abantu baba bakeneye gukorera ibikorwa byabo muri BK Arena, bitewe nuko haba hatabayeho kubitegura kare kugira ngo batange gahunda yabo yagutse n'igihe bazayikorera, bamwe uko bagomba kubafasha.


1.The Ben akumbuwe mu gitaramo cye bwite

Mu myaka ibiri ishize, The Ben yagaragaye cyane mu bitaramo yabaga yatumiwemo n’abandi bantu banyuranye ariko nta gitaramo cye bwite yigeze akora.

Uhereye kuri kirya gitaramo cyo muri Kanama 2022 yagikoze yatumiwe na East Gold. Mu Ukwakira 2023 yataramiye mu Burundi nabwo yatumiwe na sosiyete yahoo.

Mu minsi ishize nabwo yataramiye mu Karere ka Musanze ari kumwe na Rema Namakula wamamaye muri Uganda. Ndetse, ku wa 7 Nzeri 2024, yataramiye muri Kigali Convention Center, ari kumwe na Kevin Kade na Element mu birori bya Sherrie Silver.

Bivuze ko mu myaka ibiri ishize nta gitaramo cye bwite yigeze akora. Ndetse iyo unyujije amaso mu mashakiro, kuva mu myaka 10 ishize ibitaramo byose yakoreye mu Rwanda yabaga yatumiwe.

2.Igitaramo ashobora guhuza n’ishyirwa hanze rya Album ye

Kimwe mu bintu bitegerejwe na benshi bari mu muziki, harimo n’isohoka rya Album ye. Kuva mu 2018, yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko ari kugana ku musozo w’ikorwa rya Album ye, kandi iriho indirimbo yakoranyeho n’abahanzi banyuranye nka Sauti Sol, Tiwa Savage n’abandi bakomeye muri Afurika.

Ariko kandi uyu muhanzi aherutse kubwira InyaRwanda ko bidatinze iyi Album ye izajya hanze kandi ko mbere y’isohoka ryayo azabanza kuyitegurira. Ati "Album yanjye izasohokera igihe, izasohoka muri uyu mwaka uko byagenda kose! Ariko ndakomeza gushyira hanze indirimbo imwe imwe kugira ngo abantu bishime. Ni muri uyu mwaka, bishobora kuba byahinduka, ariko ndizera ko ari muri uyu mwaka."

Umwe mu bazi neza iby’iyi Album, aherutse kubwira InyaRwanda ko uyu muhanzi yarenze urwego rwo gusohora indirimbo buri kwezi. Yavuze ko ibikorwa yakoze mu myaka itambutse bituma agira amakenga mbere y’uko asohora indirimbo.

Ati “Umuhanzi nk’uriya aba ageze ku rwego rw’aho asohora indirimbo yabanje kuyitondera. Nk’ubu hari indirimbo ze tuba tuzi ko zarangiye, ariko ashobora kugaruka muri studio akavuga ati 'iri jambo reka turihindure, buriya mwe murabona rikwiye'? Cyangwa se akavuga ati 'buriya twiyambaje ‘Producer’ runaka agashyiramo akandi kantu byaba byiza kurushaho.”


3.Ni igitaramo ashobora kuzahuza n’uburyo yashyigikiye abahanzi bato

Ushingiye ku kuntu The Ben asobanura uburyo ari gutegura iki gitaramo cye, yumvikanisha ko azaha umwanya abahanzi bashya cyane cyane abo bakoranye indirimbo mu bihe bitandukanye.

Mu gihe yabarizwaga muri Amerika, bamwe mu bantu bagiye bamushinja kudakorana indirimbo n’abahanzi bakizamuka mu rwego rwo kubafata akaboko.

Ariko ko mu gihe cy’imyaka ibiri ishize ari mu Rwanda, yashyize imbere cyane mu gukorana indirimbo n’abahanzi bashya barimo nka Kevin Kade, Element n’abandi.

Mu gihe ari kwitegura iki gitaramo, birashoboka ko azaha umwanya munini abahanzi bakoranye ndetse n’abandi yagiye yumvikanisha ko batanga icyizere mu muziki.


4.Abafana baranyotewe

The Ben agarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga na bamwe mu bantu bavuga ko adashyira imbaraga cyane mu rugendo rwe rw’umuziki.

Abavuga ibi bashingira ku kuba adasohora indirimbo mu buryo buhoraho, mu gihe bizwi ko Album ye yarangiye, indirimbo yakoranye na Israel Mbonyi zarangiye n’ibindi.

Bisa n’aho iki gitaramo cyaba ari icy’ubwiyunge n’abafana be, ahanini biturutse mu kuba kuva mu myaka ibiri ishize baramubonye cyane mu bitaramo by’abandi.

Ariko kandi The Ben yigeze kuvuga ko gutinda gusohora indirimbo ahanini biterwa n’uko hari ibindi aba ahugiyemo. Ati "Kimwe mu byo abakunzi bacu birengagiza ni uko nyuma y'umuziki, n'iy'isi tubamo y'umuziki harimo n'ubundi buzima bwite. Mfite 'Business' nkora muri Amerika aho mba. Rero hari igihe biguhuza."


5. Abafana be bameze nk'ab'amaraso

Uyu muhanzi yatangiye umuziki mu 2008 ari gusoza amashuri yisumbuye. Nyuma y'umwaka umwe, ubwo ni ukuvuga mu 2009 atangira guhatanira ibihembo bya Salax Awards byari bigezweho kiriya gihe.

Asobanura ko imyaka irenze 15 ari mu muziki kubera ko yashyigikiwe. Ati "Nta nzira itagira inzitane. Ugereranyije muri rusange, iyo ntangira Abanyarwanda ndetse n'abafana bagiye baguka impande z'Isi ntabwo byari kuba byoroshye.

Nubwo bwose muri urwo rugendo, hari ibyo uhangana nabyo ku giti cyawe. Hari ibyo uhura na byo udakenera kugira abo ubibwira, hari ibiguhungabanya byawe bwite ariko mu ishusho ngari bagiye batuba hafi, ndetse baradukomeza. Ntabwo byari byoroshye ariko byari bikwiriye.”

The Ben yumvikanisha ko nubwo azi neza ko adahozaho mu gukora imiziki, ariko yishimira ko afite abafana bameze nk'abavandimwe, ku buryo babasha kumwihanganira kugeza igihe yemereje isohoka ry'indirimbo ze.

Ati "Dufite abafana bameze nk'aho harimo isano y'amaraso. Ni abafana bafite umusingi ukomeye cyane. Ndamutse ncitse intege, naba mbahemukiye cyane. Nanone hari igihugu kidushyigikiye, mbese ni abafana bakomeza kutubwira ngo ntuhagarike, komereza aho."

The Ben ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki wagiye ugaragaza ko gushyira hanze indirimbo bisaba ibintu byinshi birenze ibyo abantu batekereza. Mbere y’ubukwe yasohoye ‘Ni Forever’ yagiye hanze tariki 16 Ukuboza 2023, mu gihe haburaga iminsi micye ngo ahamye isezerano rye na Uwicyeza Pamella, mu birori by'ubukwe byabaye tariki 23 Ukuboza 2023 muri Kigali Convention Center.

Ariko kandi yasohotse hashize umunsi umwe, akoze umuhango wo gusaba no gukwa wabereye mu busitani bwa Jalia Garden hafi ya Intare Conference Arena.

The Ben aherutse kubwira InyaRwanda ko ari mu biganiro biganisha ku kuba yakorera igitaramo muri BK Arena 


Mu 2022, The Ben yataramiye muri BK Arena binyuze mu gitaramo 'Rwanda Rebirth Celebrations'

AMEZI UMUNANI ARASHIZE THE BEN ASOHOYE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YISE 'NI FOREVER'

 ">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND