RFL
Kigali

Massamba Intore werekeje muri Canada yasigiye ubutumwa abahanzi 'bigize inyamusozi'-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:11/09/2024 12:47
0


Massamba Intore wajyanye ibyishimo by'igisagirane muri Canada muri gahunda z'umuziki, yibukije abari mu buhanzi kureka induru abibutsa ko inshingano yabo ya mbere ko ari ugusenyera umugozi umwe mu kubaka igihugu.



Massamba Intore avuga ko agiye muri Canada anezerewe bishingiye ku bihe by’agatangaza yagiriye mu gitaramo aheruka gukorera muri BK Arena. Ati: ”Ubu ndacyari mu mwuka mwiza uryoshye.”

Bimwe mu bintu yishimiye mu gitaramo aheruka gukora harimo ubwitabire bw’abantu bwari hejuru, uburyo we n'abo bakoranye bari biteguye, uburyo itangazamakuru ryamushyigikiye no kubona abana bato bizihiwe.

Aha niho ahera atanga isezerano ku bakunda ibyo akora ko azakomeza kubaha ibyishimo biruseho kuko bakomeje kumuba hafi no kumutera imbaraga, anabwira abari muri Canada ko yiteguye kubataramira bigatinda.

Yagarutse kuri 'Saga' iri mu myidagaduro agaragaza ko itari ikwiriye ahubwo ko abantu bakabaye basenyera umugozi umwe bakareka induru, bakagira ubupfura, "abantu bakareka kuba abanyamusozi.”

Yongeraho ati: ”Bagakunda igihugu cyabo bakagikorera bakareka ibintu bitagize icyo bimariye igihugu, abantu barabakunze ni abahanzi beza, nibakomeze muri iyo nzira nziza twubake uru Rwanda rwacu.”

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MASSAMBA INTORE

">

Massamba Intore yerekeje muri Canada nyuma y'igitaramo cy'amateka yakoreye muri BK Arena Mu byanejeje Massamba Intore harimo ubwitabire bwo hejuru bw'abantu, akavuga atazatenguha abakunzi be ahubwo ko azakomeza kubaha ibyishimo bisendereye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND