RFL
Kigali

Igihe kirageze ko abari muri ‘Showbiz’ bajyanwa gutozwa mu itorero ry’Igihugu?

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:10/09/2024 7:29
0


Showbiz yabaye Showbiz nzakagendana muri iki gihe! Amashusho n’amafoto by’urukozasoni birahererekanwa ubutitsa, abandi bambariye gutana mu mitwe- Mbese, buri wese ategereje ikibi cyaba kuri mugenzi we ubundi akamwota koko yisunze ibyuma bifata amashusho, ubundi akamwicarira ku muyoboro we wa Youtube.



Ni ingingo yatumye inzego zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), zihaguruka zisaba buri wese witwikira umutaka wa ‘Showbiz’ akandagaza mugenzi we kubireka, kuko bigize icyaha.

Byaturutse ku nkundura ya Nyarwaya Innocent [Yago], wanditse ubutumwa ku rubuga rwa X agaragaza ko yahunze igihugu kubera abo yise agatsiko kari kamaze imyaka ine bamukorera iyicarubozo. Kandi yagiye avuga amazina ya bamwe mu bantu bashatse gupyinagaza izina rye.

Uyu musore kandi yagiye ateguza bagenzi be bahanganye ko nabo ibyabo bizajya hanze. Nk’aho ibyo bidahagije, yabisikanye na Murangi Sabin mu ruvugo, nyuma y’amashusho yagiye hanze, bivugwa ko yari kumwe na Ngwinondebe wamamaye mu Itorero Inyamibwa.

Izi nkuru ariko zavuzwe nyuma y’igihe muri ‘Showbiz’ havugwamo ubugambanyi bwa hato na hato, amarozi, kujya mu bapfumu n’ibindi benshi batekereza ko bitari bikwiye mu bana b’u Rwanda.

Si rimwe si kabiri, wumvise ubuhamya bw’abantu bavuze ko barozwe na bagenzi babo, ariko nyuma yo kwivuza, Imana igakinga akaboboko.

K john wamamaye ku mbuga nkoranyambaga aherutse gutanga ubuhamya bwatunguye benshi. Ku rubuga rwa X aganiriza na bamwe mu bantu bazwi yavuze uburyo yarozwe, ndetse abarimo Patycope na Young Grace bazi neza urugendo rw'uburwayi bwe 'kubera ibintu nk'ibi by'amashyari'.

Yavuze ko akimara guhabwa uburozi byamusabye kujya ku Gisenyi, avugwa n'umubyeyi w'umwe mu baririmbyi mu itsinda rya The Same. Ati "Niwe wamvuye, uburozi bw'iyi 'Showbiz'.

K John avuga ko kutagaragara cyane muri 'Showbiz' muri iki gihe, bituruka ku bihe bisharira yanyuzemo. Yavuze ko Leta ikwiye gushyira imbaraga mu bibazo biri muri 'Showbiz', ndetse igashyiraho amategeko ahana. 

Yavuze ko hari igihe yicaraga mu kabari akabona umuntu udahari. Ati "Iyi 'Showbiz' iri mu bugome, abantu bashaka kwica bagenzi babo. Njyewe hari igihe nicaraga mu kabari nkajya mbona uwo muntu ntabwo namuvuga nawe ariyizi, nkamubona mu maso yanjye kandi ntawuhari. Ari umuntu w'umusitari nafashaga. Ibi si ibintu ndi kubahimbira...."

Yunganirwe n’umuhanzikazi Nessa wavuze ko abayeho mu buhungiro, kandi ko mu ndirimbo zirenga 300 bamaze gukora, batigeze babona abantu babashyigikira. Avuga ko mu myaka 13 ishize ari mu muziki, hari abagerageje kumwica, ndetse yahisemo guhungisha umwana we kugirango atazagira ikibazo.

Anavuga ko yahisemo kuva iwabo kuko yari amaze kubona ko hari abantu bazaga iwabo bamushakisha. Nessa yavuze ko yigeze kubwirwa na M Irene ko 'bazanyica'.

Igihe kirageze ko abari muri ‘Showbiz’ bajyanwa mu Itorero?

Mu myaka 30 ishize, Guverinoma y’u Rwanda yashyize imbaraga mu gutoza Abanyarwanda b’ingeri zinyuranye binyuze mu Itorero. Aho abarijyamo bigishwa indangagaciro n’umuco.

Itorero ryahozeho mu Rwanda mbere y’umwaduko w’abakoloni ari “Irerero” . Abanyarwanda batorezwagamo kumenya umuco n’uburere by’Igihugu, gukunda umurimo, gukunda u Rwanda no kururwanira ishyaka, n’ibindi byose byabatozaga umuco wo kwigira no kwihesha agaciro bishingiye ku kumenya amateka basangiye n’indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Kagame Paul arigarura ku wa 16 Ugushyingo 2007 yabwiye Abanyarwanda ati: “Twaje gutangiza gahunda y’Itorero ry’Igihugu nk’uburyo twihariye kandi bukomoka ku muco nyarwanda”. Yakomeje agira ati: “Itorero ry’Igihugu ryari ishuri ryo gutoza no kwigisha Abanyarwanda gukunda Igihugu, kukiyobora neza, guharanira ubutwari, kwanga ubuhemu, gufatanya gukemura ibibazo, no kwirinda ubutsimbanyi, n’ibindi…”

Umwe mu bakoresha urubuga rwa X mu mazina ya Paul Kagame 2029, kuri uyu wa Mbere tariki 9 Nzeri 2024, yanditse agaragaza ko ashingiye ku bintu bimaze igihe bivugwa muri ‘Showbiz’ atekereza y’uko igihe kigeze ko bajyanwa muri Itorero kwigishwa.

Ati “Ariko mfite igitekerezo. Ko ndeba ibibazo bya munyangire bikomeje kwiyongera, inzangano, gusebanya…Ntakuntu buriya Minisitiri Dr. Damascene na Minisitiri w'urubyiru ko wategura/bategura itorero ry'abantu baba muri ‘Showbiz’ rwose hakabaho kwiyunga no kwimika Ndi Umunyarwanda. Birakabije cyane pe.”

Mu gusubiza, Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yumvikanishije ko nta muti n’umwe utashwa mu gucyemura iki kibazo cyumvikanye mu bakora ‘Showbiz’ muri iki gihe.

Ati “Ibitekerezo mutanga n’impungenge mufite birumvikana kuri iki kibazo n’ibindi bisa nkacyo. Ntabwo twabyihoreye. Dukoresha kandi tuzakomeza gukoresha uburyo bwose bwo kwigisha umuco n’indangagaciro zawo. Ndanakwizeza ko nta buryo na bumwe bushobora gutanga umusaruro twirengagiza.”

Icukumbura ryakozwe na InyaRwanda, ryageze ku nkuru y’abahanzi babiri bigeze kuramukanya bahuriye mu kabari, umwe atashye, undi asigara atwika (gutwika) ishati yari yambaye kubera ko mugenzi we yari yamukozeho ubwo yamuhoberaga.

Ryanageze ku nkuru y’umunyamakuru wafunzwe, nyuma y’uko aryamanye n’umukobwa bwacya uwo mukobwa akitabaza inzego avuga ko yamufashe ku ngufu. Ariko kandi, yaje kumenya ko ari abahanzi bamugambaniye, kubera ko yari amaze igihe kinini abagarukaho mu biganiro yakoraga kuri Radio.

Minisitiri, Dr Jean Damascène Bizimana yavuze ko nta buryo na bumwe bushobora gutanga umusaruro bwa kwirengagizwa mu gucyemura ibibazo byumvikana cyane mu bakora ‘showbiz’ muri iki gihe





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND