RFL
Kigali

Kevin Kade yasobanuye ibya 'Sikosa' n'isano ye na Jimmy Muyumbu wagarutsweho cyane-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:8/09/2024 14:09
1


Richard Kevin Ngabo [Kevin Kade] yagaragaje ko hari abantu usanga barikoroje, bavuga ibintu badafitiye gihamya, anashimangira ko afitanye isano na Jimmy Muyumbu uheruka kumushoramo.



Kevin Kade waraye ataramiye abitabiriye ibirori bya ‘The Silver Gala’ afatanije na The Ben na Element mu ndirimbo baheruka guhuriramo ‘Sikosa’.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda yagarutse ku bamaze iminsi bavuga ko bakuye indirimbo ‘Sikosa’ kuri Youtube ngo bakurure amarangamutima y’abantu.

Ati”Twebwe ibintu byacu biracyagezweho, turi gukora amakuru ariko byabayeho bitaduturutseho ariko icyishimiwe ni uko indirimbo iriho kandi ikunzwe cyane.”

Agaragaza ko harimo ubijiji kumva ko umuntu yakura igihangano cye ku rubuga ngo yinjize, ko ibyo bigoye kuba byashoboka.

Ati”Nta bwo imibare y’inshuro indirimbo irebwa yazamurwa no gusiba ikintu amasaha 24, ntabwo bibaho, izo ni intekerezo z’ubujiji ahubwo ni ibibazo byabaye mu buryo buri tekinike.”

Agaruka kandi ku ruhare rwa Jimmy Muyumbu kuri iyi ndirimbo anemeza ko bafitanye isano yo mu maraso.

Ati”Ni mubyara wanjye kandi ni we wamfashije muri iyo ndirimbo kugira ngo ikorwe,  ndamushimira cyane.”

Mu gusoza yagize icyo avuga ku kuba baritabaje indirimbo ya Oliver N’Goma muri ‘Sikosa’ n’uko afata uyu munyabigwi  watabarutse.

Ati”Oliver N’Goma ni umubyeyi kandi twakuze tumwumva,  njye nkiri umwana mfite imyaka itanu yanyuraga kuri televiziyo Rwanda nkakunda uko yitwara.”

Yongeraho ati”Kuba rero twaragemuye ubumenyi ku gihangano cye ndumva ari iby’agaciro.”

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KEVIN KADE

">

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nonese bamugemuye hari uwabahaye uburenganzira mumuryangowe?1 week ago
    nonese hari uwabahaye uburenganzira bwo bwo kugemura bimwe muriyo ndirimbo?





Inyarwanda BACKGROUND