RURA
Kigali

RIB yatanze umuburo ku ba 'Big Energy' ibasaba kwitandukanya na Yago

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:5/09/2024 11:13
0


Big Energy yabaye Big Energy muri iki gihe! Umaze iminsi ubona uburyo nta kiganiro na kimwe wareba ku muyoboro wa Youtube ngo ubure umuntu uvuga ko ari Big Energy. Yewe unanyujije amaso ku izindi mbuga nkoranyambaga, huzuye ibihumbi by'abantu bavuga ko bifatanyije na Nyarwaya Innocent [Yago] binyuze mu cyo yise “Big Energy.”



Ni ijambo yahisemo gukoresha ndetse hari ibirango byaryo byakozwe. Bamwe baramwisunze, nyuma y'uko atangiye gusohora ibiganiro bivuga ko yakorewe iyicarubozo mu myaka ine ishize kandi ko yagiye ataka umunsi ku munsi ariko ko amarira ye yirengagijwe.

Buri butumwa bwose atanga ku mbuga nkoranyambaga, no mu biganiro akorera ku muyoboro wa Youtube, arenzaho kubwira abafana be guhagaruka ati "Big Energy Stand Up."

Hariho n'urubuga rwa WhatsApp bahuriyemo. Ndetse, umunsi ku munsi barahererekanya ibiganiro byakozwe bivuga kuri Yago. Bamwe muri bo banatangiye kwikoma  abo Yago yagiye avuga mu mazina ko bamuhemukiye kandi abasaba kumusaba imbabazi kugirango biyunge.

Yago yatunze agatoki abantu benshi barangajwe imbere na Djihad, Fatakumavuta, Rocky Kimomo, Bruce Melodie, Producer Element, DC Clement, Prince Kiiiz, n'abandi avuga ko batobanze izina rye mu bihe bitandukanye, bikamugiraho ingaruka zikomeye.

Mu biganiro bye, yavuze ko hari igihe yamaze umwaka n'igice adakora ibiganiro kuri Youtube kubera ko yari akomerewe no kwakira uburyo abarimo M. Irene n'abandi binjiye mu muryango we, bakamushinja impfu z'abantu banyuranye- Mbese ngo benshi mu bo yakoresheje ibiganiro ku muyoboro we wa Youtube barapfuye.

Yago avuga ko yafashe igihe cyo kwegeranya ibimenyetso simusiga ku barimo Brianne, ari nayo mpamvu yatangiye gukora ibiganiro bitanga 'Gasopo kuri abo bose'.

Bamwe mu babarizwa muri ‘Big Energy’ bamaze iminsi bagaragaza ko bitandukanyije na zimwe muri shene za Youtube z’abantu Yago yavuze ko bamuhemukiye. Bamwe bagiye bikura kuri izo Youtube bakora ibizwi nka ‘unsubscribe’.

Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko ubwo Yago yakoraga ikiganiro yavuzemo ko uwitwa Godfather uzwi ku rubuga rwa X ari inyangarwanda, yatumijweho na RIB araganirizwa ndetse atangira gukurikiranwa.

Yavuze ko ikibazo cya Yago n'abo avuga ko bamwibasiye 'cyatangiye tugirango ni 'showbiz'' ariko 'tuza kubona ko hari abatangiye kurenga umurongo ubaganisha mu byaha, tubona bamwe batangiye mu kugana mu gukora ibyaha byeruye."

Ati "Icyo gihe uwitwa Yago, kuko niwe wabonaga afite umurego mwinshi yarahamagawe, arabazwa, arihanangirizwa. Gusa, na mbere yari yaratumijwe muri RIB ku cyaha yari yazweho n'abandi bantu cyo gukwirakwiza no gukangisha gusebanya, ukoresheje amashusho y'ubwambure bw'uwamureze [...]"

Akomeza ati "Ariko nanone tariki 11 Kanama 2024, Yago abwira uwitwa Godfather ko atari umunyarwanda, uyu musore yarahamagawe, arabazwa, yisobanura ko yashakaga kugaragaza ko azi neza uwo Godfather bahanganye, ko amuzi amazina ye, amuzi imyirondoro nubwo yaba akoresha amazina y'andi [...]”

“Nabwo yarongeye arihanangirizwa, ariko RIB ikomeza gusesengura ayo magambo yakoreshejwe na Yago, mu gihe rero RIB yari iri gusesengura ayo magambo yakoreshejwe na Yago kugirango turebe niba icyo yari agamije ari ukuvangura abantu, nibwo yahise ahunga, atoroka, tariki 28 Kanama 2024."

Yavuze ko ageze aho yahungiye, tariki 31 Kanama 2024 yatangiye kuvuga amagambo arimo amacakubiri mu buryo bweruye. Ni nabwo yatangiye kwibasira ababyeyi b'abantu, aho yavugaga ko bamwe ari abana b'abicanyi.

Dr.Murangira yabwiye Flash FM ko Yago yavuze biriya abanje guhunga kubera ko yari azi neza ko 'abivugiye kuri ubu butaka bw'u Rwanda ntabwo byari kumugwa amahoro'.

Yavuze ko "Ibi byaha byo gukoresha imvugo zikurura amacukubiri, zitandukanya abantu yazikoresheje amaze kugera hakurya."

Dr.Murangira yavuze ko Yago yakekwagaho icyaha bivuze ko inzego zitari zagatangiye kumukurikirana mu buryo bweruye, ari nayo mpamvu hatajemo gufungwa. Ati "Tugomba gukurikiza amategeko, kuko abo dukorera ni abanyarwanda, ... Kuba yarasohotse igihugu, yaratorotse, ni uko mu mutwe we hari umugambi yari afite."

 Abajijwe niba bashobora gukorana n'inzego z'ubutabera, Yago agafatirwa aho yahungiye, yavuze ko nta hantu na hamwe ukuboko ku butabera kutagera.

Dr.Murangira yagiriye inama Yago yo kureka umugambi yatangiye 'kuko ari kwihemukira'. Kandi avuga ko yakomeje umurego kubera abantu bari kumushuka, ndetse n'agatsiko k'abantu yise “Big Energy” kagaragaza ko kamushyigikiye.

Ati "Uyu ni umwanya mwiza wo kubwira abo biyita 'Big Energy' ko bari inyuma y'umuntu ukoresha amagambo y'ivangura, ukoresha amagambo akurura urwango mu banyarwanda. Niba bumva ko ariwe muntu bagomba kujya inyuma bakamushyigikira, bakamwumva, nibakomeze ariko ingaruka bazazisangira. Ingaruka zizava muri ibyo bazazisangira. Ni agatsiko gakurikiye umuntu ukoresha imvugo zitandukanya abantu.”

Yavuze ko hari abari muri 'Big Energy' binjiyemo kubera ikigare, bumva ko ari ibintu by'imyidagaduro gusa, nyamara ngo 'byamaze kugera mu byaha. Ati "Ndagira inama rero ko bagomba kwitandukanya n'abo bantu naho ubundi nabo bose barafatirwa mu gatebo kamwe."

Dr.Murangira yasabye ababarizwa muri ‘Big Energy’ kwitandukanya na Yago ‘kuko ari ukwifatanya n’umuntu uvuga amagambo y’ivangura’ 

Yago amaze iminsi akora ibiganiro bigaragaza ko yakorewe iyicarubozo mu myaka ine ishize, ariko ngo yaratatse ntihagira umutubara

RIB yatangaje ko ku wa 11 Kanama 2024, Yago yabajijwe ibyo yavuze kuri Godfather binyuze mu kiganiro yakoze avuga ko atari umunyarwanda 

Ababarizwa muri 'Big Energy' basabwe kwitandukanya na Yago mbere y'uko ukuboko kw'amategeko kubageraho






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND