RFL
Kigali

Bararozwe, bategwa abakobwa, bashaka kwiyahura: Ubugambanyi butavugwa mu bahanzi bo mu Rwanda

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/09/2024 12:26
1


Kuva mu ntangiro z'ukwezi gushize, ibintu byashyushye mu ruganda rwa 'Showbiz'! Bamwe barasimburana imbere y'ibyuma bifata amashusho bavuga nabi bagenzi babo, ngo ni za 'Operation'. Mbese nta mutuzo nta mutekano uri muri uru ruganda. Hahiye wa mugani w'imvugo z'ab'ubu.



Birasa n'aho atari bishya mu matwi yawe. Unyujije amaso mu biganiro umaze igihe ureba ku rubuga rwa Youtube, byuzuyemo ubugambanyi, guterana amagambo, guhigira kuzagirira nabi abandi, hari n'abamaze gufata iya mbere biyemeza guhunga 'udutsiko tw'abantu bagambiriye kubagirira nabi'.

Si ibyo gusa! Kuko wanabonye cyangwa se wasomye amakuru y'abantu bavuga ko barozwe, inkumi zivuga ko zahohotewe na bamwe mu bantu bazwi mu ruganda rwa 'Showbiz'.

Ni ibyo gusa se! Oya- hari n'amashusho y'urukozasoni amaze iminsi acicikana, urebye neza wasanga no muri telefoni yawe yaragezemo- Nyirayo yavuze ko yayafashe abizi neza, kandi yaciye impaka z'abantu bari bamaze igihe bamwibazaho.

Ariko kandi iyo ukoze isesengura cyangwa se ukareba neza, ni intambara y'amagambo iri hagati ya Nyarwanya Innocent 'Yago', Uzabakiriho uzwi nka Djihad, DC Clement, Murungi Sabin, Murindahabi Irene [M Irene], n'abandi batandukanye ashinja ko kuva mu myaka ine ishize bamukoreye iyicarubozo- kandi ryatumye atinya rubanda.

Mu kiganiro aherutse kugirira ku muyoboro we wa Youtube, Yago yumvikanishije ko bariya bakoresha Youtube, bagiye bamugambanira, bapyinagaza izina rye, bavuga ko aririmba nabi, bamutega abakobwa, yewe ngo hari n'igihe bashatse kumurogesha binyuze mu gushakisha umusatsi.

Yavuze ko azagaruka mu Rwanda, igihe bariya bose ashinja kumwica nabi bazaba bamusabye imbabazi. Ariko kandi ku rutonde rw'abo yasabye kumusaba imbabazi, yanavuzemo Rocky Kimomo, Prince Kiiiz, Bruce Melodie yagabiye inka akayanga, Producer Element n'abandi.

Mu kiganiro yagiriye ku rubuga rwa X mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 1 Nzeri 2024, Djihad usanzwe ari umunyamakuru wa Isibo FM, yumvikanishije ko atiteguye gusaba imbabazi Yago.

Ati "Ko untegeka gusaba imbabazi wa kana we, uranshinja iki? Urambaza iki? Uzi ko nta n'isoni mugira? Niyo mpamvu muri kuzana hano mugashaka gushinja abantu ibyaha." Yungamo ati "[...] Natumye umwana ahunga, kuki atagiye kurega? [...] 

Muri iki gihugu ushobora gutuma umuntu ahunga, uri igiki se? Muri kino gihugu wowe wampungisha, naharanira uburenganzira bwanjye, najya ahantu hose mbona bashobora kuntabara. Mu by'ukuri mugiye kuvuga ngo umuntu yahunze abandi? Mukicara mugatagatifuza iki kintu."

Djihad yavuze ko buri wese yicaye akareba neza yasanga nta kibazo afitanye na Yago n'ubwo muri iki gihe ari we akunze kwitsaho. Ati "Njyewe ushobora gusanga nta kibazo mufiteho, ariko we akimfiteho."

Abajijwe niba ataragerageje guca intege igitaramo cya Yago mu Ukuboza 2023, Djihad yasubije ko muri kiriya gihe 'ahubwo Yago yatwadukuriye'.


Imbabazi muri 'Showbiz' ni nk'umugani

Uyu mugabo yakomeje avuga ko atiteguye gusaba imbabazi Yago kuko ntacyo umutima umushinja. Kandi ntiyiteguye kworoshya imvugo ye 'kuko nta muntu woroshye muri iyi mihanda (mu mvugo z'ubu)'.

Yavuze ko yagiye avuga ibintu byinshi, ahubwo rimwe na rimwe abantu bagiye babifata uko bishakira. Djihad yibutsa ko ibibazo bye na Yago byatangiye ubwo yatangiraga kugaragaza bamwe mu bakobwa bivugira ko yabateye inda kandi "nta mbabazi nzasaba ubyumve, ukuruguture amatwi yawe, urantegeka gusaba imbabazi wowe, urabona ndi umwana."

Djihad yashimangiye ko nta kibazo 'mfite kuri Yago' kandi ntiyatera intambwe yo kumusaba imbabazi mu gihe azi neza ko ntacyo yamukoreye.

Yavuze ko abakobwa barimo Brenda na Dabijoux bagiye bashinja Yago kubafatirana, aribo bagiye batera intambwe yo kumusaba ko yabaha ibiganiro cyangwa se akabakira ku rubuga rwa X.   

K John yatanze ubuhamya bw'ibyamubayeho; abantu barumirwa

Uyu musore wakoranye igihe kinini n'abahanzi banyuranye, azi Yago nk'umuntu utagira ishyari, kandi mu myiteguro y'igitaramo cye yabonye abantu banyuranye bamushyigikiye.

Yavuze ko azi neza ko Brianne na Djihad bijunditse Yago bitewe n'uko 'mu gitaramo cye yakoresheje Phil Peter yanga gushyiramo Brianne'- K John avuga ko muri kiriya gihe Brianne yari afitanye ibibazo na Yago ariko ko bitari byagatutumbye.

K John avuga ko yaretse gukora ibiganiro ku rubuga rwe rwa Youtube rwe kubera Murungi Sabin wa Isimbi Tv. Ni ibintu avuga ko ahuje na Yago, kuko nawe aherutse gukora ikiganiro avuga ko mu bihe bitandukanye Sabin yagiye yitambika imishinga ye.

K John ati "Njyewe navuye kuri Youtube kubera Sabin n'umuntu witwa M Irene. Nibwo navuye kuri Youtube, ndavuga nti amafaranga ya Youtube ndayaretse. Abo bose nabatanze gukora kuri Youtube."

Yavuze ko mbere y'uko Sabin ashinga Isimbi TV yari afite umuyoboro wa Youtube witwa 'Rwanda Online' warwanyaga u Rwanda bashyiraho ibintu bituka u Rwanda, bisebya Igihugu. Ndetse, ngo kuri uyu muyoboro Sabin yanashyiragaho amashusho y'urukozasoni (Porono).

K John avuga ko yatanze ikirego mu Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, Sabin aritaba, nyuma y'amasaha macye amushinja gushaka kumufungushisha.

K John anibutsa ko ariwe wakoze ibiganiro bya mbere na Shaddyboo, Fofo Dancer, Ange Strawberry n'abandi. Kandi ko Sabin yagiye amwinginga amusaba ko yamuhuza na bariya bantu akabatumira, akabikora ariko nyuma bariya batumirwa ntibongere kumuvugisha.

K John. Ati "Twageze aho tuba abanzi, bigera ubwo mbura abantu bo gutumira kuri Youtube... Ni njye wazanye ibiganiro byo kwicaza abantu tukaganira... Yambwiraga ko umugore we ari umufana wanjye."

Yavuze ko Sabin yari inshuti ye 'ariko yarampemukiye'. Yibuka ko mu 2020 ariwe muntu wari ufite umuyoboro wa Youtube wakurikirwa cyane, kuko yari afite aba-subscribers barenga ibihumbi 200.

K John yavuze ko ashingiye kubyo yanyuzemo n'ubugome yakorewe n'abantu banyuranye yahisemo guhagarika ibiganiro yakoreraga kuri Youtube.

Yibutsa ko ariwe muntu wa mbere watumiye kuri Youtube kuri DJ Brianne, nyuma ya X Dealer bari bakoranye kuri Hillywood Tv.

Ariko ko akimara gukorera ibiganiro kuri Isimbi TV 'ntiyongeye kunyitaba'. Ati "Nageze aho ndavuga nti ko mbona abatumirwa ndi kuzana bose bari kubatwara, ni uko mbaza nabi? Habaye iki?"

Yahawe uburozi, agerageza kwiyahura

K John yavuze ko yarozwe, ndetse abarimo Patycope na Young Grace bazi neza urugendo rw'uburwayi bwe 'kubera ibintu nk'ibi by'amashyari'.

Yavuze ko akimara guhabwa uburozi byamusabye kujya ku Gisenyi, avugwa n'umubyeyi w'umwe mu baririmbyi mu itsinda rya The Same. Ati "Niwe wamvuye, uburozi bw'iyi 'Showbiz'.

K John avuga ko ibyo Yago avuga yemeranya nawe, kuko nawe ibihe nk'ibihe yabiciyemo. Yibutsa ko hari igihe yigeze kugerageza gufata umugozi ashaka kwiyahura "mvuga nti ibi bintu ndabona nta nyungu." Ati "Nafashe amabuye ya Radio ndayasya, ndayanywa ariko ku bw'Imana sinagira ikibazo ngira."

Yavuze ko ibyo avuga Dj Bob abizi. Ashima Yago ko yatinyutse akabasha kuvuga 'kuko njyewe icyo gihe sinashaga kuvuga'. K John anibutsa ko yagiye Nyabugogo gushaka imiti yari kumufasha kuruka uburozi, ndetse ngo mu 2013 yanagerageje kujya mu banyamasengesho ariko ntibyakunda.

K John avuga ko kutagaragara cyane muri 'Showbiz' muri iki gihe, bituruka ku bihe bisharira yanyuzemo. Yavuze ko Leta ikwiye gushyira imbaraga mu bibazo biri muri 'Showbiz', ndetse igashyiraho amategeko ahana.

Yavuze ko hari igihe yicaraga mu kabari akabona umuntu udahari. Ati "Iyi 'Showbiz' iri mu bugome, abantu bashaka kwica bagenzi babo. Njyewe hari igihe nicaraga mu kabari nkajya mbona uwo muntu ntabwo namuvuga nawe ariyizi, nkamubona mu maso yanjye kandi ntawuhari. Ari umuntu w'umusitari nafashaga. Ibi si ibintu ndi kubahimbira...."   

Umukobwa yaraye iwe amutwara akambaro k'imbere

K John yanavuze ko amashyari aba muri 'Showbiz' yamurenze ubwo igihe kimwe umukobwa yamusuraga iwe, bwacya mu gitondo agashaka 'Boxer' ye akayibura.

Ati "Umukobwa yantwaye 'Boxer' ndayibura, ndayishakisha nyuma ndamuhamagara hanyuma umuntu arambwira ngo ntutajya kuri runaka ntuzakira. Aba bantu ni abagome (abisubiramo)."

Yifuza ko RIB ikwiye gusaka telefoni z'abarimo Emmy Nyawe, Brianne, Djihad n'abandi Yago yashinje ko bamugambaniye igihe kinini. Ati "Barebe, bafate izo telefoni bamwe... bazisake bazirebe."

Gusebanya byabaye ikaramu ya buri wese

Bamwe mu bagiriye ikiganiro ku rubuga rwa X, bumvikanishije ko hari abahanzi basigaye bishyura abakoresha urubuga rwa Youtube bagasebya bagenzi babo cyane cyane The Ben.

Ni ibintu bikorwa n'umuntu ku giti cye, agamije ko mugenzi we bahanganiye ku isahani azima cyangwa se asubira hasi kugirango abashe kumutambuka imbere ye.

K John ati "Hari uwitwa Fatakumavuta, hari Reagan Rugaju, hari M Irene, n'abandi, iyo bagezeyo ni uguhabwa amadorali 100 na Coach Gael aha buri muntu, uwo muntu iyo atashye nta kindi akora ni uguhagira kuri The Ben... Noneho babonye Yago avugira The Ben bahita bamwataka..."

Yavuze ko bitumvikana ukuntu hari abantu birirwa bavuga nabi Muyoboke Alex, David Bayingana n'abandi kandi ari abantu bakoze uko bashoboye kugirango mu myaka 30 ishize umuziki w'u Rwanda ube ugeze ku rwego rwiza.

Ni internet yahaye rugari buri wese?

Abazi neza umuziki mu myaka itambutse, bumvikanye kenshi bavuga ko mu gihe cyabo bagerageje guhuza imbaraga no kwishakamo ibisubizo, ndetse umuhate wabo mu guteza imbere umuziki urigaragaza.

Muri iyi myaka, indirimbo z'abahanzi zumvikanye igihe kinini kuri Radio na Televiziyo- Ndetse, rimwe na rimwe byasabaga umuhanzi ko ahigera kugirango atange igihangano cye.

Bitandukanye no muri iki gihe, aho internet yahaye rugari buri wese, kuko umuhanzi ashyira hanze igihangano kigera kuri wese mu buryo bworoshye.

K John wakoranye n'abahanzi igihe kinini, avuga ko "muri kiriya gihe twebwe twabikoraga kubera urukundo'." Ati "Wakora indirimbo ukumva biragushimishije ko itambuka kuri Radio. Rero twebwe tukabikora tuvuga tuti mu rugo bumve ko tutariba sagihobe."

Avuga ko ubu aho amafaranga yageze mu muziki ahubwo "umuntu ari gushaka mugenzi we kugirango abone amafaranga." Yavuze ko bitumvikana ukuntu inkuru z'ibihuha ziganje cyane muri Youtube muri iki gihe, ariko kandi asobanura ko biterwa n'amafaranga atangwa n'uru rubuga.


Umuhanzikazi Nessa yaragendesheje!

Uyu mukobwa yavuze ko abayeho mu buhungiro, kandi ko mu ndirimbo zirenga 300 bamaze gukora, batigeze babona abantu babashyigikira. Avuga ko mu myaka 13 ishize ari mu muziki, hari abagerageje kumwica, ndetse yahisemo guhungisha umwana we kugirango atazagira ikibazo.

Anavuga ko yahisemo kuva iwabo kuko yari amaze kubona ko hari abantu bazaga iwabo bamushakisha. Nessa yavuze ko yigeze kubwirwa na M Irene ko 'bazanyica'.

Yavuze ko bamuteze ibintu mu rugo ku buryo 'kurya biba ari ikibazo'. Nessa yavuze ko yigeze kujyana indirimbo ye kuri Kiss Fm, asabwa kwishyura ibihumbi 100 Frw. Icyo gihe yari yatanze indirimbo yitwa 'Nk'igicu'. Ati "Saa kumi n'ebyeri zarageze ndamubwira nti ntabwo ndi kwiyumva."

Uyu mukobwa yavuze ko uwitwa Ahmed yari yahaye amafaranga yamubereye imfura, amusubiza amafaranga ye kubera ko 'hari umuntu waje hano arambwira ngo ntituzigera dukina indirimbo zawe'.

Nessa anavuga ko atajya atumirwa kuri Televiziyo kubera amabanga abitse. Kandi yemeza ko ibyo Yago avuga ari ukuri kwambaye ubusa. Yanavuze ko hari abantu bamuteze uburozi 'rimwe na rimwe ukajya urara ubona amapusi hejuru'.

Bigeze kumutega umugabo!

Nessa yavuze ko mu bihe bitandukanye bamuteze umugabo, akajya amushukisha kumuha amafaranga kugirango amuhe amashusho n'amafoto y'ubwambure we. Ariko ntiyigeze abikora.

Yavuze ko hari ubugambanyi bukomeye, kuko hari abo azi bo mu cyaro bagiye bamuhamagara bamusaba gukorana indirimbo, ariko yatekereza neza agasanga abo bantu ni abagambanyi.


Mu 2019, Yago bamuteze umukobwa

Umunyamakuru usigaye ukora ubuhanzi, Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, mu Ukuboza 2023, yavugiye ku rubuga rwa X ko yatezwe abakobwa kenshi akabisimbuka

Ati “Mu 2019 hari umuntu uba aho muri Amerika, wishyuye amadorari 500$ umukobwa ngo aze turyamane amfate amashusho nambaye ukuri kandi ngo umutwe wanjye ugaragaramo.”

Yakomeje agira ati “Uwo muntu yishuye uwo mukobwa 200$ ngo aze tubanze turyamane ubundi afate ayo mashusho ayamwoherereze abone kumuha andi 300$ yasigaye. Ndashimira uwo mukobwa kuko yambwije ukuri, ambwira ko uko yanyumvaga atari ko ansanze. Yanyeretse ubutumwa bwose nanjye mfata amashusho yabyo ndabibika.”


Mu bihe bitandukanye, Riderman yatangaje ko yasimbutse uburozi

2014 wabaye umwaka urura ku muraperi Riderman, kuko yarozwe inshuro ebyiri, ariko arabusimbuka. Yigeze kuvuga ko yatashye ageze mu rugo aruka amaraso, kubera uburozi yari yahawe.

Yigeze kuvuga ati “Mu myaka ya za 2014 navuga ko ari bwo nanyuze mu bintu bikomeye, hari ubwo bigeze kundoga, ndataha ngera mu rugo nduka amaraso, mererwa nabi cyane.”

Akomeza ati “Nyuma yaho hari ahantu twari turi haza umuntu nanone arabigerageza ariko ku bw’ Imana ndabibona turamusaka turabimusangana, arangije ambwira ko ari amashaba (amahirwe) ashaka kumpa, tumujyana kuri polisi baramufunga."


Ni ibintu ahuje na Mani Martin, kuko nawe bigeze kumuroga binyuze mu rurabo yakiriye ari ku rubyiniro. Yigeze kuvuga ati “Umukobwa yampaye ururabo ndi kuri stage, barafotora ndishima kuko najyaga mbibona mu bitaramo bikomeye. 

Tugiye gutaha arambwira ngo harimo impano, ururabo nze kurufungurira ku buriri, urabizi ngira amatsiko mvuye mu modoka yadutwaraga nahise ndufungura, ni nabyo byankijije, nasanzemo inzara nk’iz’igisiga, ijisho rinini nk’iry’ihene cyangwa imbwa, rigitose bikimeze nk’aho ari bwo bikiva mu kinyabuzima cyabyo, nagize ubwoba butarabaho.”

Icukumbura ryakozwe na InyaRwanda, ryageze ku nkuru y’abahanzi babiri bigeze kuramukanya bahuriye mu kabari, umwe atashye, undi asigara atwika (gutwika) ishati yari yambaye kubera ko mugenzi we yari yamukozeho ubwo yamuhoberaga.

Ryanageze ku nkuru y’umunyamakuru wafunzwe, nyuma y’uko aryamanye n’umukobwa bwacya uwo mukobwa akitabaza inzego avuga ko yamufashe ku ngufu. Ariko kandi, yaje kumenya ko ari abahanzi bamugambaniye, kubera ko yari amaze igihe kinini abagarukaho mu biganiro yakoraga kuri Radio. 

Ubwo yiteguraga igitaramo cyo kumurika Album ye ‘Ibishingwe’, Ama G The Black yafashwe n’uburwayi butunguranye, ariko yaje gusanga ari uburozi yari yahawe

K John yatangaje ko yamaze ukwezi yivuriza uburozi ku Gisenyi mu rugo rw'umubyeyi w'umwe mu bagize itsinda rya The Same

K John yatangaje ko yagerageje kwiyahura bikanga, ndetse yaseye amabuye ya Radio arayamira ariko ntiyagira icyo aba


Djihad yatangaje ko adateze kwiyunga na Yago kuko nta kibazo azi bafitanye, kandi inkumi yagiye atumira zimushinja 'zabaga zizanye'

Yago aherutse gukora urutonde rw'abantu barimo Rocky, Sabin, Bruce Melodie, M Irene n'abandi avuga ko bamukoreye iyicarubozo kuva mu myaka ine ishize

Yago yavuze ko azagaruka mu Rwanda igihe bariya bose ashinja kumuhohotera bazaba bamusabye imbabazi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Innocent2 weeks ago
    Iyi nkuru iravuga ukuri rwose. Ziriya ndyarya ngo ni M Irene, rocky , Phil peter, ... Ni abagome





Inyarwanda BACKGROUND