RFL
Kigali

Ariel Wayz yunamiye Kamaliza mu gitaramo cya Massamba Intore- AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:31/08/2024 22:05
0


Umuhanzikazi Uwayezu Ariel wamenyekanye nka Ariel Wayz yunamiye umuhanzikazi w'icyatwa mu muziki, Mutamuliza Annonciata wamamaye nka Kamaliza, nk'umwe mu bahanzi babaye ikitegererezo kuri we.



Uyu mukobwa ni umwe mu baririmbye mu gitaramo "3040 y'ubutore" cy'umuhanzi Massamba Intore cyabereye muri BK Arena, kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Kanama 2024. Yagaragaje ko yakozwe ku mutima no kuba uyu muhanzi yamuhaye umwanya akaririmba muri iki gitaramo.

Ku rutonde rw'indirimbo yaririmbye harimo na 'Kunda Ugukunda' ya Kamaliza. Iri mu ndirimbo zakomeje izina ry'uyu munyabigwi mu muziki, ndetse mu bihe bitandukanye benshi mu bahanzi bakuze bafatira urugero, bagiye bayisubiramo.

Massamba Intore yari aherutse gutangaza ko, bateguye uburyo bwo guha icyubahiro Kamaliza muri iki gitaramo, kubera ko ari umuntu babanye igihe kinini, yaba ku rugamba rwo kubohora u Rwanda no mu buzima busanzwe.

Yavuze ko Kamaliza aho ari yishimye, kuko 'icyo yarwaniye twakigezeho'. Kandi, yibuka ko ubwo yahimba indirimbo 'Intare' bari kumwe.

Uyu mukobwa wageze ku rubyiniro ahagana saa mbili n'iminota 20' yanaririmbye indirimbo ye yise 'Wowe Gusa'. Yagaragaje ko yari amaze igihe yitegura kuririmba iyi ndirimbo, ndetse asoje kuyiririmba yabajije abari bamukurikira niba biteguye gutaramana nawe. Yavuze ko "ndishimiye cyane kuririmba mu gitaramo nk'iki."

Mu mashusho y’iyi ndirimbo yifashishijemo ababyeyi be, ndetse yigeze kuvuga ko babaye urufatiro rwo kuba uyu munsi akora umuziki. Ati “Mu muco wacu, ababyeyi bashyigikira abana babo kuko baba bafite ubutumwa bwihariye, ntabwo byantwaye igihe kinini kugira ngo mbumvishe ko baza mu mashusho y’indirimbo.”

“Mfite ababyeyi batangaje, ndabakunda cyane, ndabubaha, baranshyigikira cyane, ndabyibuka data yari afite ikiriyo yagomba kujyamo ariko arigomwa mujyana mu ntara muri Nyabihu ndabashimira imbere y’abanyarwanda bose, njye byarandenze byanyigishije ibintu byinshi cyane."

Uyu mukobwa yavuze ko by’umwihariko, Mama akunze kumwohereza amajwi (Audio) iyo avuye muri studio, bityo nyinshi mu ndirimbo ashyira hanze azimenya mbere.

Ati “Mama nkunda kumwoherereza amajwi, buri gihe uko mvuye muri studio, we na mukuru wanjye Alliane nibo bantu noherereza ibintu byanjye kugira ngo bumve, nibo bampa ibitekerezo by’ukuri ku bihangano byanjye, ni ibintu biba bikenewe muri uru ruganda, kuko dufite abantu benshi batubeshya, rero uba ukeneye umuntu ukubwiza ukuri n’iyo kwaba kubabaza, ukareba ukuri kwabyo.”

Ari ku rubyiniro, yakurikijeho indirimbo yise 'Ntabwo yantegereza'. Yavuze ko yayihimbye kugirango akangurire abantu gukundana. Ati "Abatugirira nabi ntabwo tugomba kubitura inabi, ahubwo tugomba kubahata urukundo."

Iyi ndirimbo ye yagiye hanze, ku wa 24 Ukuboza 20220, bivuze ko imaze imyaka itatu igiye hanze. Yakomereje ku ndirimbo ye yise 'You should know' yahimbye mu rwego rwo kubwira uwari umukunzi we, ko yamukunze by'igihe kirekire, kandi ko nta wundi muntu ateze kumusimbuza.

'You Should Know' yayishyize ku muyoboro we wa Youtube, ku wa 2 Ugushyingo 2022. Yaririmbye muri iki gitaramo, mu gihe mu 2025 azashyira hanze Album ye nshya, kandi yasabye abitabiriye iki gitaramo kuzamushyigikira ubwo azaba amurika iyi Album.


Ariel Wayz yeretswe urukundo mu gitaramo cya Massamba cyabereye muri BK Arena, kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Kanama 2024


Ariel Wayz yaririmbye indirimbo ya Kamaliza mu rwego rwo kumuha icyubahiro nk’umuhanzi afatiraho urugero’


Ariel yavuze ko yishimiye guhurira ku rubyiniro na Massamba, umuhanzi wizihiza imyaka 40 mu muziki




Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel yitabiriye igitaramo cya Massamba Intore 

Umuhanzi utanga ibyishimo ku bisekuru byombi, Makanyaga Abdul yashyigikiye Massamba wizihiza imyaka 40 mu muziki 


Umuhanzi Jules Sentore na Andy Bumuntu bitabiriye iki gitaramo







ARIEL WAYZ YAKURIWE INGOFERO MU GITARAMO CYA MASSAMBA INTORE MURI BK ARENA

">

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze igitaramo cyo kwizihiza imyaka 40 ishzie Massamba ari mu muziki






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND