RFL
Kigali

Ni ibiki byaganiriwe mu Nama yahuje za Minisiteri ku itegeko ritishimiwe n’abahanzi?

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:31/08/2024 10:27
0


Nyuma y'uko hari ingingo zitishimiwe n’abahanzi mu itegeko nimero 055/2024 ryo ku wa 20 Kamena 2024 ryerekeye kurengera umutungo bwite mu by’ubwenge ryasohotse mu Igazeti ya Leta nimero idasanzwe yo ku wa 31 Nyakanga 2024, inzego bireba zatangiye kugirana inama n’abafite aho bahuriye n’umuziki mu rwego rwo kuzinoza neza.



Abahanzi banyuranye bagiye bagaragaza kenshi ko hari zimwe mu ngingo zivugwa muri iri tegeko rishya, zibapyinagaza ndetse n’ibihangao byabo.

Umuhanzi Muyombo Thomas [Tom Close] akwerutse kwandika ku rubuga rwa X avuga ati “Ba nyakubahwa igihangano cy’umuhanzi cyagakwiriye kumuha inyungu, yahitamo kuyigomwa ku nyungu rusange akaba ariwe wifatira icyemezo.”

Muri iri tegeko, ingingo ya 294, itanga uburenganzira ku gihangano cy’umuhanzi igihe gikoreshejwe mu kwigisha. Iya 295 itanga uburenganzira bwo gutubura igihangano bikozwe na serivisi z’amasomero cyangwa iz’ishyinguranyandiko.

Iya 296 yo itanga ubwisanzure bwo gukoresha igihangano ku mpamvu zerekeye ubucamanza cyangwa ubuyobozi. Ni mu gihe ingingo ya 297 yo itanga ubwisanzure bwo gukoresha igihangano hagamijwe amakuru. Ingingo ya 301, yo yemera ikoreshwa rya bimwe mu bihangano by’abahanzi mu ruhame, bitagombye ko bitangirwa uburenganzira.

Ibi byatumye kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, Minisiteri y’Urubyiruko ndetse n’Iterambere ry’ubuhanzi, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Inama y'Igihugu y’abahanzi (RAC) na Federation z’abahanzi, bahuriye mu nama yari igamije gusuzuma zimwe mu ngingo zivugwa muri ririya tegeko.

Ni inama yitabiriwe n’abarimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko ndetse n’Iterambere ry’abahanzi, Sandrine Umutoni, Umuyobozi w’Inama Nkuru y’abahanzi, Niragire Marie France, Ishimwe Clement washinze Kina Music, Umuyobozi w’Ishuri rya muzika rya Nyundo, Mighty Popo, Mani Martin, Samuel Sangwa, Ruhima Braise wo mu Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB), Mugemana Jean wo muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (Minicom), abahagarariye za Federasiyo n’abandi.   

Nyuma y’uko hasohotse igazeti ya Leta irimo amategeko arengera ibihangano mu by’ubwenge habayeho ko abahanzi batandukanye bisanga mu gisata cy'imyidagaduro batanyuzwe n'amwe mu mategeko arengera ibihangano byabo.

Ibi byatumye habaho inama nyinshi zitandukanye zahuriyemo abahanzi babarizwa muri za ‘Federation’ hamwe n’ubuyobozi bw'inama y'igihugu y’abahanzi, hagamijwe gushakira umuti iki kibazo.

Bynatumye kandi Inama y’Igihugu y’Abahanzi (RAC) isaba za Minisiteri ko baganira kugirango bungurane ibitekerezo kugirango hashakwe uko igihangano kibungabungwe kandi giteze imbere nyiracyo bityo abahanzi batange umusanzu wabo mu kubaka igihugu nk’abandi banyarwada bose.

Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Abahanzi (RAC), Niragire Marie France yabwiye InyaRwanda, ko muri iyi nama haganiriwe uburyo iri tegeko ryanozwa.

Ariko kandi harasabwa uruhare rwa buri muhanzi kugirango iri tegeko rinozwe, hategurwa ubuhanzi bukorwa kandi bugatunga ababukora.

Ati “Icyo tugiye gufatanya na Minisiteri zitandukanye ndetse n’ibigo byose bifite mu nshingano ishyirwa mu bikorwa ry’iri tegeko, ni ugutanga ibitekerezo muri iryo teka rya Minisitiri bityo icyo twasaba abahanzi ni uko nitubatumira bazitaba karame kugira ngo bagire uruhare mu bikorwa bibareba batanga ibitekerezo bizafasha twe turiho none ndetse n'abandi bazaza mu mwuga w'ubuhanzi mu gihe kiri imbere.”

Niragire yavuze ko n’ubwo bimeze gutya abahanzi “twishimiye intambwe yatewe hakajyaho itegeko rirengera umutungo bwite mu by'ubwenge.”

Akomeza ati “Mu itegeko harimo ingingo zirengera abahanzi zizanabafasha kubyaza umusaruro ibyo bakora, ahagaragaye ko hashobora gutanga icyuho cyatuma abantu batekereza ko ibihangano by'abahanzi byemerewe gukoreshwa ku buntu kubera kudasobanukirwa, Itegeko ryateganije ko hazashyirwaho iteka rya Minisitiri riziba ibyo byuho kandi ryazafasha mu ishyirwa mu bikorwa ry'iri tegeko.”  

Minisitiri Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, aherutse kwizeza abahanzi ko iri tegeko rigiye gusuzumwa kugira ngo ibibangamiye bibe byanozwa.

Mu butumwa bwo kuri X yagize ati “Ingingo ya 301 ya IP Law (intellectual property law) tuzafatanya n’inzego zose zagize uruhare mu gushyiraho itegeko tuyisuzume ibe yanozwa. Abahanzi, ababareberera inyungu, abanyamategeko, aba DJs n’abategura ibitaramo, mwese tuzaganira vuba cyane, dufatanyije tuzabinoza twihangane.”

Ni mu gihe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, yijeje aba bahanzi ko iri tegeko ritazabangamira ibihangano byabo.

Ati “Ku bo mu ruganda rw’ubuhanzi, itegeko riheruka gusohoka ntirizabambura uburenganzira ku mutungo mu by’ubwenge w’ibihangano byanyu.”

Akomeza ati “Inzego zateguye, izemeje ndetse n’izizakurikirana iyubahirizwa ry’iri tegeko, zizatanga umucyo kuri iyi ngingo yihariye, icyayiteye, ndetse n’ibisobanuro by’izindi ngingo, zirimo n’izirebana n’amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rwemeje.”


Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yizeje abahanzi ko iri tegeko rigiye gusuzumwa


Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, aherutse kwizeza abahanzi ko iri tegeko ritazabangamira ibihangano byabo


Umuhanzi Tom Close aherutse kugaragaza ko iri tegeko rikwiye kunozwa rigaha uburenganzira busesuye umuhanzi ku gihangano cye


Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Abahanzi (RAC), Niragire Marie France yatangaje ko batangiye gusuzuma uko iri tegeko ryanozwa, rigafasha abahanzi kwiteza imbere


Inama yahuje Minisiteri n’izindi nzego bireba ndetse n’abahanzi bigiye hamwe uko iri tegeko ryanozwa, yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND