RFL
Kigali

Mr Eazi yashyigikiye gahunda ya Guverinoma y'u Rwanda yiyemeza kugaburira abanyeshuri 10,000

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/08/2024 11:05
0


Umuhanzi w’umunya-Nigeria, Oluwatosin Oluwole Ajibade wamamaye nka Mr Eazi, yashyigikiye gahunda ya Guverinoma izwi nka ‘Dusangire Lunch’ igamije gufasha abanyeshuri gufatira amafunguro ku ishuri, yiyemeza kugaburira abana 10,000 mu gihe cy’umwaka umwe.



Uyu muyamuziki amaze igihe agaragaje ko yakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda. Ndetse, hari imwe mu mishinga ye iri i Kigali irimo nk’amazu ari kubakisha. Yanashoye imari kandi binyuze muri kompanyi yashinze yo gutega ku mukino izwi nka ‘BetPawa’.

Mu butumwa bwo kuri X, Minisiteri y’Uburezi kuri uyu wa Mbere tariki 26 Kanama 2024, yagaragaje ko ishima cyane Mr Eazi wamamaye mu ndirimbo nka ‘Leg Over’, wemeye kwishyurira abantu 10.000 mu mwaka umwe.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Irere Claudette aherutse kubwira RBA ko Leta yatangije iyi gahunda ya ‘Dusangire Lunch’ kubera ko hari ababyeyi bangana na 35% badatanga uruhare rwabo mu kugaburira abana ku ishuri.

Iyi gahunda igamije gufasha abanyeshuri gufatira ifunguro rya Saa Sita ku mashuri. Imibare igaragaza ko muri uyu mwaka w’amashuri 2024/2025, Guverinoma izakoresha asaga Miliyari 90 Frw mu gufasha abanyeshuri gufatira amafunguro ku mashuri.

Ni gahunda yishimiwe n’abantu benshi, ndetse umubare w’abanyeshuri bata ishuri waragabanyutse. Minisitiri Irere avuga ko imibare bakoze umwaka ushize mu 2023, yagaragaje ko ababyeyi batanga inkunga ku bana babo bangana na 65%, bityo ubukangurambaga kuri iyi gahunda bugomba  gukomeza gukorwa.

Ati “Nk’umwaka w’amashuri ushize twabonye ko 65% ari bo batanga umusanzu wabo gusa. Ibyo bivuze ko igitangirwa ku ishuri kiba kidahagije. Hakenewe ubukangurambaga ku babyeyi.”

Akomeza ati “Nk’umunyeshuri wo mu mashuri abanza atangirwa 3000 Frw ku mwaka. Ni amafaranga abanyamujyi bamenyereye kunywamo ikawa. Ni amafaranga adakabije, iyo utanze nk’ibihumbi 10 Frw uba utangiye abana batatu umwaka wose. Ni uruhare rukomeye.” 

Minisiteri y’Uburezi igaragaza ko hari uburyo bwa Mobile Money aho ukanda *182*3*10# ukohereza inkunga yawe mu gushyigikira gahunda ya ‘Dusangire Lunch’.

Guverinoma kandi yagiranye ubufatanye na sosiyete ya Vuba Vuba, aho abanyarwanda batuye mu mahanga bashobora kwifashisha iriya gahunda mu gufasha abana gufatira amafunguro ku ishuri. Umubyeyi ufite umwana wiga amashuri abanza asabwa gutanga 975 Frw cyangwa 1000 Frw ku gihembwe.

Iyi gahunda ya ‘Dusangire Lunch’ yatangijwe ku mugaragaro, ku wa 12 Kamena 2024, itangizwa na Minisiteri y'Uburezi ifatanyije na Mobile Money Rwanda Ltd na Koperative Umwalimu Sacco. Ubu bukangurambaga bwatangirijwe muri Groupe Scolaire Kacyiru II mu Mujyi wa Kigali. Gufatira ifunguro ku ishuri ni gahunda yatangiye mu 2021.

Ni gahunda yagabanyije umubare w’abataga amashuri aho bavuye ku 10%, bagera kuri 4%.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Ltd, Chantal Kagame, aherutse kuvuga ko biyemeje gutanga Miliyoni 30 Frw yo gufasha abanyeshuri 10.000 ku mwaka. Ati ‘‘Ndahamagarira abari mu rwego rw’abikorera kwinjira mu bukangurambaga bwa #DusangireLunch.”

Amafaranga Leta ishyira muri gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yavuye kuri Miliyari 43,5 Frw mu 2021/2022, agera kuri miliyari 90 Frw mu 2023/2024.

 Mr Eazi yatangaje ko yiyemeje ko kwishyurira abanyeshuri 10,000 gufatira ifunguro ku ishuri mu gihe cy’umwaka

Mr Eazi amaze igihe agaragaza ko yakojwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda, yiyemeza gushora imari


Iyi gahunda ya ‘Dusangire Lunch’ ya Guverinoma y’u Rwanda Mr Eazi yinjiyemo, yagize uruhare mu kugabanya umubare w’abana bata ishuri


Minisiteri y’Uburezi yashimiye Mr Eazy washyigikiye gahunda ya ‘Dusangire Lunch’

KANDAHANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘PANADOL’ YA MR EAZI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND