RFL
Kigali

Bushali yasize urwibutso ku mitima y’abakunzi ba Hip Hop bitabiriye igitaramo cya Riderman na Bull Dogg

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/08/2024 23:52
0


Hagenimana Jean Paul uzwi muri muzika nyarwanda nka Bushali, yasize abakunzi ba Hip Hop bitabiriye Icyumba cy’Amategeko badashyize ipfa bagaragaza ko yavuye ku rubyiniro bakimukeneye nyuma y’iminota 20 yamaranye nabo.



Bushali watangiye umuziki mu mpera za 2013 yinjiye ku rubyiniro ahamagawe na B Thery  bafatanya kuririmbana indirimbo bise “Niki” ubundi amusigira urubyiniro akomeza guha ibyishimo abakunzi ba rap bari muri iki gitaramo.

Uyu muraperi wishimiwe bidasanzwe yakiranywe urugwiro binyuze mu ndirimbo “Kurura” yakoranye na Juno Kizigenza, akurikizaho “Igeno”, Kinya Trap kumugongo , nituebwe ayifatanya na B Threy, asoreza muri “Tsikizo”

Uyu muraperi ni umwe mu bishimwe bidasanzwe wabonaga aririmbana n’abakunzi ba muzika indirimbo zose yaririrmbye ugereranyije n’abandi yavuye ku rubyiniro ubona abantu bakimukeneye.

Bushali ni umwe mu baraperi bari kwitwara neza muri iki gihe, amaze kumurika  album eshatu  zirimo  ‘Nyiramubande’, iya kabiri yise ‘Ku gasima’ n’iya gatatu yise ‘!B!HE B!7’.

Uyu musore ni umuhanga mu gushushanya ndetse mu mabyiruka ye yatangazaga benshi, uretse ibyo yanabaye umuririmbyi muri korali muri ADEPR ariko aza kubivamo akomereza umuziki muri Hip hop.


Bushali yahamagaye B-Threy baririmbana indirimbo Nituebwe yabaye ibendera ry'injyana ya Kinya Trap


Bushali yasize urwibutso ku mitima y'abakunzi ba muzika ya Hip Hop

Bushali na B-Threy baririmba indirimbo 'Tsikizo'


Kanda hano urebe amafotomenshi y'uko abantu baserutse muri iki gitaramo cya Riderman na Bull Dogg


AMAFOTO: Serge Ngabo- InyaRwanda.com








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND