Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi yanditse amateka avuguruye mu gitaramo cy’akataraboneka yakoreye mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, aho yafashe umwanya wo guha icyubahiro Judith Babirye wamamaye mu ndirimbo ‘Yesu Beera Nange’.
Cyabaye
igitaramo cya mbere uyu muhanzi yakoreye muri kiriya gihugu, cyabereye mu mbuga
ya Lugogo Cricket Oval isanzwe yakira abantu barenga ibihumbi 15. Yagikoze abanjirijwe n’abandi bahanzi bo muri
kiriya ndetse n’abavugabutumwa bakomeye, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Kanama 2024.
Yitaye
ku kuririmba cyane indirimbo ze zamamaye mu rurumi rw’Ikinyarwanda, ndetse
n’izo yahimbye mu rurimi rw’igiswahili. Israel Mbonyi yaririmbye indirimbo nka
‘Ibihe’, ‘Nina Siri’, ‘Tugumane’, ‘Hari ubuzima’, ‘Nturi wenyine’,
‘Nk’umusirikare’ n’izindi.
Ibinyamakuruu byo muri Uganda, bivuga ko mu gitaramo hagati uyu muhanzi yafashe umwanya wo
kuririmba indirimbo ‘Yesu Beera Nange’ ya Judith Babirye mu rwego rwo kumuha
icyubahiro nk’umuhanzi ufite amateka akomeye mu muziki wa ‘Gospel’ mu karere
k’Afurika y’Iburasirazuba.
Judith
ari mu bahanzi bakoze ibihangano byatumye Uganda ivugwa cyane ku ruhando
mpuzamahanga. Muri iki gihe, ni umuvugabutumwa mu itorero “New Life Deliverance
Church", itorero riherereye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’Umujyi wa
Kampala muri Uganda.
Hagati
ya 2016-2021 yabaye Umudepite mu Inteko Ishinga Amategeko ahagarariye Intara ya Buikwe. Uyu mugore afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye
n’ubuhanzi n’ubukerarugendo yakuye muri Makerere University.
Mu
2006 nibwo yakoze indirimbo yahinduye amateka y’ubuzima bwe yitwa ‘Yesu Beera Nange’
yacuranzwe igihe kinini ku bitangazamakuru by’imbere mu gihugu, mu bihugu byo
mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba n’ahandi.
Ariko kandi yanasohoye indirimbo zirimo nka "Wambatira", "Omusaayi gwa Yesu", "Ekitibwa kyo Mukama", "Maama" n’izindi.
Afite
ku isoko Album enye zirimo ‘Beera Nange’ yasohoye mu 2006, mu 2007 yasohoye
Album ‘Yesu Asobola’, mu 2008 ashyira hanze Album ‘Nzijukira’ ni mu gihe mu
2011 yasohoye Album ‘Wanjagala’.
Israel
Mbonyi yaririmbye afatanyije n’abanya-Uganda n’abandi bitabiriye iki gitaramo.
Ashingiye ku gisobanuro cy'izina rye, yumvikanishije ko Imana yamugize icyambu.
Mu butumwa bwo ku rubuga rwa X, Israel Mbonyi yagaragaje ko yakozwe ku mutima n’urukundo yeretswe muri iki gitaramo cy’akataraboneka n’urwibutso kuri we.
Nk’umusirikare
niwe, utajya usubirinyuma- Ubwo Israel Mbonyi yaririmbaga indirimbo yitiriye
Album ‘Nk’umusirikare’
Israel
Mbonyi yaririmbye indirimbo ‘Yesu Beera Nange’ mu rwego rwo kunamira
umuhanzikazi Judith Babirye
Israel
Mbonyi yanditse amateka avuguruye yuzuza ikibuga cya Crictek Oval Lugogo
cyakira abantu barenga ibihumbi 50
Pastor Bugingo ndetse n’umugore we Suzan Makula ari mu
bitabiriye iki gitaramo
Umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza
Imana, Birungi Jowenah yahawe umwanya aririmba muri iki gitaramo
Pasiteri Imelda yabwirije muri iki gitaramo cya mbere Israel Mbonyi yakoreye muri Uganda
Abarenga ibihumbi 15 bitabiriye igitaramo cya Israel Mbonyi muri Uganda
Abacuranzi bafashije Israel Mbonyi ku rubyiniro mu gitaramo yakoreye muri Lugogo Cricket
Abaririmbyi b'abakobwa bafashije Israel Mbonyi mu gitaramo
Judith wabaye umuhanzi ukomeye mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba binyuze mu ndirimbo 'Yesu Beera Nange'
TANGA IGITECYEREZO