RFL
Kigali

Yakirijwe ibendera! Kidum yanditse amateka avuguruye, Jules Sentore aratungurana- AMAFOTO 50+ VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/08/2024 1:51
0


Umuhanzi Nimbona Jean Pierre [Kidum Kibido] ufite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, yataramiye abafana be muri Camp Kigali mu gitaramo “Soirée dansante” cyari kigamije kwishimira ibitaramo birenga 100 uyu muhanzi amaze gukorera mu Rwanda.



Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Kanama, Kidum Kibido wari umaze iminsi ageze mu Rwanda ndetse yitegura igitaramo, bataramiye abakunzi be baherereye mu Rwanda ndetse anashyigikirwa n’Abarundi benshi batuye mu Rwanda.

Ni igitaramo cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Si ubwa mbere ahakoreye amateka, kuko mu 2022 binyuze mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction, yararirimbye ataha abantu bamwirahira bitewe n’uburyohe yabasigiye.

Mu masaha y’umugoroba, Dj Bisoso niwe wabanje gucurangira abitabiriye iki gitaramo yisunze zimwe mu ndirimbo za Kidum ndetse n’izindi ndirimbo zitandukanye ziganjemo izo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba.

Nyuma y’uko Dj Bisoso asusurukije abitabiriye, Shauku Band yamwakiriye ikomeza gususurutsa abantu bifashishije indirimbo zakunzwe cyane hano mu Rwanda harimo na zimwe za karahanyuze.

Baririmbye indirimbo nka ‘When a women loves’ ya R-Kelly, ‘Longtime’ ya Amir, ‘Kuliko Jana’ ya Sauti Sol, ‘Three Little Birds’ ya Bob Marley, ‘Lala Long’ ya Inner Circle, ‘Nyirabisabo’ ya Kipeti, ‘Waaah’ ya Diamond, ‘Wanyeretse urukundo’ ya Makanyaga Abdul n’izindi.

Mu gihe kitarambiranye, Kidum Kibido yinjiye ku rubyiniro ari kumwe n’ababyinnyi be babarizwa muri Boda Boda ndetse aninjirira mu ndirimbo “Vimba Vimba” izwi na buri wese haba umuto cyangwa ukuze.

Kidum waraye avuze ko impamvu ituma ahora akunzwe n’abantu benshi ari uko atajya akora inkuru zo gutwika, yabigaragaje muri iki gitaramo kuko yanyuzagamo agatuza hanyuma abafana be bakiririmbira indirimbo ze hanyuma nawe akabatega amatwi nk’umufana.

Mu gukomeza kwigarurira amarangamutima y’abafana be, Kidum n’ababyinnyi be bageze aho baryama hasi hanyuma bakomeza kuririmba no gucuranga baryamye hasi ari nako buri wese amaranira kubareba.

Nyuma yo kubona ko abantu bamwishimiye, Kidum n’ababyinnyi be bururutse hanyuma basanganira abafana bakomeza kubyina bahuza urugwiro bajya hirya agaruka hino ibyishimo ari byose.

Si ibyo kandi, Kidum wagiye agaragaza ko ashyigikiye amahoro hagati y’ Burundi n’u Rwanda, yongeye gushimangira ko ibi bihugu ari ibivandimwe bityo haba Umunyarwanda cyangwa Umurundi bose ari abavandimwe.

Umwe mu basore wari witwaje ibendera ry’u Burundi, yamusanganiye ku rubyiniro ararimushyikiriza. Mu bihe bitandukanye, uyu muririmbyi yaririmbye afite ibendera ry’u Burundi, ariko kandi yanyuzagamo agasaba abakunzi be bitwaje iry’u Rwanda kurimuha.

Nyuma yo kwibutsa ko u Rwanda n’u Burundi ari abavandimwe, yasabye ababyinnyi gakondo bahagararira buri gihugu hanyuma begera imbere bajya ku rubyiniro bataramana nawe mu mbyino gakondo.

Jules Sentore yatunguranye muri iki gitaramo!

Nyuma yo kubyina izi mbyino gakondo, Umuhanzi Sentore Jules yatunguranye mu gitaramo aririmba indirimbo ze zitandukanye ndetse ahishura ko yiyeguriya umuziki nyuma y’uko akozwe ku mutima n’indirimbo za Kidum Kibido.

Ku rubyiniro, Jules yaririmbye indirimbo ‘Kumushaha’ ya Kidum agaragaza ubuhanga bukomeye ubwo yayiririmbaga. Yavuze ko yinjiye mu muziki kubera indirimbo ziri kuri Album ya mbere ya Kidum yakunze mu buryo bukomeye.

Uyu muhanzi yavuze ko buri ndirimbo yose Kidum yaririmbye ayizi, kuko ariwe muhanzi afatiraho urugero.

Mu gihe cy’iminota irenga itanu yamaze ku rubyiniro, Kidum yagiye amwitegereza, ndetse yanyuzagamo agashima ibikorwa bye, asoje yamushimiye cyane.

Mu rwego rwo gufatana akaboko mu muziki, binyujijwe kuri screen yari imbere y’abantu, hanyujijwemo ubutumire bw’igitaramo “Icyumba cy’Amategeko” cya Riderman na Bulldog giteganyijwe none ku wa gatandatu tariki ya 24 Kanama muri Camp Kigali.

Nyamara n’ubwo nta bandi bahanzi benshi Kidum yari yatumiye, yagize kuva ku rubyiniro nta muntu ushaka ko avaho ahubwo banyotewe no gukomeza gutaramana nawe cyane ko ibihangano amaze gukora mu myaka 40 amaze mu muziki atabiririmba mu gitaramo kimwe ngo abiheture. 

Kidum yavuye ku rubyiniro ahagana saa sita z’ijoro ashimirwa uko yataramiye abakunzi be. Mu gitaramo hagati yagiye ashimira bamwe mu bantu baziranyi igihe kinini. Yaririmbye indirimbo nka ‘Birakaze’ yakoranye na Alpha Rwirangira, Intimba y’urukundo, ‘Amasozi y’urukundo’, ‘Hakizimana’, ‘Ubushikiranganji’, ‘Vimba Vimba’ yakoranye na 3Hills, ‘Yameneje’, ‘Nitafanya’ n’izindi zinyuranye.

Yanditse amateka avuguruye!

Ni ubwa mbere Kidum akoze igitaramo nyuma y’uko asezeye abafana akagaruka ku rubyiniro. Niko byagenze muri iki gitaramo.

Uyu mugabo ubariza mu gihugu cya Kenya, yaririmbye yitaye cyane ku ndirimbo ze zakunzwe mu bihe bitandukanye. Ahagana saa tanu z’ijoro yasezeye ku bakunzi be, avuga ko igihe kigeze kugirango asoze igitaramo, niko byagenze kuko yavuye ku rubyiniro.

Yamanutse ageze muri ‘Back Stage’ abantu bavuza akaruru bavuga ko agiye adasoje, maze agaruka ku rubyiniro aririmba indirimbo 10.

Kidum yavuze ko yatunguwe n’urukundo yeretswe n’abanya-Kigali, byanatumye agaruka ku rubyiniro. Mu gihe cy’isaha irenga, yagiye mu bafana bafatanya kuririmba, arabasuhuza, abafata amafoto bari kumwe, yifashisha ababyinnyi be kubyina gakondo, ubundi ava ku rubyiniro avuga ko ibyo yari afite byose yabitanze. 



Kidum yahawe ibendera ry'u Burundi, ashima urukundo yeretswe


Kidum yifashishije abaririmbyi babarizwa mu itsinda rya Boda Boda yashinze


Ifoto igaragaza Isaha Kidum yaserukanye muri iki gitaramo yakoreye muri Camp Kigali





Igor Mabano na Producer Prince Kiiiz mu bitabiriye igitaramo cya Kidum


Kidum yahamagaye ku rubyiniro abarimo Jules Sentore na Aimable Twahirwa

Kidum yakoresheje imbaraga nyinshi ku rubyiniro ku buryo yagiye afata akanya akicara

 

Kidum azi guhuza n'abaririmbyi be, ku buryo iyo bigeze ku kubyina no gukora udukoryo bahuza 





Kidum afite abacuranzi b'abahanga asanzwe akorana nabo mu bihe bitandukanye



Jules Sentore na Angel bari bizihiwe muri iki gitaramo cyo kwizihiza ibitaramo birenga 100 Kidum yakoreye i Kigali 




Imbere y'ibihumbi by'abantu, Kidum yanditse amateka avuguruye mu muziki





Buri wese yabyinaga uko ashoboye muri iki gitaramo cyabereye muri Camp Kigali





Aimable Twahirwa [Uri iburyo], wafashije igihe kinini Kidum gukorera ibitaramo mu Rwanda yamushyigikiye no muri iki gitaramo


Itsinda rya Angel na Pamella ndetse na Dj Pius bizihiwe muri iki gitaramo cyihariye kuri Kidum



Itsinda rya Shauku Band ryacuranze mu gihe cy'isaha irenga bitaye ku ndirimbo zakunzwe cyane  






Jules Sentore yizihiwe aririmba indirimbo 'Kumushaha' ya Kidum




Dj Bisoso usanzwe akorera Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru (RBA) yavanze umuziki biratinda


Uruganda rwa SKOL rwari rwateguye ibyo kunywa cyane cyane ikinyobwa cya Skol Malt


Umunyamakuru Kate Gustave wari umushyushyarugamba muri iki gitaramo







Abasore babarizwa muri 'Tiger Gates' bacunga umutekano mu bitaramo nk'ibi bihuza ibyamamare 


Abakobwa bo muri Kigali Protocol bakoze akazi muri iki gitaramo bakira abitabiriye


HASOBANUWE IMPAMVU KIDUM YATUMIWE KONGERA GUTARAMIRA I KIGALI

">

SHAUKU BAND YACURANZE IBANZIRIZA KIDUM KU RUBYINIRO MBERE Y'UKO ATARAMA

">

KATE GUSTAVE YAKOZE ISESENGURA KU BITARAMO BYINSHI BYA KIDUM YITABIRIYE

">

ANGE NA PAMELA BAVUZE KU RWIBUTSO BAFITE KU BITARAMO BYA KIDUM BITABIRIYE

">

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze igitaramo cya Kidum muri Camp Kigali

AMAFOTO: Ngabo Serge- InyaRwanda.com

VIDEO: Dox Visual- InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND