Nk’uko bisanzwe bigenda mu mpera za buri Cyumweru, InyaRwanda ibagezaho urutonde rw’indirimbo nshya z’abahanzi barimo abamaze kugera ku rwego rukomeye n’abakizamuka.
Ikigamijwe ni ugutanga umusanzu mu iterambere ry’umuziki no gufasha abadukurikira kuruhuka no kunogerwa n’impera z’icyumweru. Kuri iyi nshuro abahanzi batandukanye bakoze mu nganzo batanga ibihangano bishya.
Kuri ubu, abahanzi nyarwanda baba abakora umuziki usanzwe, uwo kuramya no guhimbaza Imana ndetse n'abakora umuziki gakondo bose bakoze mu nganzo.
Shaffy
uri mu bahanzi bakorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ni umwe mu
bakoze mu nganzo, ndetse ashyira hanze indirimbo ‘Bailando’ igaragaramo
umuhanzikazi wagwije ibigwi, Princess Priscillah [Scillah].
Mu minsi yashize ni bwo
Shaffy yatangiye kwamamaza indirimbo yise ‘Bailando’, ikaba ari indirimbo
ashyize hanze nyuma ya ‘Bana’ yakoranye na Chriss Eazy yaciye ibintu.
Ubwo yashyiraga hanze
integuza yayo, benshi bagaragaje ko bafite inyota yo kumva igihangano cy’uyu
musore ariko ikibazo gikomeza kuba umukobwa yifashishije mu mashusho.
Icyo gihe ntabwo uyu
mukobwa yagaragaraga mu maso. Kuri uyu wa 15 Kanama 2024 ni bwo Shaffy yashyize
hanze iyi ndirimbo yumvikanamo amagambo meza y’urukundo.
Ni indirimbo yitabajemo
Princess Priscillah uzwi nanone nka Scillah, umuhanzikazi ufitanye indirimbo
zakunzwe n’abarimo The Ben bahuriye muri "Ntacyadutanya" na Meddy
bakoranye "Nka Paradizo".
Dore urutonde rw’indirimbo
10 InyaRwanda yaguhitiyemo zakwinjiza neza muri weekend:
1.
Bailando – Shaffy
2.
Tsinda – Massamba Intore
3.
Intsinzi – Muyango
4. I Can Fly - Khalifan Govinda
5. Sibyange – Yampano
6.
Ibyo Birabareba – Yago
7.
La Vie – Prince Salomon
8.
Hareruya – Remedy Kongwe
9.
Siendi Bila Asante – Josh Ishimwe
10.
Inzira, Ukuri n’Ubugingo – Sharon Gatete ft Jonathan Ngenzi
Bonus: Gutabarwa - Jado Kelly
TANGA IGITECYEREZO