RFL
Kigali

Cyusa Ibrahim agiye gutaramira muri Uganda mu gitaramo gikosha

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:12/08/2024 11:29
0


Umuhanzi mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim ari mu myiteguro yo kujya gutaramira mu gihugu cya Uganda mu gitaramo cye cya mbere azaba ahakoreye. Avuga ko ageze kuri iyi ntera biturutse ku muhate n’ubushake yashyize mu rugendo rwe rw’umuziki mu gihe cy’imyaka itanu ishize yiteguriye iyi nganzo.



Uyu muhanzi wamenyekanye cyane binyuze mu ndirimbo zirimo nka ‘Migabo’, ‘Marebe’ n’izindi yabwiye InyaRwanda ko yatumiwe muri iki gitaramo cyiswe ‘Mpororo Culture Connect” bigizwemo uruhare n’abanyarwanda n’abandi batuye mu Mujyi wa Kampala.

Ati “Ni igitaramo cy’abantu bo muri Kampala baturutse ‘Mpororo’ n’abanyarwanda batuye Kampala bishyize hamwe. Bantumiye muri ubwo buryo rero ku Cyumweru tariki 18 Kanama 2024 nibwo nzakora icyo gitaramo.”

Iki gitaramo kandi kizarangwa n'ibirori byo kumurika imyambaro inyuranye yahanzwe. Kwinjira ni Miliyoni 1 y'amashilingi [357,136.51Frw] mu myanya yiswe iya 'Gold', ibihumbi 500 y'amashilingi [178,568.25 Frw] mu myanya yiswe iya 'Silver' n'ibihumbi 30 y'amashilingi [10,714.10 Frw] mu myanya yiswe iya 'Bronze'.

Yavuze ko iki gitaramo kizarangwa n’imico inyuranye y’abatuye Kampala, abo muri Mpororo bavugira inka n’abandi banyuranye. Avuga ko gutumirwa kuririmbira muri Uganda, byamushimishije kandi biri mu murongo wo kwagura urugendo rwe rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga ataramira mu bihugu byo mu mahanga.

Ati “Navuga ko ari urugendo rukomeje rwo gutaramira abakunzi banjye aho bari mu bihugu bitandukanye byo ku Isi, nkoresheje inganzo yanjye. Rero niteguye kuzatanga ibyishimo muri Uganda, kandi ni ku nshuro yanjye ya mbere nzaba mpageze.”

Cyusa Ibrahim amaze iminsi mu bitaramo byo kwizihiza intsinzi ya Perezida Paul Kagame byabereye mu bice bitandukanye by’u Rwanda.

Ariko kandi ku wa 26 Gashyantare 2024 yataramiye Abanyarwanda mu gitaramo cy’Umuco “Rwanda Cultural Day in UK" cyabereye mu gihugu cy’u Bwongereza mu Mujyi wa New Castle.

Ni igitaramo cyaranzwe no gutarama, ndetse hanatanzwe inyigisho zibereye urubyiruko, zijyanye no kubakundisha umuco Nyarwanda.

Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza ivuga ko ‘byari ibyishimo ubwo twafunguraga ku mugaragaro umunsi w’umuco w’u Rwanda i Newcastle’. Muri iki gitaramo kandi, bamwe mu banyarwanda bagaragaje bimwe mu bikorwa bishamikiye ku muco bakora. Ni ubwa mbere Cyusa Ibrahim ataramiye mu Bwongereza.

Cyusa ni umutaramyi wa cyane wisanzuye mu Kinyarwanda, akaba umuhanzi watwawe n’injyana Gakondo. Yabonye izuba ku wa 13 Nyakanga 1989.

Ni mwene Rutare Pierre, se w’umuhanzi w’umubiligi “Stromae” usigaye ubifatanya no kumurika imideli. Stromae avuka kuri nyina w’Umubiligikazi Miranda Marie Van Haver mu gihe Cyusa avuka kuri nyina w’umunyarwandakazi.

Cyusa yavuze ko mu gitaramo cye azita ku ndirimbo nshya abantu batarumva, ndetse azaririmba nyinshi mu ndirimbo ziri kuri album ze zabanje.

Uyu munyamuziki wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Marebe’ yinjiye mu muziki mu mwaka wa 2015, ariko yamenyekanye cyane muri 2019, mu bitaramo yagiye akora byateguwe n’abandi, kuririmba mu bukwe ari kumwe n’itorero rye ‘Cyusa n’Inkera’ n’ibindi.

Cyusa Ibrahim ariko agaragaza ko gukurira mu itorero afite imyaka 5 y’amavuko, ndetse no kumva ibiganiro byibanda ku muco byatambukaga kuri Radio Rwanda, byabaye imvano yo gukora umuziki wubakiye kuri gakondo y’Abanyarwanda kugeza n’uyu munsi.


Cyusa Ibrahim yatangaje ko agiye gutaramira ku nshuro ya mbere mu gihugu cya Uganda


Cyusa yavuze ko yiteguye guserukira neza u Rwanda muri iki gitaramo kizahuza Abanyarwanda n’abandi batuye mu Mujyi wa Kampala


Cyusa yavuze ko iki gitaramo kizarangwa n’imico inyuranye y’abatuye Mpororo na Uganda


Iki gitaramo kizaba ku wa 18 Kanama 2024 aho kwinjira mu myanya ya ‘Gold’ ari ukwishyura arenga ibihumbi 357 Frw 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘TWATSINZE’ YA CYUSA IBRAHIM

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND