RFL
Kigali

Bakoze ubukwe abandi bambara amajipo! Impuha 10 z'akasamutwe zaganishaga ku gushyira hanze indirimbo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/08/2024 6:56
0


Umunyamakuru ukora ubuhanzi, Nyarwaya Innocent (Yago), yigeze kuvuga ko kuva yakwinjira mu muziki abantu bamuhimbiye ibinyoma ubutitsa hagamijwe kumusiga icyasha, ariko bitandukanye n’ibyo abantu bamenyereye by’uko iyo bamwe mu bahanzi bagiye gusohora indirimbo bategura impuha zituma buri wese ashidukira kureba indirimbo zabo.



Ibi bizwi nka ‘Prank’! Ibihumbi by’abantu ku Isi bifashishije iyi ngingo mu guteguza ibihangano byabo, ariko kandi hari abantu babikora bikababyarira inyungu bitandukanye n’ibyo bamwe mu bahanzi bo mu Rwanda bakora bagamije gusa kwamamaza indirimbo.

Mu bihe bitandukanye ushobora kuba warabonye amashusho y’umuhanzi n’inkumi bakururana ugakeka ko bari mu rukundo, ariko bwacya abantu bakabona ari indirimbo bateguraga.

Ushobora no kuba warumvise amajwi y’inkumi iganira n’umuhanzi imucyurira ko yamuteye inda, ariko akaba yaramutereranye, mbese yirengagije inshingano za kibyeyi.

Ni byinshi wagiye ubona ariko ugatungurwa no gusanga uwo muhanzi yakoze icyo gikorwa agamije gusa kwamamaza no guteguza indirimbo ye nshya.

InyaRwanda igiye kugaruka ku bintu 10 byakozwe n’abahanzi bagamije guteguza indirimbo zabo.


1.Davis D yaciye ibintu mu majwi n’inkumi

Mu ijoro ryo ku wa 15 Ukuboza 2020, hasohotse amajwi ya Davis D aganira kuri telefone n’umukobwa witwa Aisha wamushinjaga kumwirengagiza nyuma yo kumwicarika mu modoka ihenze akamwishyurira inzu buri kwezi yarangiza akishimisha muri iyi mitungo n’izindi nkumi.

Muri ayo majwi yagiye hanze afite iminota 34 n’amasegonda 53’, Aisha yatangiraga abwira Davis D ko bitumvikana ukuntu kuva yajya Dubai atigeze amuvugisha, akongera kumuvugisha ari uko agarutse mu Rwanda.

Ikiganiro cyabo gitangira kiryoshye! Davis D abwira Aisha ko batigeze bavugana bitewe n’uko gukoresha WhatsApp uri Dubai bitoroha, undi akamubwira ko afiteyo inshuti nyinshi bajya bavugana mu bihe bitandukanye bifashishije uru rubuga.

Davis D yabwiraga Aisha ko adakwiye gufuhira umukobwa yakoresheje mu ndirimbo kuko atazi neza urwego uyu mukobwa ariho. Ndetse ko uyu mukobwa atamwishyuye kugira ngo amwifashije mu ndirimbo, bityo ko badakwiye kumupfa kandi ko nta gahunda yari afite yo kumutereta.

Aisha yabwiye Davis D ko ibyo baganiriye byose yabifashe (Recording). Davis D amubwira ko muri gahunda afite hatarimo no kubyara muri iki gihe. Ati “Nta mwana uri muri gahunda…Ibyo bintu kuki wabyihereranye ntubimbwire?

Ibi byose byagiye hanze mu gihe Davis D yiteguraga gushyira indirimbo hanze. Kuko ibyavugiwe muri kiriya kiganiro nta kuri kwari kurimo.



2.Urukundo rwa Juno Kizigenza n’umuhanzikazi Ariel Wayz

Inkuru y’urukundo rwa Juno Kizigenza na Ariel Wayz ruvuzwe igihe kinini kugeza ubwo bombi banakoranye indirimbo y’amateka yitwa ‘Away’-. Banaherutse guhurira mu ndirimbo bise ‘Injyana’ yamamaza Perezida Paul Kagame.

Uru rukundo rwahimbwe binyuze ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’umugambi wacujwe n’umuntu ababwira ko ari byo byabafasha kwamamaza ‘Away’ bakoranye.

Inkuru y’urukundo rwabo imaze igihe yumvikana mu itangazamakuru, abantu bayihererekanya ku mbuga mpuzabantu. Gusa, hari abantu batayemera, bavuga ko ari uburyo bwo gushaka kuvugwa.

Mbere y’uko uyu mukobwa asohora amashusho y’indirimbo ‘Away’, hari amashusho yabanje gusohoka asomana na Juno Kizigenza.

‘Away’ yabaye ‘Away’! Yatumye bahabwa ikiraka cyo kuririmba mu mikino ya Basketball, abakunze iyi ‘couple’ babasamira hejuru.

Banayiririmbye mu gitaramo umunya-Nigeria Rema yakoreye muri Kigali mu minsi ishize. Kuri shene ya Youtube, imaze kurebwa n’abantu basatira miliyoni 3.

Ndetse ubwo yasohokaga mu gihe gito yaciye agahigo ko kuzuza miliyoni 1, Ariel na Juno babimburira abandi bashya kwigaragaza mu muziki mu gihe gito.

Mu mpera z’Ukuboza 2021, Ariel Wayz yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko yatengushywe mu rukundo n’uwo yitaga umukunzi we.

Ati “Gutenguhwa ntabwo bijya bishira, nibwiraga ko uyu atandukanye n’abandi ariko ndakeka naribeshye.”

Amakuru yizewe agera kuri InyaRwanda, avuga ko Ariel Wayz yatangiye kwiyumvamo Juno Kizigenza biturutse ku bantu bagiye babashyingira ku mbuga nkoranyambaga na mpuzabantu.

Ibi ngo byagaragariraga abashinzwe kureberera inyungu z’aba bahanzi, ariko bakabifata nk’ubushuti busanzwe kandi bukwiye gukomeza gukura cyane ko bahuriye mu kibuga cy’umuziki.

Ikindi ngo byagoraga buri wese kwiyumvisha ko Ariel Awayz na Juno Kizigenza badakundana, ashingiye ku mafoto n’ibindi bikorwa yakoraga bituma ibyo abantu bibazaga babishyira mu bikorwa.

Urukundo rwa Juno Kizigenza na Ariel Wayz ngo rwanakomejwe n’uko inshuti zabo ziziranye cyane, ku buryo bisanzuranagaho mu bihe bitandukanye.


3.Rocky na Carmene baciye ibintu bateguza indirimbo ‘Bambe’ ya Papa Cyangwe na Social Mula

Ku wa 17 Kanama 2021, amafoto ya Rocky Kirabiranya n’umukobwa witwa Carmene usanzwe ari umukinnyi wa filime yibajijweho n’abantu benshi batandukanye bamwe bati ‘Nta Gikwe’ abandi bati 'barabeshya'.

Yatumye benshi batekereza ko Rocky yakoze ubukwe na Carmene, ariko mu by’ukuri aya mafoto yafashwe mu gihe bari mu ifatwa ry’amashusho ‘Bambe’ ya Papa Cyangwe n’umuhanzi Social Mula.

Amashusho yabo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga z’abantu batandukanye barimo n’ibyamamare, maze iyi nkuru y’ubukwe bayitiza umurindi ‘igikwe’ kiba ‘igikwe’.

Impamvu iyi nkuru yafashe intera ni uko Rocky Kirabiranya ari mu bimakaje ijambo “nta gikwe nta myaka ijana” mu gutebya  byo mu kazi ke ko gusobanura filime mu rwego rwo kubakundisha ibyo akora.

Iyi ndirimbo yashyizwe kuri shene ya Rocky Entertainment ariko ntikigaragara kuko ibihangano bya Papa Cyangwe byakuweho. Ariko kandi uyibona ku izindi shene, ndetse Papa Cyangwe aherutse kuyishyira kuri shene yari aherutse gufungura.   


4.Yverry yagarutsweho avugwaho gutandukana n’umukunzi we

Mu mpera za Nzeri 2021 n’intangiriro z’Ukwakira 2021, hasakaye inkuru zavugaga ko Rugamba Yves wamamaye nka Yverry yatandukanye n’umukunzi we-Muri iki gihe ni umugore we, kuko bakoze ubukwe mu birori byabaye ku wa 13 Kamena 2022.

Abavugaga ibi bashingiraga ku kuba bombi barasibye amafoto bari bahuriye ku mbuga nkoranyambaga. Ariko kandi si amafoto y’umukunzi we yari yasibye, kuko yanasibye amafoto y’umubyeyi we n’abavandimwe be.

Ariko bidateye kabiri, uyu muhanzi ku wa 5 Ukwakira 2021, yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Mu ijuru’ yahimbiye Vanessa nk’impano ikomeye yamutuye.

Ni indirimbo yasohotse mu gihe yari amaze iminsi ahaganye n’inkuru z’abantu bavugaga ko yatandukanye n’umukunzi we.


5.Bruce Melodie yavuze ko Meddy na The Ben ari abenebwe

Ku wa 12 Werurwe 2021, hasohotse amajwi ya Bruce Melodie yishongora ku bahanzi bagenzi be, barimo Meddy na The Ben. Yavugaga ko ari abenebwe, kuko bagiye bacika intege mu muziki, kandi byagaragariye buri wese mu bihe bitandukanye.

Ati “Buriya rero igihe kirageze ko ibintu bisobanuka njye ibyo bintu byawe nta kintu na kimwe cyatuma mbyumva kimwe nawe. Abo basore banyu b’abahanzi nta kintu cyatuma ungereranya nabo, erega iki ni igihe cyanjye! Ntabwo ari ibintu byo kwikina kuko kwikina ni ukwivuga ibintu bitari byo.”

Akomeza ati“Aba basore icya mbere cyo ni abanebwe babi. Abantu basohora akaririmbo kamwe mu mwaka, icyamamare ndakora, ngaho shaka ikintu na kimwe mpuriyeho na bariya basore.”

Aya magambo yatumye ahundagazwaho ibitutsi n’abantu benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga. Ariko kandi yayavuze acira inzira indirimbo ye yise ‘Bado’ imaze kurebwa n’abantu barenga Miliyoni 3 ku muyoboro we wa Youtube.

6.Indirimbo ‘Sikosa’ ya Kevin Kade, The Ben na

Kevin Kade amaze iminsi agaruka mu mitwe ya benshi, nyuma y’uko ateguje isohoka ry’indirimbo ye ‘Sikosa’ ariko abantu bagategereza bagaheba

Ni indirimbo yahuriyemo na Element ndetse na The Ben. Kandi yakorewe muri 1:55 AM itanzweho arenga Miliyoni 2 Frw.

Amakuru avuga ko ubuyobozi bwa 1:55 AM bwanze ko iyi ndirimbo isohoka Element yumvikanamo kuko bamushinja kurenga ku masezerano bagiranye.

Ariko kandi yahawe amahirwe abiri; guhitamo gutanga arenga Miliyoni 500 Frw kugirango iriya ndirimbo isohoke yaririmbyemo, cyangwa se guhitamo ko iriya ndirimbo isohoka ijwi rye ritumvikanamo.

Nubwo bimeze gutya ariko hari abatekereza ko ibi byakozwe mu rwego rwo kwamamaza no guteguza iriya ndirimbo ‘Sikosa’.



7. Urukundo rwa Chriss Eazy na Pascaline witabiriye Miss Rwanda

Umuhanzi Chriss Eazy wo muri Giti Business Group yavuzwe cyane mu rukundo n’umukobwa witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2022.

Ni umwe mu bakobwa bagarutsweho cyane mu itangazamakuru, ariko kandi amarangamutima ye kuri Chriss Eazy yagiye amuganza ku buryo hari abagiye batekereza ko bakundana.

Kugeza ubu, Chriss Eazy ndetse na Umuhoza Pascaline nta n’umwe urabasha kuvugira mu itangazamakuru, ibijyanye n’urukundo rwabo.

Ariko kandi inkuru zabo zakajije cyane umurego mu gihe Chriss Eazy yiteguraga gusohora amashusho y’indirimbo ye ‘Basi Sorry’ yakoranye na Paccy wo muri TNP.

 

8.Mico The Best yaserukanye mu ikanzu

Ku wa 10 Ugushyingo 2023, Mico The Best yaratunguranye ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze amafoto abiri amugaragaza yambaye ijipo yitwaje n’agakapu k’abagore hafi aho.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga batangiye kwandika ibitekerezo byinshi bibaza icyabaye kuri we, abandi bakavuga ko ari kwisanisha n’abagore.

Ariko kandi yashyize hanze aya mafoto mu rwego rwo gukomeza urugendo rwo kwamamaza indirimbo ye yise ‘Inanasi’ yasohotse ku wa 20 Ugushyingo 2023.



9.Element mu mutaka w’urukundo na Ruzindana witabiriye Miss Rwanda

Buri gihe, uko Element agiye gushyira hanze indirimbo abazwa iby’urukundo rwe na Kelia Ruzindana wegukanye ikamba rya Nyampinga w’umuco muri Miss Rwanda 2022.

Urukundo rwabo rwavuzwe cyane uyu mukobwa akigaragaza inyota yo guhatana muri ariya marushanwa. Ariko kandi, Element yagiye yumvikana avuga ko adakundana n’uriya mukobwa.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Element yavuze ko Kelia ari inshuti ye. Ati“Kelia ni inshuti yanjye ntabwo twigeze dukundana, abantu iyo bamuvuga bamubara nk’uwagiye kandi rwose turacyari inshuti gusa ntabwo twakundanye.”


10.Amashusho ya Alyn Sano akata ‘Cake’

Muri Gicurasi 2022, amashusho agaragaza Alyn Sano arimo asa n’umusoma ’Cake’ ikoze mu ishusho y’igitsina cy’umugabo, yaciye igikuba ku mbuga nkoranyambaga.

Benshi bacitse ururondogoro nyuma yo kubona amashusho atamenyerewe ya Alyn Sano asa n’uwishimishiriza kuri ‘gateau’ ikoze nk’igitsina cy’umugabo.

Iyi ‘video’ yerekanaga Alyn Sano yicaye ku ntebe imbere ye ku meza hateretse ‘gateau’ ikoze mu ishusho y’igitsina cy’umugabo ubundi afata icyuma n’ikanya asa n’ushaka gukata ngo ayiye. Ahandi agaragara asa n’ushaka kurigata ku dusabo tw’intanga.

Icyo gihe, Alyn Sano yavuze ko ariya mashusho ari mu ndirimbo ye ‘Fake Gee’ yiteguraga gushyira hanze, ariko kandi yiseguye ku bantu bose bababajwe nayo.

Ati “Biriya twabikoresheje nk’imfashanyigisho, ndisegura ku wo byaba byabangamiye.”

 

Kelia Ruzindana wavuzwe mu rukundo kuva mu 2022 na Producer Element wo muri 1:55 AM




Umuhoza Pascaline yagarutsweho cyane mu itangazamakuru avugwa mu rukundo na Chriss Eazy  





KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'BAMBE' YA PAPA CYANGWE NA SOCIAL MULA

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'INANASI' YA MICO THE BEST

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MU IJURU' YA YVERRY

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND