RFL
Kigali

Turasengera he? Insengero zikomeye wasengeramo i Kigali mu gihe izirenga 5,000 zafunzwe mu Rwanda

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:3/08/2024 22:17
0


Kuri ubu kuvuga ko urusengero rwafunzwe nta nkuru irimo na cyane ko izirenga ibihumbi bitanu zimaze gufungwa mu Rwanda, ahubwo benshi bafite amatsiko yo kumenya insengero zitafunzwe kugira ngo bazisengeremo kuri iki Cyumweru.



Nyuma yo kwitaba telefone nyinshi zimbaza amakuru y'insengero naba nzi basengeramo kuri iki Cyumweru, natekereje iyi nkuru. Kumenya aya makuru ntibyari byoroshye kuko hari abapasiteri wahamagaraga babona ko ari umunyamakuru ubashaka, telefone bakayirya urwara. Ntiwabarenganya kuko muri iyi minsi imitima ya benshi muri bo irahagaze.

Mu banyamadini baganiriye na InyaRwanda, bavuze ko basuwe n'inzego zishinzwe iri genzura, batangarizwa ko bakomeza gusenga ariko basabwa kugira ibyo bakosora bicye baburaga birimo nk'umurindankuba, gukora neza Soundproof, n'ibindi. Abakristo bafungiwe insengero, batubwiye ko bazajya gusengera mu zindi zitafunzwe.

Muri Kigali hafunzwe ahanini insengero nshya z'amashami zari zikiyubaka ariko inyinshi mu zimaze igihe ntabwo zafunzwe. Gusa hari nka Kiliziya yafunzwe yari imaze imyaka myinshi. Zimwe mu nsengero z'amatorero akomeye y'Abanyamwuka nazo zafunzwe aho twavugamo nka ADEPR Gihogwe, n'Itorero Umuriro wa Pentekote mu Rwanda.

Itorero Umuriro wa Pentekote mu Rwanda ntabwo ryafunzwe kubera inyubako ahubwo ryazize impamvu zifitanye isano n'imiyoborere yaryo yanenzwe na RGB. Mu byo RGB yagendeyeho ifunga iri Torero harimo "Gucamo ibice no kubiba amacakubiri n'amakimbirane by'urudaca mu bakristo bagize Itorero ku buryo bibabuza umudendezo n'ituze;

Kuba zimwe mu nyigisho z'Itorero ziyobya abaturage zikabakangurira kutitabira zimwe muri gahunda z'Iterambere ku buryo bugira ingaruka mbi ku baturage; Kuba Itorero ridafite zimwe mu nzego ziteganywa n'amategeko bityo amategeko akaba atubahirizwa muri iri Torero ndetse n'ubuyobozi bukaba bwaracitsemo ibice;

Kuba Ubuyobozi bw'Itorero butujuje ibisabwa biteganywa n'Itegeko rigenga imiryango ishingiye ku myemerere; Kuba Itorero hari bimwe rigenderaho biri mu mategeko ngenga-mikorere bidateganyijwe mu mategekoshingiro".

Menya zimwe mu nsengero wasengeramo kuri iki Cyumweru

ADEPR Nyarugenge

ADEPR Remera

ADEPR Gatenga

CLA Nyarutarama

St Michel - Nyarugenge

St Famille - Nyarugenge

Regna Pacis - Remera

Restoration Church Masoro [Kwa Masasu]

AEBR Kacyiru [Baptiste Church]

Foursquare Gospel Church - Kimironko

Noble Family Church [Kwa Mignonne]

Zion Temple Gatenga [Kwa Gitwaza]

EAR Remera [Kwa Rutayisire]

EAR Kibagabaga

EAR St Etienne [Biryogo]

Bethesda Holy Church - Gisozi

Grace Room Ministry - Good Shepherd Nyarutarama

UCC Niboye & Gikondo [United Christian Church]

New Life Bible Church - Kicukiro

Healing Centre Church - Remera


Itangazo rya RGB ryo kuwa Kane tarik 01 Kanama 2024, rivuga ko hari kugenzurwa iyubahirizwa ry'amategeko n'amabwiriza agenga imiryango ishingiye ku myemerere. Ni gahunda iri gukorwa na RGB ku bufatanye n'izindi nzego za Leta.

Bimwe mu bishingirwaho muri iri genzura, harimo kureba ko urusengero rufite ibyangombwa by'iyandikwa bitangwa na RGB, icyemezo cy'imikoranire n'Akarere mu gihe hafunguwe ishami, kureba niba inyubako y'urusengero yujuje ibisabwa biteganywa n'amategeko agenga imiturire y'aho ruherereye;

No kureba niba abayobozi bafite impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi mu by'iyobokamana (Theology) ku rwego ruhagarariye umuryango no ku rwego rw'umuryango rufite izindi rukuriye.

RGB iti "Muri iri genzura, aho bigaragara ko hari insengero n'imisigiti bitubahiriza ibiteganywa n'itegeko ndetse n'amabwiriza agenga imiryango ishingiye ku myemerere, birahagarikwa".

RGB ivuga ko inzego bireba zizakomeza gufatanya n'abayobozi b'amadini n'amatorero mu kubaka iterambere rirambye hubahirizwa ibiteganywa n'amategeko n'amabwiriza agenga imiryango ishingiye ku myemerere ndetse no kugira imikorere n'inyubako byujuje ibisabwa n'amategeko.

Insengero zirenga 5,600 zimaze gufungwa mu gihugu hose

Amakuru avuga ko mu Mujyi wa Kigali hamaze gufungwa insengero 783, mu gihe Intara y'Iburasirazuba ari yo ifite insengero nyinshi zafunzwe zigera ku 2040 mu nsengero 3736 zagenzuwe. Iyi mibare ishobora kwiyongera kuko iyi Ntara ibarizwamo insengero 4154 bivuze ko insengero 418 zitari zakagenzuwe ubwo iyi mibare yatangazwaga.

Mu Ntara y'Amajyepfo hafunzwe insengero 582, mu Ntara y'Amajyaruguru hafunzwe insengero 1253 inyinshi zikaba ziri mu Karere ka Gicumbi gafitemo 318. Intara y'Iburengerazuba hamaze gufungwa insengero 1393 mu gihe iyi Ntara ifite insengero zirenga ibihumbi bitatu. Si insengero gusa zafunzwe ahubwo n'ubuvumo bwose bwarafunzwe.

Nk'uko imibare ibyerekana, insengero zafunzwe ziganjemo izo mu Ntara. Abakristo bamwe bashobora guhura n'ikibazo cyo kubura aho basengera habegereye. Ubwo nabazaga iki kibazo umwe mu bakristo utifuje ko dutangaza amazina ye, yavuze igisubizo ari ugukurikira 'Online' amateraniro abera mu nsengero zitafunzwe.

Yavuze kandi ko mu gihe batarafungurirwa insengero zabo, bagiye kujya bakurikira ibiganiro by'Iyobokamana ku Maradiyo na Televiziyo kuko harimo ibikorwa mu buryo bumeze nk'amateraniro aho hatumirwa abahanzi n'abakozi b'Imana bakabwiriza. 

Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere (RGB) Dr. Usta Kayitesi yatangarije The New Times ko "Leta yafashe ingamba ku ikwirakwira ry'inzu zo gusengeramo" nyuma yo kubona ko hakiri insengero zangiritse "ndetse zidafite isuku."

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu Jean Claude Musabyimana ubwo yaganiraga n'Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru, RBA, yavuze ko zimwe mu nsengero zafunzwe zirimo n'aho ugera ugasanga abantu barahasengera bihoraho "ariko nta rusengero ruhari".

Uyu muyobozi yatanze ingero z'abasengera ku misozi, mu buvumo, mu bitare, mu mashyamba n'ahandi avuga ko rimwe na rimwe hateza impanuka, harenze 108 mu gihugu "ndetse hakunda gushyira n'ubuzima bw'abantu mu kaga".

Yahumurije abakristo ababwira ko iri genzura riri gukorwa ku bw'umutekano wabo atari ukubabuza gusenga. Yagize ati: "Ntabwo biri gukorwa kugira ngo bagire uwo babuza gusenga, ahubwo ni ukugira ngo umutekano wabo ndetse n'ituze ry'abahasengera rikorwe neza".

Mu biri gusabwa kugira ngo urusengero ntirufungwe, hanakajijwe n'umutekano aho insengero zisabwa gusaka abazinjiramo zikanashyirwamo camera. Urusengero kandi rurasabwa kuba rufite parikingi ndetse ruri ku buso bungana na kimwe cya kabiri cya Hegitari - ingingo ishobora kuzagonga benshi.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yagize ati: "Ahantu hose hahurira abantu benshi bari hamwe, bitegetswe ko abo bantu bagomba gusakwa, n’ibinyabiziga bihinjiye bigasakwa nk’uko bikorwa mu nyubako za Leta n’amazu (manini) y’ubucuruzi.

Ibyo bintu rero bisabwa, ni biriya byuma unyuramo bikareba niba nta cyuma umuntu yitwaje, niba ari ikofi irimo urwembe, urushinge cyangwa ikindi umuntu yakwitwaza, ariko ibaze nawe uramutse ubonye umuntu ufite icyuma mu rusengero, ubwo waba ugisenze!"

Mu 2018 ni bwo u Rwanda rwaherukaga gufunga insengero nyinshi zitujuje ibisabwa. Uwabimburiye abandi mu gusoma kuri uyu muti usharira ni Bishop Rugagi Innocent wafungiwe urusengero rwe Redeemed Gospel Church rwakoreraga mu gikari cyo kwa Rubangura bitewe n'urusaku rukabije rwabangamiraga abaturiye uru rusengero.

Mu gihugu hose Leta yafunze insengero 8,670, nyuma y’igihe gito izongeye gufungurwa zari 1,212 kuko zari zanogeje isuku n’imyubakire. Icyo gihe RGB yatangaje ko amadini n'amatorero yari afite ibyangombwa yari 734, gusa yasanze abakora badafite ibyangombwa baruta kure abafite ibyambombwa.


Itorero Umuriro wa Pentekote mu Rwanda ryafunzwe nk'uko byemejwe na RGB






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND