RFL
Kigali

Yesu agarutse yakwakirwa ate? Ibikubiye muri filime Zaba ari gukorera i Dubai- AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:3/08/2024 14:09
0


Umukinnyi wa filime wigaragaje cyane kuva mu myaka itatu ishize, Zaba amaze iminsi ari kubarizwa mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho yagiye gufatira amashusho ya filime ye nshya yise “Prime Jesus” ateganya gushyira hanze muri uyu mwaka.



Uyu musore wanabaye umunyamakuru wa Isibo, yamenyekanye cyane muri filime ishushanya ubuzima bwa Yesu yakinnye hagati ya 2019 na 2020 yahuriyemo n’abarimo Regis wamamaye muri iki gihe binyuze mu bihangano anyuza kuri shene yise ‘Regis Skits’.

Iriya filime yitwaga ‘Ubugome bwa Yuda’ yanakinnyemo umukinnyi wamamaye nka Nyaxo. Bakinaga bagerageza kwigana filime ya Yesu abantu benshi bamenye.

Zaba yabwiye InyaRwanda ko ashingiye ku kuntu iriya filime yakiriwe, yatekereje gukora indi filime itandukanye ishushanya uko byagenda Yesu aramutse agarutse.

Ati “Naje kugira igitekerezo cyo gukora filime ya Yesu ariko noneho y’iki gihe nkibaza nti byagenda gute Yesu aramutse agarutse? Kuko urabizi inkuru zihariye ni ukuntu Yesu yaje, ibyamubayeho, uko byamugendekeye n’ibindi. Rero, natekereje uko nakora filime ya Yesu yo muri ibi bihe turimo, nkibaza nti aramutse agarutse muri ibi bihe byagenda gute?”

Arakomeza ati “Ni izihe mbogamizi yahura nazo zitandukanye n’izo yahuye kiriya gihe. Kuko Isi ya kiriya gihe siyo si ya none. Ni aho ngaho rero igitekerezo cyavuye. Ndavuga nti reka nkore filime ya Yesu y’ukuntu byaba bimeze, byagenda bite aramutse agaragara.”

Zaba avuga ko muri iyi filime yifashishijemo abandi bakinnyi. Kandi avuga ko yatinze kuyishyira hanze kubera ko hari ibice yashakaga kuyikoreramo.

Yavuze ko gukorera iyi filime i Dubai, umujyi uzwiho kuba utuwe n’abantu benshi bafite imyemerere y’idini ya Islamu atari ibintu byoroshye, kuko hari aho yagiye yangirwa.

Ati “Nari nkwiriye kuhamara icyumweru ariko kubera nari nziko byemewe kuba wafatira amashusho ya filime mu gihugu cy’aba-Islam, byansabye kubanza kubaza amakuru meza, kugira ngo ndebe ko bikunda. Uretse ko hari n’aho naje gusanga bitanashoboka. Ariko naragereje nkora ibishoboka byose kugirango bizabe bisa neza mu maso y’abanyarwanda.”

Zaba asanzwe afite ku isoko filime zirimo ‘Aho yaciye’ yahuriyemo n’umukunzi we Lynda, hari kandi ‘Love and Drama’ ivuganira idini ya Islam.

Igaragaramo Nkusi Lynda witabiriye Miss Rwanda 2020&2022, Umukundwa Clemence [Cadette] witabiriye Miss Supranational n’abandi. Ni filime y’uruhererekane irimo urukundo n’ubuzima busanzwe.

 

Zaba ari kubarizwa mu Mujyi wa Dubai aho yagiye gufatira amashusho ya filime ‘Prime Jesus’


Zaba yavuze ko yagowe no gukora iyi filime i Dubai kuko ari umujyi ugendera ku mahame ya Islamu


Zaba yavuze ko iyi filime ‘Prime Jesus’ yatinze gusohoka bitewe n’uko yagowe no kubona ibice (Location) ayikoreramo


Zaba ari kumwe na Director ari kumwe na David Cash ari nawe uri gufata amashusho y’iyi filime biteganyijwe ko izajya hanze muri uyu mwaka



ZABA AHERUTSE GUTANGA INTEGUZA Y'IYI FILIME 'PRIME JESUS'

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND