RFL
Kigali

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yagaragaje icyageza Afurika ku iterambere rirambye

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:3/08/2024 9:06
0


Ubwo yari ari i Abuja muri Nigeria, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard yagaragaje ko kugira ngo Umugabane wa Afurika ugere ku ntego z’iterambere rirambye kandi ryihutse, ukeneye gushyiraho ingamba zituma imishinga yawo ishyirwa mu bikorwa kandi bigakorwa mu gihe cyagenwe.



Ibi, yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Kanama 2024, aho yari yitabiriye Inama ya Banki y'Isi n'Ikigega Mpuzamahanga cy'Imari, ihuza Abaminisitiri b'imari b'ibihugu bya Afurika muri Afurika, izwi nka African Caucus Meeting 2024.

Muri iyi nama y’iminsi itatu, biteganijwe ko mu ngingo zizaganirwaho harimo ijyanye n’ubufatanye bw’ibigo bitanga ubufasha mu by’imari (Multilateral development banks-MDBs) n’Ikigega cya Banki y’Isi gishyigikira imishinga y’Iterambere (IDA21).

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko Umugabane wa Afurika wugarijwe n’ibibazo birimo amakimbirane mu turere tuwugize, imihindagurikire y’ibihe, izamuka ry’ibiciro ku masoko, ubwiyongere bw’amadeni n’imyenda uyu mugabane ubereyemo amahanga n’ibindi bibazo.

Ati “Kuba turi muri iyi nama ya African Caucus, bigaragaza umuhate abanyafurika duhuriyeho wo gukemura ibyo bibazo byugarije Isi.”

Yakomeje avuga ko yasabye ko imishinga ya Afurika yajya ishyirwa mu bikorwa hitawe cyane ku gihe cyagenwe kugira ngo bitange umusaruro wifuzwa.

Ati ‘Mbere y’uko nsoza, nagira ngo nshimangira ko imishinga yacu itagomba kujya ishyirwa mu bikorwa gusa ahubwo igomba gukorwa mu gihe cyagenwe kugira ngo ibashe gutanga umusaruro wayo.”

Yagaragaje ko umuhate w’ibihugu bya Afurika wo kugera ku iterambere rirambye, uzagera ku ntego nihabaho ubufatanye mu rugendo rwo gukemura ibibazo no kugera ku cyerekezo cya Afurika iteye imbere.

Iyi nama ya African Caucus Meetings 2024, yitabiriwe n’abayobozi barimo Visi Perezida wa Nigeria, Kashim Shettima, Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango w’Abibumbye, Amina J. Muhammed, ba Minisitiri b’Imari, abayobora za Banki Nkuru z’Igihugu, abayobozi muri IMF na Banki y’Isi n’abandi.


Ni inama yitabiriwe n'Abaminisitiri b'Imari b'ibihugu binyuranye byo muri Afurika


Iyi nama iri kwigirwamo byinshi byitezweho kugeza umugabane wa Afurika ku iterambere rirambye





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND