Imyaka 16 irashize umuraperi Gatsinzi Emery wamenye nka Riderman akoze amateka atazigera asibangana, ubwo yakoraga igitaramo akuzuza Petit Stade. Byabaye urwibutso rudasaza, ndetse anabyumvikanisha mu ndirimbo ye yise 'Amateka'.
Muri iyi
ndirimbo, anumvikanisha ko yinjiye mu muziki mu 2006 yinjiriye mu itsinda rya
UTP, kandi kuba umuraperi yari yo mahitamo ye ya mbere. Nta muvandimwe yari
afite mu muziki, kandi yashakaga kurapa kugeza ubwo azacengera mu mitwe
y'abantu ibihe n'ibihe.
Yinjiye
mu muziki asangamo Mahoniboni wari warabiciye bigacika ahitamo guca undi muvuno
akora indirimbo zubakiye ku mudiho wa 'Crank' yiyegurira abafana.
Avuga ko
Mahoniboni yakoze igitaramo abura abantu 'njyewe huzuye sana'. Riderman avuga
ko yari muto mu mutwe, ariko yahinduye amateka ashyirwa ku rutonde rw'abahanzi bo
kwitega.
Mbere gato ya 2007 yakoze indirimbo yise 'Rutenderi' bituma nawe abigendera. Mu 2008 yasohoye Album bamwe mu bantu barikanga.
Avuga ko ari we muhanzi wa mbere wo mu Rwanda wabashije
kuzuza Petit Stade nta nkunga n'imwe. Ati "Ni njye muhanzi wujuje Petit Stade
bwa mbere nta nkunga n'imwe nkesha ama-kompanyi'. (Byari mu 2008).
Muri iyi
ndirimbo, avuga ko kiriya gitaramo yagikoze afashijwe na Muyoboke Alex na Queen
Ali (Nyina wabo).
Kiriya gitaramo
cyabaye intangiriro y'ifunguka ry'amarembo ye mu muziki, ndetse mu biganiro
bitandukanye, yumvikanishije ko wari umunsi udasanzwe kuri we.
Mu 2009,
yatangiye ibizwi nka 'Beef' abandi baraperi baramwadukira batangira ihangana ry'amagambo,
ndetse bamwe mu bo bagiye bashwana bavuye mu muziki ariko we arakomeza.
Riderman
yikomanga ku gatuza akavuga ko amateka ye ariyo agenderaho buri gihe, bityo
ntafite gushidikanya kuri ejo hazaza.
Album
'Rutenderi' yashyize hanze ku wa 29 Ugushyingo 2008, yabaye ikimenyabose kuko yariho
indirimbo nka 'Zamubandi', 'Turi muri Party', 'Inkuba' n'izindi zakunzwe cyane.
Ku wa 4
Ukuboza 2010, yasohoye Album ya kabiri yise 'Impinduramatwara' iriho indirimbo zabiciye
bigacika nka 'Sinjye', 'Umwana w'Umuhanda' n'izindi nyinshi.
Mu 2016
nabwo yongeye gushimangira aya mateka, akora igitaramo yamurikiyemo Album ye
yise 'Ukuri' cyabereye muri Petit Stade, abantu barakubita baruzura.
Muri iki
gihe, afatanyije na mugenzi we Bull Dogg bari kwitegura gukora igitaramo kizaba
tariki 24 Kanama 2024 bazamurikiramo Album yabo ya mbere bise 'Icyumba
cy'amategeko' kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka
Camp Kigali.
Bull
Dogg aherutse kubwira itangazamakuru ko bategura iyi Album banatekerezaga
kuzakora igitaramo cyo kuyimurika.
Mu
kiganiro yigeze kugirana na MIE, yavuze ko gushikama mu muziki, byaturutse ku
kuba atarahaye umwanya munini abamunenga.
Ati
"Mu 2008 ni bwo itara ryatse. Icyo gihe nabwo hari abagerageza gushaka
kuvuna ariko Imana yari yaramaze kudushyira ku ruhande [...] Guhera mu 2008
nibwo ninjiye mu muziki, icyo gihe indirimbo zatangiye gukinwa, hari abana
bakunda imiziki yanjye kandi baravutse mu 2008.”
“Hari
ikintu bita guhozaho, ikindi njye ntabwo njya nita ku bavuga ngo arashaje,
ariko nkazagukubita imirongo ugashaka no muri urwo rubyiruko, hakabura
uwawuteranya."
Kuki batipimye BK Arena?
Riderman
yaciye agahigo ko gutaramira muri Petit Stade y’i Remera mu 2008, abantu barakubita
baruzura- Icyo gihe, Petit Stade yakiraga abantu barenga 2500. Ariko muri iki gihe
yakira abantu bari hagati ya 1000 na 1300.
Aho
bazakorera igitaramo muri Camp Kigali, hakira abantu bari hagati ya 4000 na
4500. Ni mu gihe BK Arena yakira abantu ibihumbi 10.
Ushingiye
ku mibare y’abafana bagaragaje ko banyuzwe na Album yabo, ndetse n’uburyo buri
umwe yubatse amateka ye, byarashobokaga ko bari gutaramira BK Arena.
Umwe mu
bari gutegura igitaramo cya Riderman na Bull Dogg yabwiye InyaRwanda ko
bagitegura ntibigeze batekereza ku kuba cyabera muri BK Arena. Ariko kandi
ashingiye ku mibare bafite y’abamaze kugura amatike, babona ko ariho cyari
kubera.
Ati “Amatike
amwe n'amwe yatangiye gushira, niyo mpamvu twongeyemo ‘Table’ ariko mu gutegura
iki gitaramo ntitwigeze dutekereza ko kizabera muri BK Arena, twahisemo Camp
Kigali, ariko ushingiye ku mibare dufite byarashoboka ko twari kujya BK Arena.”
Umuhanzi
w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa aherutsee gutaramira muri BK
Arena, akora amateka yo kuzuza iyi nyubako kandi ni cyo gitaramo cya mbere yari akoze.
Umunyamakuru
Gentil Gedeon wakoranye igihe kinini na Riderman na Bull Dogg abatumira mu
biganiro binyuranye, yabwiye InyaRwanda ko kuri we igitaramo cyabo cyari kubera
muri BK Arena ashingiye ku bushongore n’ubukaka bwabo.
Yavuze
ko nta gushidikanya afite ko bari kubaka andi mateka. Ati "Riderman na
Bull Dogg bazuzuza Camp Kigali! Ku bwanjye nabonaga baragombaga kujya muri BK
Arena (gukorerayo igitaramo) kandi nayo bari kuyuzuza."
Yavuze
ko n’ubwo batipimye BK Arena, ibihumbi by’abantu bazaba babategereje muri Camp
Kigali. Ati "Bombi (Riderman na Bull Dogg) bafite abafana bari 'Royal'
babizera cyane. Kandi bamaze igihe babakunda. Abo baba biteguye kuza kubareba.”
Gentil
Gedeon avuga ko Riderman na Bull Dogg hari abafana bashya bungutse nyuma yo
gukorana na Album, nabo biteguye kuzitabira igitaramo.
Uyu
mugabo yanavuze ko iki gitaramo cyabo kizitabirwa n'umubare munini, binaturutse
mu kuba abantu benshi bajya mu bitaramo kenshi bibera mu tubari.
Ati
"Si kenshi dukunda kubona ibitaramo bya Hip Hop bitari ibyo mu tubari.
Byinshi
biba byateguwe n'abashoramari b'utubari bikaba mu ijoro kandi bitagenewe abantu
bose. Kuri iyi nshuro ni 'show' yabo kandi bariteguye bihagije. Rero, numva
bazuzuza Camp Kigali ndetse cyane. Buri muntu wese akeneye kureba uburyohe
bw'iriya 'Collabo'."
Ni ibintu byoroshye kumva no kuzabona!
Umusesenguzi
usanzwe ari umunyamakuru wa Isibo FM, Fatakumavuta yabwiye InyaRwanda ko ntawe
ukwiye gushidikanya ko Riderman na Bull Dogg bazuzuza Camp Kigali ashingiye ku mateka bombi bubatse, biherekejwe no kuba Riderman yarabyumvikanishije mu
ndirimbo ye yise 'Amateka'.
Ati
"Icyo ntekereza ni uko n'ubundi kuri Riderman we ni ibintu byoroshye
bisobanutse kandi byivugira. Kuko niba ubyibuka Riderman nk'uko abiririmba mu
ndirimbo ye 'Amateka' akubwira ko ariwe muraperi wa mbere wujuje Petit Stade
bwa mbere nta kunga n'imwe ya kompanyi afite."
"Agasubira
inyuma akakubwira ati icyo gihe ba Mahoniboni bari bagezweho ariko nakoze igitaramo
nuzuza Petit Stade, mu gihe ba Mahoniboni ibitaramo byabo byabuze
abantu."
Riderman
ni umwe mu baraperi bafite Album nyinshi kuko ageze kuri Album ya Cyenda. Kandi
inyinshi muri zo yazimurikiyemo abakunzi be. Aheruka kumurika Album 'Ukuri' mu
gitaramo n'ubundi yakoreye muri Petit Stade.
N'ubwo
bimeze gutya ariko, Riderman ntiyaherukaga igitaramo cye bwite, yaba icyo
kumurika Album ye n'ibindi.
Iyo
ukoze isesengura ubona ko Bull Dogg ari umwe mu baraperi bahihibikaniye
iterambere rya Hip Hop, ndetse yisanishije n'ibisekuru byombi muri iyi njyana.
Kuko yakoranye indirimbo n'abahanzi bamaze igihe kinini mu muziki, ndetse
n'abahanzi bakizamuka.
Fatakumavuta
ati "Bull Dogg ni umuraperi wabashije kwisanga muri 'Generation' zose zagiye
zibaho. Yaba igihe bakoraga injyana y'umujinya, igihe bakoraga 'Crank', kuri
ubu ngubu igihe hagezweho Trap na Drill- Ibyo bintu byose, ahantu Bull Dogg arengeho
yagiye yisanisha na buri 'generation' yose yisanzemo."
Uyu
musesenguzi avuga ko kuba bariya bagabo bombi barahuje imbaraga bagakora Album 'Icyumba
cy'amategeko' ari ugushimangira ubufatanye, kandi ni album izahoraho by'iteka ryose
ku birebana n'igice cya Hip Hop.
Ni album avuga ko yagiye hanze mu gihe abakunzi ba Hip Hop bari bamaze igihe bashinja abaraperi kubura, barimo n'abagiye bafungwa bya hato na hato. Ati "Abakunzi ba Hip Hop bavugaga ko abaraperi baburiwe irengero, binashingiwe ku mico yabo."
"Twagiye tubona abaraperi benshi bagenda bafungwa bya hato na
hato, Fireman yajyanwe Iwawa, twabonye abaraperi nka Green-P bareka umuziki
berekeza Dubai, aho baviriyeyo bizeza abanyarwanda kongera gukora ibintu
birenze, bikaba byarabananiye.
“Twabonye
abaraperi nka Jay-C babiteye umugongo bajya muri 'Business', twabonye abaraperi
nka K8 Kavuyo aka kanya nta njyana ihari- aha niho abaraperi baheraga bavuga
ngo Hip Hop yarabuze."
Fatakumavuta
yavuze ko Riderman na Bull Dogg ari abo gushimirwa ku kuba baricaye bagahuza
imbaraga kuri Album 'Icyumba cy'amategeko'. Yavuze ko iyi album yagezweho nyuma
y'uko bombi barenze ibibazo byabo bwite, byagiye byumvikana cyane mu ndirimbo
zo hambere.
Yavuze
ko Hip Hop ari imwe mu njyana ifite abakunzi benshi 'bashobora kuba baruta
abandi bakunzi b'injyana'.
Abafana ba Hip Hop bigeze gukora akantu!
Fatakumavuta
yibutsa ko ubwo umuraperi Jay Polly yaburaga Primus Guma Guma Super Stars,
abakunzi ba Hip Hop bigaragambije kubera umuziki.
Ati
"Urabyibuka Jay Polly igihe bamwimaga Guma Guma, nibwo bwa mbere
abanyarwanda bari bigarambije ku mugaragaro bishingiye ku muziki. Ahantu hari
ubuyobozi bw'igihugu cyose, abakunzi barahagurutse batera amabuye."
Yibutsa
nk'igihe Bull Dogg yavugaga ko muri Guma Guma harimo 'Kata'- Icyo gihe byakurikiwe
n'inkundura y'abafana ba Hip Hop bumvikanishaga ko barenganyijwe.
Fatakumavuta
avuga ko abafana ba Hip Hop barahari 'ahubwo bari barabuze ibikorwa'. Yavuze ko
Riderman na Bull Dogg bamaze imyaka irenga 16 mu muziki, kandi bahagaze kuri
'Stage' zose zikomeye mu gihugu.
Imyaka
16 ishize ntibasubiye inyuma, ahubwo barwaniye ko Hip Hop yakomeza kuzamuka. Yavuze
ko igitaramo cya Riderman na Bull Dogg gikwiye kubera isomo abategura
ibitaramo, kuko benshi muri bo usanga bashaka gukorana gusa n'abahanzi
baririmba Afrobeat na RnB.
Ati
"Abanyarwanda bitegure Riderman na Bull Dogg. Ni bamwe mu baraperi
bakomeye mu Rwanda. Babashije guhozaho, kandi bubatse imiryango. Batweretse
ibyo bashoboye, rero ahasigaye ni ah'abafana... Byanze bikunze igitaramo cyabo kizagenda neza."
Fatakumavuta
yavuze ko igihe kigeze kugirango itangazamakuru rishyire imbaraga cyane mu
itegurwa n'ishyirwa mu bikorwa ry'igitaramo cya Riderman na Bull Dogg.
Yavuze
ko mu myaka itambutse, kugirango umuraperi akore indirimbo ikundwe, byasabaga ko
akorana n'undi muhanzi wa RnB, ariko kuri iyi nshuro abaraperi bombi bahuje
imbaraga.
Ibitaramo nk'ibi byaherukaga cyane, muri za 2008-2010- ubwo umuraperi P-Fla, Bull Dogg, Neg The General n'abandi bakoreraga ibitaramo muri Saint Andre. Ati "Abafana bari bamaze igihe basinziriye, ubu bavuye mu mashuka, baguze amatike bategereje kujya mu gitaramo 'icyumba cy'amategeko'."
Bull Dogg na Riderman bagaragaza ko igitaramo cyabo kizaba tariki 24 Kanama 2024
Fatakumavuta yatangaje ko imyaka 16 ishize Riderman na Bull Dogg bubatse ibigwi bibemererera kuzuzuza Camp Kigali
Gentil Gedeon yavuze ko ashingiye ku bikorwa bya Riderman na Bull Dogg igitaramo cyabo bari kugikorera BK Arena
Mu 2017, Riderman yataramiye muri Petit Stade, nabwo abantu baruzura
Umuraperi Riderman ubwo yongeraga gutaramira muri Petit Stade
Marina n'umuraperi Khalfan ku rubyiniro muri Petit Stade
Umuhanzikazi Marina yataramiye abakunzi be muri iki gitaramo
Itsinda rya Active ryafashije Riderman muri iki gitaramo cyo mu 2017
KANDA HANO WUMVE ALBUM 'ICYUMBA CY'AMATEGEKO' YA RIDERMAN NA BULL DOGG
TANGA IGITECYEREZO