Imyaka irenga 20 irashize abaraperi batandukanye batangiye guhirimbanira injyana ya Hip Hop nka Riderman wazamukanye ibyishongoro, P Fla wazanye ihangana na Jay Polly, Bull Dogg na Green bazanye kuvugira abababaye, Bushali, B Threy na Slim Drip bayongereye ibirungo n’ibindi.
Niba ukunda injyana ya Hip Hop mu Rwanda, amakuru ari bukuryohere cyane ni uko muri iyi minsi yongeye kugaruka aho abayikora bari gukora iyo bwabaga, ibintu ubona bisa nk'ibyazanye uburinganire mu muziki nyarwanda.
Mu bihe bitandukanye hagiye hagaragara abantu batunzwe na Hip hop kandi ikanababera umuyoboro mwiza wo gutanga ibyishimo n’ubutumwa nkenerwa. Gusa kugira ngo igire aho igera byaragoranye.
Ubwo yatangira gusa nk'izamuka muri za 2000, abatangiye
bayikora bari bihariye mu buryo bwo kwivuga ibigwi, mbege isa n’iyoroheje
inagaruka ku byiyumviro by’urukundo rwa babiri.
Nyamara ibintu byaje guhinduka ubwo abasore barimo
Jay Polly na Green P binjiraga mu kibuga, gusa uwo mujyo unakomezwa na
Riderman.
Mu maza ya Riderman n'abo bakoranga, wasangaga
bakora indirimbo z’ibirori no kwivuga ibigwi nk’indirimbo "Byina" bakoze
akibarizwa muri UTP Soldiers.
Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku rugendo rwa Hip hip mu Rwanda, uko yazamutse ikaba ndakumirwa mu bitangazamakuru. Kuva mu ntango
ibihangano by'abaraperi birivugira, aho biba bigoye gusanga batanze ruswa [giti] ngo bakinwe.
Intangiriro
zo guhirimbanira iyi njyana
Ku ruhande rwa Jay Polly na Green P, bari bafite uburyo bakoramo
ibintu byabo, bavugira impfubyi, abapfakazi, abashonji n’abandi bababaye.
Mu gihe muri iyo myaka ya za 2004, Neg G The General, MIM na Riderman [UTP Soldiers] bo bafashaga abantu kuryoherwa n’ubuzima mu njyana ya Hip Hop ariko ibyinitse irimo n’amagambo umuntu yavuga ko ari ay’umunezero. Muri iki gihe iri tsinda ryari mu marembera.
Ku ruhande rw'aba Jay Polly, ni bwo barimo bazamuka kandi bagana mu nzira yo guhuza amaboko. Muri 2007, Riderman wari umaze gukorana na bagenzi be indirimbo zigera ku munani, yatangiye gukora ku giti cye.
Izamuka
rya Tuff Gang
Mu 2007 ni bwo P Fla wari umaze kunanirwa kuba i Burayi aho yari yaragiye gusoreza amashuri yisumbuye kandi arimo
yiga muri Kaminuza mu ishami ry’Amategeko anakina Basketball.
Yari ananiwe gukomeza kuba kuri uyu mugabane kubera imico
mibi irimo no gucuruza ibiyobyabwenge yatumye agarurwa i Kigali n’abapolisi mpuzamahanga
7 nyuma gukatirwa.
Ku rundi ruhande, Bull Dogg na we yari arimo yirukanka imihanda ashaka aho yamenera. P Fla yazanye mu kibuga ibintu bitari bisanzwe birimo kwerekana ibyo bagenzi be bakora, atewe imbaraga na BZB The Brain mubyara we wari umaze kubaka izina mu gutunganya umuziki.
Hari kandi MC Mahoniboni na we wari mu bihe byiza. Kuva mu buto bwe yumva ko umuziki yawukora neza nubwo yari afite inzozi zo
kuzaba umukinnyi cyangwa umutoza muri uyu mukino.
Iyo Bull Dogg na Jay Polly bagarukaga kuri P Fla, bavugaga ko batigeze barota ko bakorana, bumvaga ari umusore w’umunyaburayi, gusa bari baratangiye kumva imirongo ye ikakaye.
Igihe cyarageze Bull Dogg ahura na P Fla baba inshuti
birangira bose bisanze bahuriye ku kintu kimwe, maze bigizwemo uruhare na Lick Lick
iri tsinda rirakomera.
Uko
Hip Hop yaje kuryoha itangazamakuru n’abandi bakisanga ntaho bashobora
kuyikwepera
Ntibabaga bafite amafaranga yo kwishyura
ibitangazamukuru ngo bibakine, ariko ubutumwa bwabo bwari bwaramaze gucengera
muri rubanda.
Muri iki gihe Riderman na we yari akomeje imirimo y'umuziki, gusa ugasanga umuntu ufana Tuff Gang ntabona ibikorwa bya Riderman, ariko nanone abamufana nabo ntibemeraga Tuff Gang.
Imyaka niko yagendaga ikura. Bigeze muri za 2010
amafaranga yatangiye kuboneka mu muziki atangiye
Itsinda rya Tuff Gang ryatangiye kuzamo ibibazo. Iyo Green
P avuga ikintu cya mbere cyamubabaje, avuga ko ari ukuba P Fla yarahisemo
gutandukana nabo.
P Fla na we iyo agaruka ku mpamvu yatumye abihitamo, avuga ko ari
ukubera ikibazo cy’amafaranga, ko bahereye ku busa bagatangira bagabana ibihumbi
100 Frw, ariko haboneka amafaranga afatika muri za miliyoni gukorana bikagorana.
Amarushanwa
ya Primus Guma Guma Super Star
Muri iyo myaka ya za 2010 ntabwo abantu bakora Hip Hop
bafatwaga neza, bashinjwaga byinshi binashingiye ku kuba batari bwishyure
amafaranga ku binyamakuru ngo babashe gukinwa cyangwa ngo bavugwe neza.
Gusa Riderman yari yarabaye nk'uwishyira ku ruhande
byanatumaga benshi mu baraperi bamwibasira kuko yagendanaga n’abaririmbyi
cyane kurusha abaraperi.
Ibi byatumaga anafatwa mu ishusho yihariye akagira
abafana b’impande zose binyuranye na bagenzi be.
Muri Primus Guma Guma Super Star 2011 rwari urugamba
rutoroshye dore ko yishyuraga akayabo ikanatanga ibyishimo byo hejuru. Niryo rushanwa rikomeye muzika nyarwanda yari ifite.
Uko Riderman yari yaritwaye anakomeza kwitwara, byatumye
aza mu ba mbere bayegukanye kuko muri 2013 ari we wayegukanye, ibintu bitakiriwe
neza n’abafana ba Jay Polly.
Bidatinze ariko Jay Polly na we yaje kwegukana iya 2014, bakaba
ari nabo baraperi bonyine mu bahanzi munani begukanye iri rushanwa babashije
kuyegukana.
Ubuzima bwari butangiye guhinduka ari na ko hiyambazwa abaraperi mu bitaramo bikomeye kuko igitaramo cyabaga kitarimo umuraperi nticyaryohaga.
Ibi byanatanze icyizere abakora iyi njyana bagenda biyongera
ari na ko bazana udushya.
Imyaka
igira ibyayo kandi gukura bijyana no kwaguka; Kinya Trap
Mu bihe bidatinze Ish Kevin, Kenny K Shot, Bruce The
1st nabo biyunze kuri uyu muvono baha umuziki uryoshye abakunzi ba
Hip Hop.
Imikoranire
y’ibisekuru by’iyi njyana
Mu bihe bitandukanye abaraperi bahirimbaniye cyane iyi njyana bakorana n’abaririmbyi, bitanga umusaruro. Urugero ni indirimbo zitari nke Fireman yatanzemo umusanzu biba iby’umamaro, hari nka "Muzadukumbura" yakoranye Nel Ngabo.
Bull Dogg na we yakomeje kugira uruhare rugaragara
mu kuryoshya no kujyana n’abandi. Urugero rutari urwa kure ni umusanzu yatanze
muri "Bwe Bwe Bwe" yakoranye na Bruce The 1st, Ish Kevin na Kenny K
Shot.
Ibikorwa
bikomeje kwaguka umunsi ku wundi muri Hip Hop
Mu bihe bitari ibya kure kandi Bull Dogg na Riderman wahoze yifuza gukorana n’uyu mugabo, bahuriye mu ‘Icyumba cy’Amategeko’, byishimirwa n’abarimo abanyapolitike bakomeye.
Urugero ni nka Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi
Dr Utumatwishima wumvikanye avuga ko yishimiye igikorwa cyabo ati: ”Kimwe
n’abandi tungana mwadukumbuje Hip Hop ya kera, mwarakoze. Indirimbo nsubiramo
kenshi ni Nkubona fo, nanjye iyo mbonye umuntu uri gukinira ku isahani y’undi
muntu mubona fo.”
Kuwa 24 Kanama 2024 ni bwo aba bombi bazakorera igitaramo
cyabo muri Camp Kigali. Mu minsi ishize P Fla yataramiye i Dubai, bikaba byari nyuma y’imyaka 17 adafata rutema ikirere.
Muri iki gihe kandi abaraperi baratumirwa cyane ku
migabane itandukanye nka Kivumbi King, Bushali na B Threy baheruka gutaramira i
Burayi.
Abari
n’abategarugori muri iyi njyana
TANGA IGITECYEREZO