Mu ntangiriro za Nyakanga 2024 ni bwo Perezida Kagame yagiranye ikiganiro cyihariye n’abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, bamwe mu bahuye na we batangaje icyo bisobanuye banakomoza ku zindi ngingo zitandukanye.
Benshi bashobora kubona amahirwe urubyiruko rw’u Rwanda
rukomeza kugenda rugira yo guhura n’Umukuru w’Igihugu, ibintu byihariye kandi bigera
mu ngeri zitandukanye.
Muri iyi minsi abahanzi, abanyamakuru n’abakoresha imbuga
nkoranyambaga nibo baheruka mu bihe bya vuba kugira aya mahirwe.
Mu kiganiro cyihariye InyaRwanda yagiranye na bamwe bahuye n'Umukuru w'Igihugu, bavuze uburyo biyumvise n’icyo babona bisobanuye kuri bo n’ejo hazaza h’u Rwanda.
Tito
Harerimana [Tito Hare/Imfura]
Agaruka ku gihe bahuraga na Perezida Kagame, yavuze ko byari ibihe byihariye ku bantu bakoresha imbuga nkoranyambaga.
Akomoza ku kuba Umukuru w’Igihugu afite kureba kure bisumbye iby’undi muntu wese.
Uyu musore avuga ko Isi y’abakoresha imbuga nkoranyambaga
imaze kwaguka bityo ari byiza kubona batekerezwaho, ati”Byaduhaye imbaraga, tubona ko ibintu dukora bishyigikiwe kandi n’Umukuru w’Igihugu abihaye umugisha.”
Tito avuga ko yabonaga ko byanga byakunda igihe kizagera
bakabasha kuba bahura n’Umukuru w’Igihugu nk’abakoresha imbuga nkoranyambaga, ati”Iteka ryose iyo ugerageza gukora ibintu uba ubona n’icyerekezo.”
Agaruka ku kucyo bisobanuye, ati”Ni agaciro tuba
twongeye guhabwa, bituma ubona ko uri uw’umumaro ku buryo ibyo wakoraga byose
ushyiramo imbaraga ariko si ibyo gusa ni n’umukoro.”
Ku gufata ifoto [Selfie] na Perezida Kagame, ati”Ntakubeshye
ntabwo n’ubu ndabyumva hari ibintu uba utavuga ngo wabiteganyaga ko biza
kubaho, ukamera nk’umuntu nyine ugize amahirwe, ugahita uyabyaza umusaruro.”
Ashimangira iyi ngingo yumvikanisha neza uburemere bwayo, ati”Kuba wafata telefone yawe Umukuru w’Igihugu akemera kureba muri Camera mugafata ifoto ntabwo nakubeshya ntabwo ari ibintu bisanzwe pe.”
Baho
Ntaganira Winny
Yavuze ko ku ruhande rwe ari ibintu byamutunguye cyane
kubona Perezida Kagame ahura n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, ati”Nta muntu
wari ubyiteze gusa bigaragaraza ko ibyo rukora [Urubyiruko rukoresha imbuga
nkoranyambaga] aho ruri biragaragara.”
Yongeraho ati”Kandi ruranashyigikiwe kubona Umukuru
w’Igihugu avuga ngo ka mbatumire baze tuganire, ni ikintu cyiza biteye umuhate.”
Agaruka ku hazaza h’abato, yagize ati”Biratanga icyizere
ku hazaza niba uyu munsi dushobora guhabwa ayo mahirwe, birumvikana ko
abazadukurikira barayafite nabo kandi noneho yisumbuye no ku yo dufite ubu
ngubu.”
Avuga ku cyo urubyiruko rwa none rufite
kuzirikana, Baho ati”Twebwe uyu munsi niba turimo turahabwa ayo mahirwe, turimo
turakora iki kugira ngo bizagere no kuri barumuna bacu kugira ngo nabo
bazaryoherwe nayo.”
Murenzi
Abdallaziz
Murenzi yagarutse ku buryo guhura n’Umukuru w’Igihugu ari amahirwe adasanzwe agaragaza ikirenze ati”Ikirenzeho ni uko uba ufite amahirwe kandi uba ureba urugero rw’ibishoboka, ukavuga mu gihe kizaza mu buryo bumwe cyangwa n’ubundi hari urwego nageraho.”
TANGA IGITECYEREZO