RFL
Kigali

Ni ishema ku gihugu- Bora Shingiro avuga kuri filime ye yatwaye igikombe muri Amerika

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/07/2024 0:22
0


Bora Shingiro usanzwe utegura akanatunganya filime, ari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko filime ye yise “Igihuku” yegukanye igikombe ihize izindi zari zihatanye mu bihembo “Independent Short Awards” bisanzwe bitangirwa mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.



Yamenyeshejwe ko yegukanye igikombe kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024, nyuma y’igihe cyari gishize zerekanwa mu bice bitandukanye mu rwego rwo guhitamo ihiga izindi muri buri cyiciro buri umwe yari ihatanyemo.

Hanifashishijwe kandi Akanama Nkemurampaka. Filime ‘Igihuku’ ya Bora Shingiro yabashije gutwara igikombe mu cyiciro cya ‘Best Woman Short’, nka filime ngufi ibara inkuru y’umugore

Mu kiganiro na InyaRwanda, Bora Shingiro yavuze ko iki gikombe yegukanye ari indi ntambwe yateye mu rugendo rwe rw’ubuzima.

Ibi bihembo byari bihatanyemo filime zirenga 500 zo mu bihugu birenga 20 byo ku Isi. Bora Shingiro ati “Muri rusange kwegukana iki gikombe ni intambwe nini kuri njyewe, kandi nizeye ko n’ubundi atari hariya birangiriye, kuko urugendo rwanjye rwa Cinema ntabwo rurarangira. Ndacyafite urugendo, kuko inzozi zanjye muri Cinema ni ukugera kure hashoboka, ndabona rero nyiganayo, mbese biracyaza.”

Akomeza ati “Ntabwo ari ishema ryanjye gusa, ahubwo ni ishema ku gihugu muri rusange ndetse n’abantu bose twakoranye.”

Yavuze ko byari bigoranye kwegukana kiriya gikombe, ariko atekereza ko kuba ifite umwihariko w’uko igaruka ku mugore, ari byo byamufashije gutwara igikombe. Ati “Ni ibyishimo kwishimirwa. Ni intsinzi rusange, twagakwiye kwishimira.”

Bora Shingiro yavuze ko umuhango wo gutanga ibi bihembo uzaba muri Nzeri 2024, ndetse yasabye abategura ibi bihembo kuzajya muri Amerika ‘kwifatira igikombe kuko byanshimisha kurushaho’.

Uyu musore yumvikanishije ko iki gikombe agicyesha ku rukundo akunda Cinema, bituma buri gihangano akoze, agikorana umutima ushaka. Ati “Ariko kandi habaho no kugira abajyamama beza, bagushyigikira. Navuga ko rero urugendo rwanjye rukomeje, ndi mu itangira ryoswe, kuko mba numva kure hashoboka ngomba kuzahagera.”

Bora yavuze ko yegukana iki gikombe, mu gihe yatangiye gukora filime mbarankuru (Documentary) kuri iyi filime ye yise ‘Igihuku’. Ati “Ni cyo cyari icyifuzo nyirizina, nabanjye kugaragaza igitekerezo cyari gituye muri njye, mbishyira hanze abantu babasha kubyumva. Muri iki gihe rero ndi gutegura filime ndende ivuga ku mateka yacu.”

Filime ye 'Igihuku' yubakiye ku rugendo rw'umwana w'umukobwa n'umuryango we bahungiye muri Kiliziya Gatolika mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Bari bizeye y'uko Imana izabatara.

Ariko baje gusanga ahantu bafataga nk'ahantu hera, ariko hiciwe abatutsi benshi mu bice bitandukanye by'u Rwanda.

Bora Shingiro aherutse kubwira InyaRwanda ko yandika iyi filime yashakaga kugaragaza ko muri iki gihe hakenewe uruhare rw'amadini mu isanamitima.

Ati "Kuko twashenguwe cyane n'uruhare rw'amadini muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Turabakeneye kugirango bubake sosiyete Nyarwanda."

Uyu musore yavuze ko aya mafaranga yahawe azayifashisha mu gutegura filime ye ngufi yatangiye gukoraho.

Filime ye 'Igihuku' yerekanwe bwa mbere mu iserukiramuco nyafurika rya sinema ribera muri Amerika rizwi nka Silicon Valley African Festival, muri Nyakanga 2019. 


Bora Shingiro ari mu byishimo bikomeye nyuma y'uko filime ye yegukanye igikombe muri Amerika 


Bora yavuze ko iki gikombe yegukanye cyamuteye imbaraga zo gukomeza gukora ibikorwa bishamikiye kuri Cinema  



Filime ye 'Igihuku' iherutse kwegukana igikombe muri 'Mashariki African Film Festival'









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND