Tuyisenge Arsene avuga ko akimara guhusha penariti mu mukino ya CECAFA Kagame Cup yananiwe kwiyakira ariko umuryango wa APR FC ukaza kumuba hafi.
Tuyisenge
Arsene rutahizamu wa APR FC, ni we wahushije penariti yatumye APR FC ibura
igikombe cya CECAFA Kagame Cup cyaberaga muri Tanzania, mu mukino wa nyuma
wabaye ku cyumweru gishize aho APR FC yatsinzwe na Red Arrows kuri penariti
10-9.
Muri uyu mukino iminota isanzwe yarangiye amakipe yombi anganya igitego kimwe kuri
kimwe, bituma bajya muri penariti, Tuyisenge Arsene aba ari we uhusha penariti yatumye
APR FC itaha amara masa.
Ubwo
APR FC yageraga ku kibuga cy'indege cya Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa
kabiri, InyaRwanda yaganiriye na Tuyisenge Arsene itangira imubaza uko
irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ryamugendekeye.
Yatangiye
agira ati: "Ni urugendo rwagenze neza twagerageje gukora ibishoboka byose
n'ubwo navuga ko ku munota wa nyuma bitagenze neza kubera amahirwe, ariko muri
make twitwaye neza buriya niho urugendo rwari rugarukiye ariko ibyiza biri
imbere".
Abajijwe
ku byo yungukiye muri iri rushanwa yavuze ko ari irushanwa ryiza rizabafa.
Yagize ati: "Ni irushanwa ryiza ridufasha kwitegura andi marushanwa dufite,
bitumye tubona isura ku buryo ibitameze neza tuza kubikosora tukazagaruka tumeze
neza."
Agaruka
ku guhusha penariti Arsene yavuze ko nyuma yaho abakinnyi bamubaye hafi.
Ati: "Navuga ko bambaye hafi, baranyegera kuko njye kubyakira byari byananiye
kuko ari ubwa mbere byari bimbayeho, abakinnyi bambaye hafi bambera umuryango,
kandi naho tugeze baranyakiriye. Ntabwo nibuka umuntu waje mbere nkihusha
penariti kuko nari mu gahinda, gusa numvise amajwi menshi ambwira ngo bibaho, ni
ibintu bisanzwe."
Tuyisenge
Arsene, uyu ni umwaka we wa mbere akinira APR FC yagezemo avuye muri Rayon
Sports, ndetse akaba ari umwe mu bakinnyi bageze muri iyi kipe hakiri kare.
Ntabwo abafana ba APR FC bakiriye neza Tuyisenge Arsene nyuma yo kurata penariti
Abafana ba APR FC bari bayitegereje kugera umuseke utambitse
Arsene aganira na InyaRwanda
TANGA IGITECYEREZO