Mu mezi icyenda ashize ubwo umunyamuziki David Adedeji Adeleke [Davido] yashyiraga hanze amashusho y’indirimbo ‘Feel’ yataramiweho n’abanya-Nigeria bavuga ko iri kuzamuka cyane mu mibare ahanini biturutse ku buranga bw’umunyamideli witwa Adanna yifashishije.
Iyi ndirimbo yagiye hanze ku wa 3 Ukwakira 2023, ifite
iminota 3 n’amasegonda 35’. Ni imwe mu zigize Album uyu muhanzi uherutse
gutaramira i Kigali binyuze muri Trace Awards, yashyize hanze ku mbuga
zitandukanye zicururizwaho umuziki mu bihe bitandukanye.
Kuva yajya hanze byavuzwe cyane igihe kinini ko Davido
yacuditse n’uyu mukobwa, ndetse hari bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga
bavugaga ko uyu mukobwa atwite inda ya Davido ariko uko iminsi yacumaga, abantu
basanze ari ukubeshya.
Uyu mukobwa ugaragara muri iyi ndirimbo ‘Feel’ ni nawe
ugaragara mu ndirimbo ‘Sowe’ ya Bruce Melodie yakoreye mu gihugu cya Nigeria
muri Nigeria.
Yifashishije konti ye ya Instagram, uyu mukobwa yabajije
Abanyarwanda uko bakiriye kuba yagaragaye mu ndirimbo ya Bruce Melodie, bamwe
bamubwira ko yaciye ibintu, kuko ‘Sowe’ ariyo ndirimbo igezweho i Kigali.
Kandi, nawe yumvikanishije ko byari ibihe by’urwibutso kuri
we gukorana na Bruce Melodie muri iyi ndirimbo.
‘Sowe’ iri ku mwanya wa Gatatu mu ndirimbo zigize Album yise
“Colorful Generation” ya Bruce Melodie igomba kujya hanze mu Ugushyingo 2024.
Mu buryo bw’amashusho (Video) iyi ndirimbo yakozwe na
Director Perliks uri mu bagezweho muri iki gihe mu bijyanye no gutunganya
amashusho muri Nigeria.
Perliks asanzwe akorana na sosiyete yitwa ‘Nouvelle films’.
Ni we wakoze wakoze ku ndirimbo nka ‘Charm’ ya Rema, ‘City boys’ ya Burna Boy
n’izindi.
Mu buryo bw’amajwi (Audio) iyi ndirimbo ‘Sowe’ ya Bruce
Melodie yakozwe na Producer Saxbarrister, umunya-Nigeria wamamaye nka Mighty
Man.
Kubera ubuhanga afite mu gucuranga Saxophone, aherutse gucuranga mu ndirimbo ‘Call me every day’ ya Chris Brown na Wizkid n’izindi.
Mu myaka 14 ishize, Bruce Melodie ari mu muziki yagiye akora
indirimbo zubakiye ku rurimi rw'ikinyarwanda, ariko yagiye avugurura anaririmba
mu rurimi rw'icyongereza.
Muri iki gihe ni umwe mu babarizwa mu inzu ifasha abahanzi mu
bya muzika ya 1:55 AM. Mu ntangiriro y’indirimbo ‘Sowe’, Bruce Melodie
yagaragaje ko yayikoze mu rwego rwo gushyira itafari rye mu rugamba rwo guhashya
ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko.
Umwe mu bayobozi ba 1:55 AM Ltd, Kenny Mugarura aherutse
kubwira InyaRwanda, ko iyi ndirimbo yabatwaye amafaranga menshi, biri no mu
byatumye itinda kujya hanze nk'uko abantu babyifuzaga.
Yavuze ko hari byinshi bifuzaga gukora mu mashusho yayo
bizagaragara neza muri 'Behind the Scene'. Ati "Iyi ndirimbo yakozwe mbere
y'amatora, twafashe igihe cyo kwitegura no gushyira buri kimwe ku murongo,
kugirango izasohoke inogeye abantu. Iyo dukoze imibare tubona ko yadutwaye
arenga Miliyoni 50 Frw, aya mafaranga yagezeho bitewe n'ibikubiyemo."
Kenny Mugarura yavuze ko gukora iyi ndirimbo ihagaze aya
mafaranga, biri mu murongo wo gufasha Bruce Melodie gukomeza kujya ku rwego
mpuzamahanga, no guha abakunzi ibibanogeye.
Mu mashusho y'iyi ndirimbo, Adanna wakinnye ubutumwa uyu
muhanzi yaririmbye, agaragara yabaswe n'ibiyobyabwenge bigatuma yihutanwa kwa
muganga.
Umuvandimwe we ntaba yumva icyabaye, ndetse ashushubikana
Bruce Melodie amubaza icyo yabaye, bakamwihutana mu bitaro agatangira
kwitabwaho n'abaganga.
Mu bitaro, Bruce Melodie abura amafaranga yo kwishyurira uyu mukobwa agatekereza uburyo banyuranye mu bihe byiza, agashakisha inzira zo kumutabara.
Umuganga wabakiriye amwandikira imiti, undi nawe agatangira
inzira zo gushaka uko yamutabara. Uyu muhanzi yigira inama yo kujya kwiba imiti
muri 'Pharmacy' iba iri ku muhanda.
Kenny Mugarura ati "Byadusabye kubaka iriya ‘Pharmacy’
dushyiramo imiti n'ibindi bikoresho. Mu mashusho ubona ko Bruce Melodie atwara
imodoka akagenda akagonga 'Pharmacy'.
Bivuze ko ibyarimo byose byarangiritse, rero amafaranga yageze kuri
Miliyoni 50 Frw biturutse kuri ibyo byose."
Uyu mugabo yavuze ko iyi ndirimbo 'Sowe' yatanzweho byinshi,
kuva mu ikorwa ry'ayo mu majwi (Audio) ndetse no mu mashusho (Video).
Adanna agaragara mu mashusho y’indirimbo ‘Feel’ ya Davido, umunyamuziki ukomeye muri Afurika
Adanna ubwo yari kumwe na Davido mu ifatwa ry'amashusho y'indirimbo 'Feel'
Byavuzwe ko Davido yateye inda Adanna nyuma yo kumwifashisha
mu ndirimbo
Bruce Melodie yifashishije Adanna nyuma yo kugaragara mu
ndirimbo ya Davido
Adanna agaragara ko yihebeye gukorana n’abahanzi mu bihe
bitandukanye
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SOWE’ YA BRUCE
MELODIE
TANGA IGITECYEREZO