Chriss Eazy mu mishinga y'indirimbo na JZyNo ufashwa na Raphael wabaye ‘Manager’ wa AKA

Imyidagaduro - 20/07/2024 2:50 PM
Share:

Umwanditsi:

Chriss Eazy mu mishinga y'indirimbo na JZyNo ufashwa na Raphael wabaye ‘Manager’ wa AKA

Umuhanzi Rukundo Chriss wamamaye nka Chriss Eazy yahuye kandi agirana ibiganiro na Raphael Benza wabaye 'Manager' w’umuhanzi AKA usigaye akorana muri iki gihe n'umuhanzi JZyNo wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Butta My Bread'.

Uyu mugabo wabaye umujyanama wa AKA yari amaze iminsi i Kigali, aho mu rugendo rwe yageze mu Karere ka Gicumbi mu bikorwa byo kwiyamamaza kwa Paul Kagame uherutse gutsindira kongera kuyobora u Rwanda ku majwi 99.18%.

Icyo gihe mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Instagram, yagaragaje ko yagiriye ibihe byiza muri Gicumbi kandi yabonye uburyo ‘Abaturage benshi bakomeye, bashyigikiye ndetse bakunda Igihugu cyabo."

Yatanze ikiganiro yahaye abahanzi bari bakoraniye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Icyo gihe yari yatumiwe na Sosiyete ya ‘Africa in Colors’.

Raphael Benza yagiranye ibiganiro kandi na Chriss Eazy ndetse n'umujyanama we Junior Giti washinze Giti Business Group.

Junior yabwiye InyaRwanda ko ibiganiro bagiranye n'uyu mugabo byubakiye ku kureba uko Chriss Eazy yakorana indirimbo na JZyNo, ariko kandi harimo gusangira ubumenyi no kubafasha mu bijyanye no kumenyekanisha ibikorwa byabo cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Ati "Ibiganiro byibanze ku kureba uko twakorana indirimbo n'umuhanzi asanzwe afasha, harimo kandi gusangira ubumenyi mu kumenyekanisha ibikorwa byacu by'ubuhanzi, ibitaramo n'ibindi bikorwa bishamikiye ku buhanzi."

Junior yumvikanisha ko batangiye kwitegura kujya muri studio, kugirango batangire umushinga w'iyi ndirimbo Chriss Eazy azahuriramo n'uyu muhanzi.

Raphael Benza ari mu bajyanama bafite izina rikomeye muri Afurika y’Epfo. Niwe washinze inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya ‘VTH Season’ yanyuzemo abarimo umuraperi AKA wo muri Afurika y’Epfo, uherutse kwicwa.

Muri iki gihe ari gufasha umuhanzi JZyNo, ndetse agezweho binyuze mu ndirimbo zirimo ‘Butta My Bread’- Iyi ndirimbo aherutse kuyisubiramo ayikorana n'abarimo Nasty C, Sid Sriram ndetse na Lasmid. Uyu musore ariko anazwi mu ndirimbo zirimo nka 'Onana', 'Ami' n'izindi.


Chriss Eazy ari kumwe na Raphael wabaye umujyanama w’umuhanzi AKA uherutse kwicwa


Junior Giti ari kumwe na Raphael bagiranye ibiganiro byagurutse bigamije imikoranire n’ubufatanye hagati y’abahanzi bafasha mu muziki

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SEKOMA’ YA CHRISS EAZY

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘BUTTA MY BREAD’ YA JZyNo

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...