RFL
Kigali

Byinshi ku rupfu rw'umuhanzi Ayres Sasaki witabye Imana aguye ku rubyiniro

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:20/07/2024 13:01
0


Mu mpera z'icyumweru gishize tariki 13 Nyakanga uyu mwaka ni bwo humvikanye inkuru y'incamugongo y'uko umunyamuziki ukomoka muri Brezil, Ayres Sasaki yitabye Imana aguye ku rubyiniro ubwo yari ataramiye abitabiriye igitaramo cye cyaberaga i Salinópolis, Pará, muri Brezil.



Kuri ubu rero hamaze kumenyekana ko mbere y'uko Ayres Sasaki wari ufite imyaka 35 gusa y'amavuko agwa hasi ngo yitabe Imana, yari amaze umwanya muto ahoberanye n'umwe mu bafana be bari bitabiriye igitaramo cye cyaberaga kuri Solar Hotel i Salinopolis.

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri iki gihugu cya Brezil, byatangaje ko ubwo uyu muhanzi ndetse n'umufana we bajyaga kuramukanya, bakomye rumwe mu nsiga z'amashanyarazi maze bitera impanuka ishingiye ku mashanyarazi bihita bivamo urupfu rwa Sasaki.

Iby'urupfu by'uyu muhanzi ntibisobanutse neza uburyo umuriro w'amashanyarazi wamukubise wenyine umufana ntagire icyo aba, ariko polisi ya Para Civil Police yavuze ko ikomeje iperereza ku mpamvu y'ukuri yaba yihishe inyuma y'uru rupfu.

Ubuyobozi bwa Solar Hotel, ahari habereye igitaramo cya Sasaki, bwasohoye itangazo rivuga ko bari gukorana bya hafi n'inzego z'umutekano mu iperereza. 

Nyirasenge wa Sasaki yatangaje ko bari kuvugisha abantu bose bari hafi y'uyu muhanzi mu gitaramo mu rwego rwo gukomeza gushakisha icyaba cyaravuyemo urupfu rwe.

Usibye ubuhanzi, Sasaki yari n'umwe mu bakora ibishushanyo mbonera by'inyubako zijyanye n'igihe. Asize umugore witwa Mariana bari bamaranye amezi 11. 


Urupfu rw'umuhanzi Ayres Sasaki rukomeje gushengura benshi


Asize umugore bari bagiye kumarana umwaka umwe


Sasaki yapfuye urupfu rutunguranye ari ku rubyiniro 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND