RFL
Kigali

Kivumbi na Peace bagaragaje ubuhanga! Ibyaranze isabukuru y'imyaka 10 y’iserukiramuco ‘Ubumuntu’-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:20/07/2024 11:43
0


Umuraperi Kivumbi King ndetse n’umuhanzi Peace Jolis bagaragaje ubuhanga ubwo berekanaga imikino inyuranye yateguwe n’indirimbo mu gutangiza ibikorwa byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 y’iserukiramuco ‘Ubumuntu’ ryagize uruhare mu guteza imbere ubuhanzi, kandi rihuza abantu banyuranye.



Byabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024, ari na ho risanzwe ribera.

Iri serukiramuco ryabaye urubuga rwo kugaragaza no kuganira ku bibazo byugarije sosiyete, kandi ritanga umuti. Ariko kandi ryabaye ihuriro rihuza abahanzi bo mu bihugu bitandukanye, bagahuza imbaraga n’abandi mu rwego rwo kugaragaza uburyo ubuhanzi bwomora.

Kuri iyi nshuro ryitabiriwe n’abahanzi bo mu bihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Pakistan, u Burundi, Uganda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Afurika y'Epfo, Tanzania, Kenya n’abandi.

Mu gihe cy’iminsi 10 rigiye kumara riba rizarangwa n’ibikorwa birimo kuganira ku ngingo zinyuranye, nk’ubuzima bwo mu mutwe, ibiganiro ku buhanzi, kumurika ibihangano binyuranye, ikoranabuhanga mu buhanzi n’ibindi binyuranye.

Mu gutangiza ibikorwa by’iri serukiramuco rigiye kwizihiza imyaka 10 ishize, abaryitabiriye bafashe umunota wo kwibuka no kuzirikana inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.

Umuyobozi Mukuru w'Umuryango Aegis Trust ucunga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Mutanguha Freddy, yavuze ko imyaka 10 ishize y’iri serukiramuco yabaye ‘iy'impinduka' kandi 'twabonye ibikorwa by'abahanzi yaba abo mu Rwanda n'ahandi'.

Yavuze ko uburyo Hope Azeda yagiye agaragaza ubuzima bwe binyuze mu buhanzi ari 'kimwe mu byansigiye amasomo akomeye'.

Kivumbi King na Peace Jolis bigaragaraje

Peace Jolis uzwi cyane mu ndirimbo z’abana, yafatanyije n'abanyeshuri bo muri Kaminuza muri Leta ya California baririmba indirimbo zirimo ‘Jerusalema’ ya Master KG na Nomcebo bayisubiramo. Uyu muhanzi ariko yafashe n’umwanya wo kuririmba izi ndirimbo, ari na ko ajyanisha n’umukino bari bateguye.

Yanakoranye n’abandi babyinnyi mu mukino wakinwe mu rwego rwo gufungura ku mugaragaro iri serukiramuco. Ni mu gihe umuraperi Kivumbi ukubutse i Burayi yahuje imbaraga na bagenzi be b’urubyiruko bakina umukino wiswe ‘Generation 25’.

Uyu mukino washushanyije ibibazo urubyiruko rw’imyaka 25 rufite, ibitekerezo ndetse n’uburyo bakeneye kumenya byinshi, kandi babifashwamo n’abakuru. Bumvikanishaga ko bashaka urubuga, bakavuga ibiri ku mitima yabo.

Bisa n’aho ari umwana wavutse!

Umuyobozi wa Ubumuntu Arts Festival, Hope Azeda yabwiye itangazamakuru ko imyaka 10 ishize bategura iri serukiramuco ‘rwari urugendo shuri’. Ati “Urugendo rw’imyaka 10 rw’iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rwari urugendo-shuri. Rwari urugendo rwatumye imitekerereze yacu yaguka. Twakomeje tugenda, twakoresheje icyizere cy’umwana muto ni ko navuga.”

“Nk’umwana muto ntacyo atinya, ntacyo abaza, we aragenda, niko natwe twagenze. Dukomeza gufata urwo rugendo, ariko twahuye n’imbogamizi nyinshi, ukavuga uti bizagenda gute? Kuko rwagombaga kuba urubuga ruhuriraho abantu benshi batandukanye, ariko ugasanga, kubazana, amatike n’ibindi ari ibintu bigoye.”

Yavuze ko kugirango bakorane n’abahanzi bo mu bindi bihugu byasabye ko bashaka abaterankunga muri ibyo bihugu ‘kugirango batere inkunga izo ngendo z’abahanzi’. Ati “Twazirikanye izo nkunga kugirango dufashe abahanzi kuza mu Rwanda’."

Hope Azeda yavuze ko bishimiye kuba bizihiza imyaka 10 ishize, ariko kandi ni umukoro wo gutekereza ku hazaza h’iri serukiramuco. Ati “Ejo hazaza turabona naho ari heza, ariko kandi ni urugendo rurimo n’ibikomeye, ariko tuzabasha kubirenga.”

Iri serukiramuco ryazamuye benshi mu bahanzi muri iki gihe bakomeye. Hope avuga ko mu kwizihiza iyi sabukuru, bazakorana n’abo bahanzi nk’abagize uruhare.

Kandi batangiranye na bariya bahanzi nabo ari bwo bari batangiye urugendo rwo kwishakamo ubuvanganzo. 

Ati “Icyo urubuga nk’uru rukora ni ugutyaza bwa buvanganzo. Ni abantu baba bafite impano ariko bashaka aho bayityaza.” 

Mu mikino ya mbere yerekanwe, abanyarwanda bahuje n’abanyamahanga kugira ngo ‘basangire ubumenyi’.

  

Habayeho kwizera Imana

Hope Azeda yavuze ko batangiza iri serukiramuco bari bafite inzozi no gusenga, bifuza ko rizaba mpuzamahanga, kandi rigaharanira guteza imbere ubumuntu.

Ati “Habayeho kwatura. Turavuga tuti ‘Ubumuntu’ buzaba iserukiramuco rihuza abantu bose batandukanye bo muri iyi minsi. Ni twebwe twiyaturiragaho ibintu bikomeye gusa, bizaba ari iserukiramuco ya mbere muri iyi isi, bizaba ari iserukiramuco rizirikana ubumuntu gusa, bizaba ari iserukiramuco rishakira ibisubizo ibibazo.”

Buri mwaka bagiye bagira insanganyamatsiko yihariye ahanini bitewe n’ibyabaga bihangayiishije sosiyete. Iri serukiramuco ribaye mu gihe ibihugu birenga 60 bamaze kuryitabira, ndetse ryari risanzwe riba iminsi itatu, ariko kuri nshuro rizaba mu gihe cy’iminsi 10.

Hope Azeda ati “Inzira twafashe ni yayindi ituma ubanza kwibaza ngo ese ndajya he? Kubera iki? Buri ntambwe twateraga yari ifite impamvu. Twateraga intambwe twibaza ngo kubera iki? Kuki twaganira kuri iyi nsanganyamatsiko?”

Muri rusange iri serukiramuco rifatwa nk’urubuga rugamije guhindura imyumvire ibangamira ikiremwamuntu.


Abo mu Ntara n’abakurikirana Radio batekerejweho

Hope Azeda yavuze ko mu rwego rwo kwizihiza byihariye iyi sabukuru y’imyaka 10 ishize, bahisemo ko bazataramira n’abo mu Ntara. Igikorwa cya mbere bazagikora tariki 27 Nyakanga 2024 muri Nyamata, mu rwego rwo gusubiza ibyifuzo by’abantu bahoraga bibaza impamvu iri serukiramuco rigarukira muri Kigali gusa.

Hari gahunda y’uko kandi umwaka utaha mu 2025, iri serukiramuco rizakora ibikorwa bizwi nka ‘Memory Caravane’ aho bazaganiriza abaturage.

Hope anavuga ko kuri iyi nshuro bamaze gufata ibiganiro bishamikiye kuri iri serukiramuco bizajya bitambuka kuri Radio. Ati “Kuri Radio tugiye gutangiraho gahunda twise ‘Urwandiko’ aho twafashe amajwi y’abantu ndetse n’abanditsi, bizajya bitambuka muri Radio binyuze mu cyo twise ‘Urwandiko/Letters of Legacy’.

“Abantu benshi bazi kwandika ariko se twandika kubera impamvu? Rero bigamije no gutera imbaraga abahanzi, izi ‘Audio’ zose twafashe uko ari 27 zizatambuka kuri Radio Rwanda. Ni ubwa mbere iserukiramuco rigiye kubera kuri Radio, kuko dusanzwe dufite ikinamico, reor ubumuntu bugiye kuri Radio, bugiye mu baturage, ni ikikwereka ko wa mwana wacu arimo gukura.”

Iri serukiramuco riri kuba binyuze mu bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry'Ubuhanzi n’abandi bafatanyabikorwa banyuranye.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Sandrine Umutoni yagaragaje ko bishimiye kuba abategura iserukiramuco ‘Ubumuntu’ barabegereye kugira ngo ‘tubafashe kwizihiza isabukuru y’imyaka 10’ kandi byahise byumvikana ‘kuri twe kuko bari guteza imbere ingandangamuco, ububanyi n’ibindi bihugu, guteza imbere umuco n’ibindi’.

Sandrine Umutoni yavuze ko ibihangano byagaragajwe n’amatsinda anyuranye y’abahanzi ari ibishimangira ubumuntu mu bantu cyane cyane mu kwerekana ‘abo turi bo nk’abantu’.

Yavuze ko iri serukiramuco riri mu murongo wa Guverinoma wo guteza imbere inganda ndangamuco, kandi ryafashije abageze mu Rwanda bwa mbere kumenya urugendo rwo kwiyubaka k’u Rwanda n’amateka asharira u Rwanda rwanyuze.

Muri iri serukiramuco, itsinda ryo muri Afurika y’Epfo ryakinnye umukino ugaragaza ko abanyafurika bakwiye kwishimira umugabane wa Afurika, kandi bakagira uruhare mu kuwuteza imbere.  


Peace Jolis ari kumwe na Kivumbi King bakinnye mu mukino wiswe 'Generation 25' 


Umuraperi Kivumbi King ukubutse mu bitaramo i Burayi, yagaragaje ubuhanga ubwo yakinaga umukino wubakiye ku kugaragaza urubyiruko rufite byinshi rushaka kumenya 


Sandrine Umutoni yagaragaje ko iserukiramuco 'Ubumuntu' ryabaye umwanya mwiza wo guhuza abantu banyuranye



Itsinda ryo muri Afurika y'Epfo ryakinnye umukino usaba abanyafurika guharanira guteza imbere Afurika



Peace Jolis afatanyije n'abanyeshuri bo muri Kaminuza yo muri Leta California muri Amerika baririmbye indirimbo "Amahoro"












Ambasaderi wa Pakistan mu Rwanda, Naeem Ullah Khan yishimiye ko mu bagize uruhare muri iri serukiramuco 'Ubumuntu' hari n'abahanzi bo muri Pakistan


Hope Azade watangije iri serukiramuco, yumvikanishije imyaka 10 ishize rwari urugendo rutoroshye ariko rwashobotse 


Hope Azeda yavuze ko iri serukiramuco rigiye gutangira gutambuka kuri Radio, kandi rizagezwa no mu Ntara 


Itsinda rya Mark Gordon ryakinnye umukino wiswe 'We Count to 10' mu kwizihiza isabukuru ya 'Ubumuntu'


Umunya-Nigeria, Flora usanzwe ari umushyushyarugamba mu bikorwa b'iserukiramuco 'Ubumuntu' 


Umuyobozi w'Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Freddy Mutanguha yagaragaje ko bishimira uruhare rw'iserukiramuco 'Ubumuntu' mu guteza imbere ubuhanzi n'ubumuntu


Kanda hano urebe amafoto yaranze kwizihiza isabukuru y'iserukiramuco 'Ubumuntu'

AMAFOTO: Serge Ngabo- InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND