RFL
Kigali

U Rwanda ruragendwa! Abanyamahanga bamaze gutaramira i Kigali muri uyu mwaka

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:20/07/2024 11:15
0


Kuva uyu mwaka wa 2024 watangira, hari ibihangange bifite amazina aremereye mu isi y’imyidagaduro byagiye biza gutaramira mu Rwanda, bikagira ingaruka nziza ku myidagaduro yo mu Rwanda no mu zindi nzego z’ubuzima zirimo n’ubukungu bw’igihugu.



Uko iminsi igenda ihita indi igataha, niko uruganda rw’imyidagaduro rugenda rurushaho gutera imbere ku buryo kuba hari abanyamahanga bifuza kuhataramira cyangwa kwitabira ibikorwa runaka bihabera bitakiri igitangaza.

Aho uyu mwaka wa 2024 ugeze, hari abanyamuziki benshi ndetse n'abanyarwenya mpuzamahanga bagiye baza gutaramira i Kigali mu Rwanda, kandi uruzinduko rwabo ntirugire ingaruka nziza ku myidagaduro gusa, ahubwo bigatanga akazi no ku bakora ibikorwa byo gutwara ibintu n’abantu, ku banyamahoteli, ku bacuruzi n’abandi bafite aho bahurira n’ubukerarugendo ari na ko bizamura ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Dore bamwe mu bo InyaRwanda yaguteguriye uyu munsi:

1.     Tanasha Donna


Tanasha Donna wageze bwa mbere mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 20-21 Kamena 2024, kwinjira mu gitaramo cye byari ibihumbi 20 Frw n’ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro, mu gihe ushaka ameza ateye mu myanya y’icyubahiro we yishyuye ibihumbi 300 Frw agahabwa amacupa abiri y’umuvinyo.

Ni mu gihe mu gitaramo cye cya kabiri cyo ku wa 22 Kamena 2024, aho yari buyobore ibirori byagombaga kubera kuri piscine ya B Hotel i Nyarutarama,  kwinjira ku bantu batanu bari kumwe byari kuba ari ibihumbi 250 Frw bagahabwa amacupa abiri y’umuvinyo.


Ibi bitaramo bibiri byateguwe n’iriya Hotel, ariko n’urugendo bafashijwemo na Jeanine Noach na Sacha Kate.

Ibi bitaramo byombi ntiyabashije kubikora nk’uko yari yabiteguye. Ku wa Gatanu yataramiye muri B Lounge, icyo gihe yakoresheje iminota 5 gusa abasha gutaramira abantu batarenga 10. Nyuma, ku wa Gatandatu yari ategerejwe kuri B Hotel i Nyarutarama, ntiyahakandagira bitewe n’uko habuze n’iyonka yitabira iki gitaramo.

2.     Adekunle Gold


Umuririmbyi w’Umunya-Nigeria, Adekunle Kasoko, wamenyekanye nka Adekunle Gold cyangwa AG Baby, yasesekaye i Kigali ku wa Gatatu ku itariki 22 Gicurasi 2024, saa 21:00 zibura iminota mike, aho yari yaje kwifatanya n’abakunzi ba Basketball mu mikino ya nyuma ya BAL.

Ni imikino yabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena. Yarebwe na Perezida Kagame na Madamu, Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko ndetse n’Iterambere ry’abahanzi, Sandrine Umutoni, 'Umuyobozi wa Basketball Africa League (BAL), Amadou Gallo n’abandi.

Iyi mikino yafunguwe ku mugaragaro mu mukino wa kabiri wakinwe saa mbili z’ijoro, wahuje ikipe ya FUS Rabat yo muri Maroc yaje gutsindamo Al Ahly SC yo mu Misiri amanota 89 kuri 78. Umukino wa mbere wari wakinwe kuva saa kumi n’imwe z’umugoroba, ikipe ya Al Ahly Ly SC yatsinze Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo amanota 87-76.


Mu karuhuko k’umukino wa kabiri, ni bwo umunya-Nigeria, Adekunle Gold yahawe umwanya ataramira abakunzi be n’abitabiriye uyu mukino. Uyu mugabo wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Okay’, yifashishije ku rubyiniro ababyinnyi babarizwa mu muryango Sherrie Silver Foundation.

Mu gihe cy’iminota itatu, yagaragaje ko yari akumbuye gutaramira i Kigali, ndetse ku rutonde rw’indirimbo yateguye, yongeyeho indirimbo ‘High’ yakoranye na Davido.

3.     Eddy Kenzo


Kuwa Gatanu tariki 29 Werurwe 2024 ni bwo umunyabigwi mu muziki wa Africa y'Iburasirazuba, Edrisah Kenzo Musuuza wamamaye nka Eddy Kenzo, yageze ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

Icyo gihe, yakiriwe na Nemeye Platini ari nawe wamutumiye mu gitaramo gikomeye cyo kwizihiza imyaka 14 amaze mu muziki yise 'Baba Xperience' cyabaye ku wa 30 Werurwe 2024 muri Camp Kigali.

4.     RJ The DJ


Romy Jons usanzwe ari DJ wihariye w'umunyamuziki Diamond yageze i Kigali tariki 30 Gicurasi 2024, ahagana saa tanu z'ijoro, ahita atangaza ko amaze iminsi mu biganiro na Andy Bumuntu biganisha ku gukorana indirimbo.

Romy Jons ukoresha amazina ya Rj The DJ mu kuvanga imiziki, mu ijoro ryo ku itariki 31 Gicurasi 2024 yataramiye muri The Green Lounge, akabari kari mu Karere ka Kicukiro ahazwi nka Sonatube, aho kwinjira byari ibihumbi 10 Frw ahasanzwe n’ibihumbi 20 Frw mu myanya y’icyubahiro.

Ku wa Gatandatu tariki 1 Kamena 2024 yacuranze mu gitaramo cyaherekeje imikino ya BAL.

5.     Doctall Kingsley


Umunyarwenya wo muri Nigeria, Doctall Kingslay, usigaye yiyita Ntakirutimana yataramiye abakunda urwenya bari bateraniye i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha ‘Expo Ground’ mu gitaramo cyabaye mu ijoro ryo ku itariki 9 Kanama 2024, giha amahirwe abataragira amazina mu mwuga wo gusetsa biyereka abafana mbere y’uko abanyarwenya bubatse izina bahabwa umwanya.

Ubwo yahamagarwaga ku rubyiniro, Doctall Kingslay yinjiranye igikapu gisa n’imyenda yari yambaye. Abari bateraniye mu cyumba cyabereyemo igitaramo bikojeje mu bicu bamwereka urukundo rudasanzwe.

Doctall Kingslay usanzwe uzwiho gushishikariza abanyamahanga gukunda u Rwanda, yateye urwenya rwinshi rwibanda kuri Perezida Paul Kagame, amugaragaza nk’umuntu udasanzwe.

6.     Patrick Salvador


Umunyarwenya ukomeye muri Uganda, Patrick Salvadro ufite amateka agaragaza ko imyaka 10 ishize ari mu ruganda rw'urwenya, yigaragaje nk’umunyempano udasanzwe, w’ijwi rigari, kandi wagiye wifashisha inkuru zinyuranye akanyura benshi, bageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe tariki 20 Werurwe 2024.

Patrick Salvadro na mugenzi we Dr Okello Hillary bari bitabiriye Gen-z Comedy yabaye tariki 21 Werurwe 2024, muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Bahuriyemo n’abanyarwenya bo mu Rwanda barimo Nkusi Arthur, Rusine, Muhinde, Kigingi wo mu Burundi n’abandi.

7.     Dr Okello Hillary


Dr Okello Hillary uri mu bafite amazina akomeye mu banyarwenya bo muri Uganda, nawe yazanye na mugenzi we Patrick Salvador mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabaye ku wa 21 Werurwe 2024, muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

8.     Zoravo


Umuramyi Jado Sinza yakoze igitaramo gikomeye yise "Redemption Live Concert" cyabereye muri Camp Kigali ku wa 17 Werurwe 2024, naho Zoravo yandika amateka mu gitaramo cya mbere akoreye mu Rwanda.

Zoravo uri mu baramyi bakomeye muri Tanzania, akigera ku rubyiniro, abantu benshi bahise begera imbere hanyuma batangira kubyinana n'uyu muhanzi wagaragaje imbaraga zidasanzwe ndetse ahita ahindura isura y'igitaramo n'ubwo cyari kigeze mu masaha akuze ariko byabaye byiza kuko abantu batahanye umugisha nk'uko Zoravo yari yarabitangaje.

9. Fortran Bigirimana


Mu ijoro ryakeye ku wa 14 Mutarama 2024 ni bwo Fortran Bigirimana ufite inkomoko mu Burundi ariko utuye mu Bufaransa, yataramiye abakunzi b'umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu gitaramo cyiganjemo ibyamamare mu ivugabutumwa no gukorera Imana. Ni igitaramo cyizihiye cyane abacyitabiriye, bagaragariza urukundo uyu muramyi umaze imyaka 20 mu muziki wo kuramya Imana.

Ni umugoroba udasanzwe wabereye mu Karere ka Kicukiro ku rusengero rwa New Life Bible Church Kicukiro kuva saa kumi n'ebyiri n'iminota 30 z'umugoroba. Uyu muhanzi yataramiye abakunzi be n'ab'umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana muri rusange. Yaririmbye indirimbo ze nshya zigize album ye yise "Birakwumvira".

Izi ndirimbo yaririmbye ni 'Araganje", "Agano Letu", "Yesu Kristo", "Uri Mwiza", "Ncuti Nziza", "Allelua Hozana" yakoranye na James na Daniella, "Ndafise Impamvu", na "Yeriko/ ni Yesu/ Ngendera Ahagutse" zanyuze benshi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND