RFL
Kigali

Yigeze kumpa ibihumbi 200Frw! P-Fla yahishuye uko Bull Dogg yaramiye umubano wabo nyuma yo gushwana-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/07/2024 10:25
0


Umuraperi Hakizimana Murerwa Amani uzwi nka P Fla yabayeho urugendo rw’umuziki rwamusunikiraga mu bihe bitandukanye no gukozanyaho na Ndayishimiye Mark Bertrand [Bull Dogg] ku buryo hari abatekerezaga ko aba bombi batigeze bacana uwaka mu myaka yabo ya mbere.



Ariko kandi ntazibazana zidakomanya amahembe, kandi hari umugani uvuga ko nta mvura idahita. Nubwo byari bimeze kuriya, abafana bafashe uruhande, abari bashyigikiye P-Fla barigaragaza ndetse n’abari bashyigikiye Bull Dogg barigaragaza icyo gihe.

Uribuka indirimbo se nka ‘Mana y’inzara’, ‘Ntibishoboka’, ‘Imbwa yanjye’ n’izindi. Ni indirimbo zasohokaga P-Fla yibasira mugenzi we Bull Dogg mu gihe nawe yari ahanganye no gushaka amajwi mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Stars.

Byari ibihe bidasanzwe kuri bombi, ariko kandi hari abakunzi ba Hip Hop bagiye bavuga ko bari baryohewe. Mbese kuri bo ibihe nk’ibihe byagaruka!

Nko mu Kuboza 2015, havuzwe inkuru y’uko P-Fla yahunze ava mu kuba muri ‘Ghetto’ kubera ubushotoranyi bwa Bull Dogg bwari bumaze igihe bitewe n’indirimbo zuzuye ‘ibitutsi’ bombi bagiye bakora mu rwego rwo gusubizanya.

P-Fla ari kwitegura kujya gutaramira mu Mujyi wa Dubai, kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Nyakanga 2024, kandi ni ubwa mbere azaba ahataramiye.

Yahagurutse ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024. Ni urugendo rw’amasaha make kugirango abe ahageze.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda, P-Fla yavuze ko yabaye umuraperi mushya warenze kuririmba indirimbo zicyurira abantu, ahubwo ashyira imbere ubutumwa bwubaka abantu.

Yemeye ko yagiye acyurira Bull Dogg mu ndirimbo, ariko kandi byarangiye ashyizeho akadomo.

Yavuze ko nubwo abantu bari bazi ko ubushotoranyi bwe na Bull Dogg bukomeye, mu bihe bitandukanye aba bombi barasangiraga cyane, kandi rimwe na rimwe Bull Dogg yamuhaga amafaranga.

Ati "Reka nkubwira ikintu muvandimwe! Bull Dogg ari muri Guma Guma yashobora kuva ku rubyiniro batashye bavuye mu bitaramo akaza i Nyamirambo aje nko muri Studio agahita aza kundeba ahantu hose, akaza kunshaka muri karitsiye. Ni ukuvuga ngo inshuti zanjye zose yabaga azizi. Ni ukuvuga ngo ambuze hamwe yabaga anzi ahandi."

Akomeza ati "Yanshyiraga mu modoka tukagenda, tukaganira, kandi bikimeze kuriya. Akambwira ati umwanya wanjye urarangiye ariko hari ubutumwa bwawe nari mfite, akajya ku ruhande akampa 'enveloppe' akambwira ati aho ngaho harimo ubutumwa bwawe'. Bull Dogg akambwira ati 'njyewe ndakomeje' najya gufungura nkasanga harimo nk'ibihumbi 200 Frw."

P-Fla avuga ko ubuzima yagiye abanamo na Bull Dogg bwamuhaye ishusho yo kurenga ibibatanya, ahubwo nawe atangira kwitekerezaho ashyira akadomo ku ndirimbo zacyuriraga mugenzi we, kuko yari anahatanye mu marushanwa rya Primus Guma Guma Super Stars.

Uyu muraperi avuga ko kimwe n’abandi, hari abafana batekerezaga ko ubwo bombi bashotoranaga binyuze mu ndirimbo, ntawashoboraga gusuhuza undi ariko ngo siko byari bimeze.

Ati "Hari ababitekerezaga uko! Ariko ntabwo byigeze biba ibintu binini cyane ngo tuvuge byacitse. Byari ibihe bikomeye ariko ntabwo byari gutuma dukozanyaho. Urumva' habayeho ibintu bitafashe igihe kinini mbese mu kanya gato bihita birangira, tubona y'uko atari ngombwa.'

Uyu muraperi yavuze ko we na Bull Dogg banashyize iherezo ku makimbanire, binaturutse ku kuba ababyeyi babo barigeze kuganira, bareba hamwe icyatuma bombi bakora umuziki utarimo gushanwa.

Ati "Ntabwo navuga ko imiryango yatwungutse. Ahubwo ni uko nabo ubwabo hari ukuntu babonye ibintu twabijyanye kure cyane, bati 'rap mwayijyanye kure'. Ibyo byose byahise bitugarura. Kuko urumva ntabwo turi abana baturuka mu miryango mibi."


P-Fla yatangaje ko imiryango yombi yateranye irabunga hagamijwe ko bakora indirimbo zifasha sosiyete


P-Fla yavuze ko hari ubwo Bull Dogg yamuhaye ibihumbi 200 Frw avuye muri Guma Guma


Bull Dogg yakunze kugaragariza P-Fla ko ntakibazo bafitanye nubwo yabaga yumva indirimbo yakoze zimwibasira


P-Fla agiye gutaramira ku nshuro ye ya mbere mu Mujyi wa Dubai


P-Fla yavuze ko yarenze indirimbo zibasiye bagenzi be, ubu yabaye umuraperi mushya

 

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA P-FLA

"> 

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ZA P-FLA NA BULL DOGG BACYURIRANA

">

VIDEO: Murenzi Dieudonne- InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND