RFL
Kigali

Ruhango: Gutora babigize umurimo wa kare

Yanditswe na: Habineza Gabriel
Taliki:15/07/2024 15:45
0


Kuri uyu wa 15 Nyakanga abanyarwanda babyukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite.Mu karere ka Ruhango, ukigera mu mujyi rwagati saa kumi n’ebyiri n’igice za mugitondo wakirwaga n’abakaraza baje kwizihiza amatora bise ‘ubukwe’.



’Kuva saa tatu n’igice, nibwo umujyi watangiye kwiyongeramo urujya n’uruza rw’abantu ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi byari bimaze gufungura.

Iyi ntero yo kwizindura bagatora nyuma bagasubiza ku mirimo yabo ntiyasize n’ibindi bice bigize aka karere ka Ruhango.
Nzwinimana Daniel wo mu murenge wa Ntongwe watoreye ku rwunge rw’amashuri rwa Ntongwe, avuga ko yazindutse aje gutora kugira ngo asubire ku kazi ke k’ubumotari.

Yakomeje avuga ko gutora kuri we bisobanura Demokarasi ndetse asaba abanyarwanda gutora mu mucyo no mu bwisanzure.

Yongeyeho ati: “Twizeye intsinzi y’amatora meza kandi ari mu mucyo.’’

Ndahimana Moussa w’imyaka 51, utuye mu murenge wa Kinazi akaba yatoreye ku kigo cy’amashuri cya Nyarugenge, avuga ko akazi ushyizeho umutima ugakora kare.

Yagize ati’’ Nabiraranye ku mutima’’.

Akomeza avuga ko amatora asobanura uburyo bwo kwihitiramo abayobozi babereye igihugu.

Mu Murenge wa Ruhango werekeza mu wa Kinazi nawo wari wiganjemo abajya gutora, intero ari umurimo.

Nk’ahitwa Musoma na Ntongwe, saa yine zageze ubona ko abantu bamaze kugabanuka cyane harimo n’ibyumba by’itora bidafite abantu.


Mu  Saa Kumi n'Ebyiri z'igitondo ni uku mu Mujyi wa Ruhango hari hameze


Ukihagera wakirwaga  n'abakaraza gusa

Saa Tatu z'igitondo   bavuye gutora, ari urujya n'uruza  mu mujyi

Ibikorwa by'ubucuruzi ntibyatinze gufungura


Abo kuri Site ya GS Musamo mu Murenge wa Ruhango  bazindutse 


Ibyishimo byari byose ku bakuze 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND