RURA
Kigali

Iby’amatora bizaba ejobundi njye mbibara nk’ibyabaye – Paul Kagame wa FPR-Inkotanyi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:13/07/2024 16:05
0


Ubwo yasorezaga ibikorwa byo kwiyamamariza kongera kuyobora u Rwanda kuri Site ya Gahanga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, Umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimangiye ko afite icyizere cy’uko amatora azagenda neza.



Mu gihe habura amasaha macye ngo hatangire amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, Kandida-Perezida Paul Kagame yumvikanishije ko afite icyizere kiri hejuru cy’uko aya matora azagenda neza ndetse kuri we byarangiye kera kuko yizeye intsinzi y’Abanyarwanda.

Mu ijambo rye, yavuze ko afite icyizere cy’uko amatora azagenda neza ndetse azatorwa n’Abanyarwanda bityo, azashyira imbere kubagezaho ibikorwa by’amajyambere ababereye.

Yakomeje agira ati: “Iby’amatora bizaba ejobundi, njye mbibara nk’ibyabaye. Niho mpera rero, njye mvuga ibizaba nyuma y’amatora, niyo mpamvu mvuga gukomeza umutekano, gukomeza inzira y’amajyambere, inzira y’ubuyobozi bwiza bushingiye ku guhitamo ari yo demukarasi.

Iby’abandi batuvuga, ntibikabateshe umwanya, ntabwo byicaga. Hica ubutindi, kubura umutekano, hica kugira politiki mbi, ni byo byica naho ubavuga nabi, ntabwo byica.”

Kandida-Perezida Paul Kagame yakomeje avuga ko abirirwa bavuga nabi Abanyarwanda ari bo bicwa n’agahinda, ashimangira ko abo ari bacye cyane kandi ko uko bahugira muri ibyo ariko batera igihugu imbaraga zirushijeho.

Ibikorwa byo kwiyamamaza kuri Paul Kagame byari bimaze ibyumweru bitatu, byasojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024 kuri Site ya Gahanga mu Karere ka Kicukiro. 

Ni ibikorwa byatangiye ku wa 22 Kamena 2024, bigera kuri Site 18 hirya no niho mu gihugu, aho ibihumbi by’abanyamuryango bari bacyereye kumwakira.


Umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame yavuze ko yizeye ko amatora azagenda neza, ashimangira ko FPR yasoje akazi kayo neza


Paul Kagame yashimiye abitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza aho yageze hose mu gihugu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND