Ni ubutumwa batambukije kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Nyakanga
2024, ubwo bifatanyaga n'abanya-Gicumbi, mu kwamamaza Paul Kagame mu bikorwa
byabereye kuri Sitade ya Gicumbi.
Mu butumwa bwe, Junior Giti washinze Giti Business Group,
yavuze ko kwitabira ibikorwa byo
kwamamaza Paul Kagame bigamije gushishikariza buri wese kugira uruhare mu
matora ateganyijwe tariki 15 Nyakanga 2024 atora Paul Kagame.
Yavuze ko ari ku nshuro ya munani yitabiriye ibikorwa byo
kwamamaza Paul Kagame 'ariko kugeza uyu munsi nta gikorwa kirenze kwamamaza
Paul Kagame'. Ati "Ni ibyishimo, ni ubusabane, ni umuryango, twese aha ngaha
twisanzuye, twanezerewe."
Junior usanzwe ari umujyanama wa Chriss Eazy, yashishikarije
abatuye Akarere ka Gasabo na Kicukiro bitegura kwakira umukandida Paul Kagame
kuzitabira ku bwinshi.
Ni mu gihe King James avuga ko gushyigikira Paul Kagame
bituruka mu kuba 'yaradukoreye byinshi'. Ati "Nta kintu natwe tutazamuha.
Ubwo rero gahunda murayumva tariki 15 Nyakanga ni ugutora ku gipfunsi, dutora
umusaza wacu kugirango dukomeze tujye imbere mu majyambere."
Miss Nishimwe Naomie avuga ko gushyigikira Paul Kagame
bituruka 'ku byiza' yagejeje ku Banyarwanda cyane cyane 'urubyiruko nanjye ndimo'.
Ati "Niyo mpamvu tuzamugwa inyuma, umuturage ku isonga."
Umuhanzi wagwije ibigwi mu muziki w'u Rwanda, Massamba Intore
avuga ko yabaye igihe kinini mu Karere ka Gicumbi, aho yakoresheje inganzo ye
mu rugamba rwo kubohora Igihugu.
Uyu mubyeyi yavuze ko yabaye i Gicumbi igihe kinini, kandi
afitanye amateka adasanzwe n'aka karere. Yavuze ko ari akarere kateye imbere
ashingiye ku gihe yamaze akabamo.
Ati "I Gicumbi ni ahantu nzi cyane. Ni ahantu nabaye,
mpafite amateka maremare. Ibintu byarahindutse, ibintu bisa neza, harasa neza,
ni ibintu rero tugomba gusigasira."
Yabwiye urubyiruko ko 'uyu ari umwanya wanyu kugirango
musigasire ibyagezweho'. Massamba wamamaye mu ndirimbo zinyuranye,
yashishikarije abanyamuryango FPR-Inkotanyi n'abandi kuzatora neza tariki 15
Nyakanga 2024.
Umunyarwenya akaba n'umunyamakuru wa Kiss Fm, Rusine Patrick
ashima cyane Paul Kagame, akumvikanisha ko mu myaka 30 ishize yateje imbere ibikorwaremezo
n'ikoranabuhanga bituma Internet yarageze ku mubare munini w'abatuye u Rwanda.
Yavuze ko ari ku nshuro ya mbere agiye gutora, ndetse afite
amatsiko y'uko bizaba bimeze kuri uriya munsi wa tariki 15 Nyakanga 2024. Ati
"Amajwi ni hahandi agomba kujya, PK wacu turi kumwe cyane."

Massamba Intore yatangaje ko yishimiye uburyo Gicumbi yahindutse- Kandi ni akarere yabayemo cyane mu gihe cy'urugamba
King James yumvikanishije ko atewe ishema no kuba ashyigikiye
Paul Kagame ku mwanya w'Umukuru w'Igihugu
Umunyarwenya Rusine Patrick yavuze ko azirikana amahitamo ye
tariki 15 Nyakanga 2024

Junior Giti yavuze ko amaze kwitabira ibikorwa byo kwiyamamaza Paul Kagame birenga umunani

Miss Nishimwe Naomie yavuze ko Kandida-Perezida, Paul Kagame yateje imbere urubyiruko biri mu mpamvu amushyigikiye
