FPR
RFL
Kigali

Yakarabije ibirenge by'abarimo Manishimwe Djabel - Urwibutso ku mutoza Ntirenganya witabye Imana

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:5/07/2024 11:19
0


Mu ijoro ryatambutse ni bwo umupira w'amaguru mu Rwanda wakiriye inkuru y'akababaro ko Ntirenganya Jean de Dieu wamenyekanye cyane mu iterambere ry'umupira w'amaguru muri Gatsibo, yitabye Imana.



Ni inkuru yashenguye benshi mu bakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda by'umwihariko abari bazi uyu mutoza ndetse n'abo yafashije gukabya inzozi zabo. Ni umugabo wiraburaga, wakundaga kureba nk'uwitegereza, wari warahoberanye n'ikitwa siporo ndetse akiga kwagura imipaka bigendanye n'ibyo yifuza kugeraho.

Umupira w'amaguru mu Rwanda wabayeho nibura buri gice cy'igihugu bishoboka ko cyavamo umukinnyi, ariko Kigali na Rubavu biba ikimenyabose kuko havaga abakinnyi benshi kandi bafite impano.

Ubuzima bwe bunini yabumaze mu bana 

Akarere ka Gatsibo kaje kwinjira mu hantu hatanga impano mu mupira w'amaguru mu Rwanda ndetse biza kugera aho umwana wabaga avuye i Kiziguro na Kiramuruzi yabaga adashidikanwaho ku buhanga bwe, ibi bikaba byaragize imbaraga ubwo umutoza Ntirenganya Jean de Dieu yari atangiye akazi k'ubutoza muri aka gace.

Duhere mu myaka ya 2005

Ntirenganya Jean de Dieu yatangiye gushyira itafari ku iterambere ry'umupira w'amaguru muri Gatsibo mu myaka ya 2005 ubwo yatangiraga gutoza abana bo muri aka gace abatoreza ku kibuga cya Gakenke. 

Ababyeyi bo mu Rubiri, Gakenke, Rubona, Gakoni, Kiramuruzi, Ntete, i Nduba, Kawangire, na bamwe bo muri Kiziguro, bakiriye inkuru ko hari umutoza uri gutoza abana bakiri bato ndetse batangira kuzana abana babo ku kibuga cya Gakenke ahantu hahoraga umupira kuva mu gitondo kugera inka zitashye.

Mu bushobozi bwari buhari, Ntirenganya yatangiye guterateranya abana batangira gukina abifatanya no gutoza bakuru babo dore ko mu 2006 yari umutoza wungirije wa Gatsibo yageze ku mukino wa nyuma ku Rwego ry'igihugu mu murenge Kagame Cup, bahura na Muhanga umukino wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera. 

Mu 2007 i Kiziguro naho havutse irerero ryari rije guhangana na Gatsibo Academic Sport, Ntirenganya yatozaga. Umuntu yavuga ko umupira mu bato muri aka gace wari umaze gufata irangi ndetse bitijwe umurindi n'uyu nyakwigendera.

Mu bakinnyi batangiye gutozwa n'uyu mutoza barimo Ndayishimiye Celestin wari kumwe n'abo bita Mutangana Sadick wari Kapiteni wabo, Sibomana Iddy waje gukinira ikipe y'igihugu y'abatarengeje imyaka 17 mu 2011 ndetse n'abandi batandukanye mu gihe mu ikipe y'abato harimo abakinnyi nka Manishimwe Djabel.

Uko imyaka yagiye yicuma Ntirenganya Jean de Dieu yakomeje kwaguka mu mirimo ndetse atangira kujya mu turere dutandukanye tw'i Burasirazuba nka Kayonza yatojemo ikigo cy'amashuri cya E.S.R aho yabaga yateruye hafi ikipe yose y'abana yatozaga i Kiramuruzi. Ntirenganya yaje gutoza amakipe arimo Etoile de L'Est na Rwamagana City mu myaka ya vuba aha, akaba yitabye Imana ari mu bajyanama ba Sunrise FC.

Akina kwa Ntirenganya

Kumva ngo umwana akina kwa Ntirenganya cyari ikimenyetso simusiga ko ari umuhanga ashobora kuzagera kure, ndetse ababyeyi be babaga bamufiteho icyizere cy'ejo hazaza. Yari umutoza uzi kurera umwana akamukurikirana kugera ageze ku rwego yifuza, aha twavuga nk'ikibazo cya Rayon Sports yigeze kuvuga ko ariyo yareze Djabel imurereye i Nyanza, ariko Ntirenganya akarwana kugera atanze amakuru y'ukuri.

Bamwe mu bakinnyi yafashe mu biganza

Ndayishimiye Celestin ubu ukinira ikipe ya Etoile de L'Est yamuciye mu biganza mbere yo kwerekeza mu irerero rya FERWAFA ryaje gukina igikombe cy'Isi mu 2011 ahava ajya muri Mukura ajya muri Police FC n'ahandi. Sibomana Iddy umukinnyi wari uzwiho umuvuduko w'umuhanga ariko nyuma yo gukina igikombe cy'Afurika cya u17 yabaye nk'uhagaritse umupira w'amaguru. 

Manishimwe Djabel na Ntirenganya mu bihe bose bibazaga uko bizagenda 

Ruboneka Bosco yaje nk'abandi bana abanza kubura aho akina, Ntirenganya afata umwanzuro wo kumukinisha nka nimero 2 yaje kuvaho nyuma, ariko imboni z'ibirenge bye ubu biri gutanga umusaruro muri APR FC zabonywe na Nyakwigendera. 

Manishimwe Djabel, umwana muto mugufi, ufite impano, kugera aho yeretse ubuhanga Ntirenganya Jean de Dieu atangira kujya amukinisha mu bakinnyi bakuru kandi akiri muto.

Niyomukiza Faustin myugariro wa Bugesera FC n'ikipe y'igihugu ya 23, yavuye ku Gipangu i Rubona hafi y'utubindi yambuka kaburimbo agwa mu biganza bya Ntirenganya kugera ubu yibuka uko yamufashije ndetse akaba umwe mu bakinnyi yitabye Imana yari amurwaje.

Ntabwo ari abo gusa kuko uruhare rwe ikiruta ibindi rwabarwa mu mupira w'amaguru w'u Rwanda by'umwihariko mu ntara y'Iburasirazuba itakaje urukundo rw'umupira, n'urugero rw'umuntu wahisemo inzira. 

Niyomukiza Faustin na Ntirenganya, imwe mu ifoto za vuba z'uyu mutoza 

Hoziana Kennedy ukinira ikipe ya Bugesera FC afata Ntirenganya nk'umubyeyi we 

Ruboneka Jean Bosco yibuka umunsi wa mbere Ntirenganya amwakira mu irerero 

Ndayishimiye Celestin yubuye amaso bya nyabyo mu gihe Ntirenganya yarimo ashaka uko bakatisha imodoka ya Kiramuruzi-Remera 

Ntirenganya agiye kare kuko yari agifite byinshi yaha umupira w'amaguru w'u Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND