FPR
RFL
Kigali

Impamvu eshatu zatumye P-Fla atumirwa kujya gukorera igitaramo i Dubai

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/07/2024 12:30
0


Umuraperi Hakizimana Amani wamamaye nka P-Fla ari mu myiteguro yo kujya gukorera igitaramo cye cya mbere mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, kizaba ku wa 20 Nyakanga 2024. Iki gitaramo cyateguwe sosiyete ‘Agakoni’ isanzwe ifasha abahanzi gutaramira muri uriya mujyi.



Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Batman wateguye iki gitaramo yavuze ko gutumira P-Fla gutaramira muri kiriya gihugu byaturutse mu kuba 'ari umuraperi ufite amateka mu Rwanda' no kuba muri Dubai' abaraperi aribo bagezweho muri iki gihe.

Ati "Nifuje gutumira P--Fla nk'uko nsanzwe nzamura n'abandi bakora injyana ya Hip Hop kubera ko ni bo bakunzwe hano i Dubai. Ikindi cya kabiri P-Fla ni umuntu ufite amateka y'umuziki mu Rwanda, ikindi n'uko nabisabwe n'abantu batuye hano i Dubai."

Yavuze ko iki gitaramo kizitabirwa n'abanyarwanda bari mu bice bitandukanye byo muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu ndetse n'abandi.

Uyu mugabo yavuze ko gutegura iki gitaramo biri no mu murongo wo guteza imbere injyana ya Hip Hop 'kubera ko mbona itakiri ku muvuduko nk'uwo yahoze mu myaka itambutse'.

Uyu mugabo niwe wafashije abarimo Bull Dogg, Bushali, Riderman gutaramira i Dubai. Ati "Abantu rero baramukunda hano, kuko barabinsabye."

Yavuze ko nyuma y'iki gitaramo azatumira n'abandi, cyane cyane abubakiye ku muziki wa Hip Hop, yaba ari abagize uruhare mu guteza imbere iyi njyana ndetse n'abandi baraperi bari kwigaragaza muri iki gihe.

Batman avuga ko P-Fla azahurira ku rubyiniro n'abandi bahanzi nyarwanda ariko babarizwa muri kiriya gihugu. Ati "Barahari bazaza kumufasha."

Yavuze ko gutumira uyu muraperi muri iki gitaramo i Dubai byaturutse ku bushuti bafitanye 'kandi nanjye nakoze umuziki mu 2012 byatumye menyana n'abantu benshi, icyo gihe hari abahanzi bacye nka ba Bac-T n'abandi, ni benshi'.   

Batman avuga ko mu 2012 yasohoye indirimbo zinyuranye, nyuma y'umwaka umwe afata icyemezo cyo kureka umuziki kubera ko 'nabonaga ko nta nyungu irimo'.

Ati "P-Fla ni inshuti yanjye. Ubwo nazaga mu Rwanda mu mwaka ushize twarahuye turaganira, anyereka imishinga ye ashoboye turemeranya, rero byabaye ngombwa ko tuganira, twumvikana ko agomba kuzaza agataramira muri Dubai."

Batman avuga ko Fireman ariwe wagombaga kujya kuririmba muri iki gitaramo ariko 'ntiyabashije kuboneka kubera impamvu ze bwite ariko nawe tuzakomeza kuganira kugeza ubwo nawe azaza'.

Iki gitaramo kizabera muri Hotel muri Club yita African Club/Matrix Club. P Fla ni umwe mu baraperi u Rwanda rufite bakomeye muri muzika nyarwanda mujyana ya Hip Hop, uyu mugabo ubundi ubusanzwe yitwa Murerwa Amani Hakizimana ariko akaba akoresha izina P Fla muruhando rwa muzika. Uyu mugabo yavutse mu mwaka wa 1983 avukira mu mujyi wa Kigali.

Indirimbo ye ya mbere yayikoze agarutse mu Rwanda muri 2008 avuye muri Norvege aho yakoze indirimbo yitwa "Ntuzankinishe" yakozwe na BZB wo muri TFP. Mu 2010, P Fla yakoze igitaramo cyo kumurika album ye yise "Naguhaye imbaraga" muri St Andre aho yakoreye agera muri million ya mafranga y'u Rwanda.


Umuraperi P-Fla agiye gutamira mu Mujyi wa Dubai ku nshuro ye ya mbere


Abanyarwanda n’abandi batuye i Dubai nibo basabye gutumira P-Fla


Umuraperi Fireman niwe wari kuririmba muri iki gitaramo, ariko ntiyabonetse kubera impamvu bwite


Mu 2023, Bushali, Green-P, Wiz Kool na Batman bataramiye i Dubai

 

Mu Ugushyingo 2023, Bull Dogg, Green P, White Monkey n'abandi bataramiye mu Mujyi wa Dubai

Mu 2023, umuraperi Riderman yataramiye ku nshuro ye ya mbere i Dubai

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MANA MFASHA' YA P-FLA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND