RFL
Kigali

Uncle Austin na Platini mu bataramiye i Ngoma mu kwamamaza Abadepite ba FPR- Inkotanyi-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:29/06/2024 15:10
0


Abahanzi Uncle Austin, Platini, Dj Pius ndetse n'umuraperi Karigombe bafashije ibihumbi by'abantu bari bakoraniye i Sake mu Karere ka Ngoma gususuruka ubwo bari bateze amatwi imigabo n'imigambi y'Abakandida-Depite b'umuryango FPR-Inkotanyi biyamamariza kwinjira mu Inteko Ishinga Amategeko.



Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kamena 2024, i Sake muri Ngoma mu Burasirazuba bw'u Rwanda ahasanzwe habera ibikorwa bihuza ibihumbi by'abantu.

Ibikorwa byo kwiyamamaza kw'abakandida-Depite byakomereje mu turere dutandukanye, hari abadepite b'umuryango FPR Inkotanyi biyamamarije no mu Karere ka Gakenke no muri Gasabo. 

Ni mu gihe kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kamena 2024, hari abayimamarije mu Karere ka Musanze n'abandi biyamamarije i Gicumbi.

Mu kwiyamamaza i Ngoma, hifashishijwe abahanzi barimo Platini, Uncle Austin, Dj Pius ndetse na Karigombe.

Platini yaririmbye indirimbo zirimo nka 'Icupa' aherutse gushyira hanze, 'Shumuleta', 'Ijana ku ijana, 'Romeo na Juliet' yakoranye na mugenzi we TMC binyuze mu itsinda rya Dream Boys, n'izindi zinyuranye.

I Ngoma yahaherukaga mu bitaramo bya Primus Guma Guma Super Stars ubwo babaga bahataniye ibikombe n'ibindi.

Uyu muhanzi kandi yahuriye ku rubyiniro na mugenzi we Luwano Tosh wamamaye nka Uncle Austin mu muziki wagize uruhare rukomeye mu kuzamura abandi bahanzi, akaba ari n'umunyamakuru wa Kiss Fm.

Mu bikorwa byo kwamamaza Abadepite b'umuryango FPR-Inkotanyi, yitaye cyane ku kuririmba indirimbo 'Igipfunsi' yamamaza Perezida Kagame yahimbye afatanyije na Victor Rukotana.

Yanaririmbye indirimbo 'So Fresh', 'Nzakwizirikaho' na 'Everything' ava ku rubyiniro ashima uko yakiriwe. Abitabiriye ibi bikorwa kandi basusurukijwe n'umuraperi Siti True Karigombe mu ndirimbo zirimo nka ‘Kagame yongeye yemeye’.

Uyu muraperi yataramiye muri Ngoma mu bihe bitandukanye, ubwo yabaga ari kumwe na mugenzi we Riderman n'abandi banyuranye, yaba mu birori, ibitaramo ndetse n'ibindi binyuranye birimo n'amarushanwa.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC, igaragaza ko Lisite ntakuka y’abakandida biyamamariza ku mwanya w’abadepite bagera kuri 589. Ariko abari basabye kwinjira mu Inteko Ishinga Amategeko ni 665.

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu (PL) ryatanze abakandida 54; Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD) ryatanze abakandida 59, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) ryemerewe abakandida 54;

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) ryatanze 55, PS Imberakuri yemerewe abantu 47. Mu bakandida biyamamaje mu byiciro byihariye NEC yagaragaje ko abagore 199 ari bo bujuje ibisabwa byo kwiyamamariza imyanya 24 mu Nteko.

Ni mu gihe Nsengiyumva Janvier ariwe mukandida wemerewe kwiyamamaza ari umwe rukumbi. Umuryango wa FPR Inkotanyi n’imitwe ya Politike bafatanyije, bo bemerewe aba-Depite 80 kwiyamamaza. 


Umuhanzi akaba n'umunyamakuru Uncle Austin yishimiye kongera gutaramira mu Karere ka Ngoma  


Uncle Austin aramukanya na Platini bahuriye ku rubyiniro mu rugendo rwo kwamamaza abakandida-Depite b'umuryango FPR-Inkotanyi 



Platini yitaye cyane ku ndirimbo ze zakunzwe, yerekwa urukundo n'abatuye i Sake mu Karere ka Ngoma 


Platini yongeye gutaramira muri aka karere, nyuma y'urwibutso ahafite rw'ibitaramo bikomeye 


Abaturage bo mu Karere ka Ngoma basobanuriwe imigabo n'imigabo y'abakandida batanzwe n'umuryango FPR Inkotanyi 


Umuhanzi akaba na Dj, Rukabuza Rickie wamamaye nka Dj Pius yifashishijwe mu kuvanga imiziki anataramira abatuye muri Ngoma 


Uncle Austin yagize uruhare rukomeye mu kuzamura benshi mu bahanzi bazwi muri iki gihe



Umuraperi Karigombe ubwo yari yicaye ategereje guhabwa umwanya agataramira abakunzi be 


Ibyishimo byari byose ku bakunzi b'umuziki bahuye n'umuraperi Karigombe




KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'KU GIPFUNSI' YA UNCLE AUSTIN NA RUKOTANA



KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'KAGAME YONGEYE YEMEYE' YA KARIGOMBE







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND