FPR
RFL
Kigali

Tom Close na Kenny Sol bafashije abadepite ba FPR-Inkotanyi kwiyamamariza i Musanze-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/06/2024 20:41
0


Abahanzi Muyombo Thomas wamenyekanye nka Tom Close ndetse na Rusanganwa Norbert wamenyekanye nka Kenny Sol bataramiye mu Karere ka Musanze mu rugendo rwaherekeje abakandida-Depite b’umuryango FPR-Inkotanyi kwiyamamariza muri kariya karere.



Ni igikorwa cyabereye kuri Sitade Ubworoherane kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Kamena 2024 mu Karere ka Musanze mu Majyaruguru y’u Rwanda.

Muri rusange, abakandida-Depite batangiye kwiyamamaza ku wa 21 Kamena 2024, mu rugendo rugamije kwiyegereza abaturage basobanura mu buryo burambuye imigabo n’imigambi yabo, ndetse n’ibyo biyemeza kuzabakorera ubwo bazaba bageze mu Inteko.

Bitewe n’ibyiciro buri wese yiyamamarijemo, abakandida-Depite bagera mu turere dutandukanye, nko mu minsi ishize biyamamarije muri tumwe mu turere two mu Burasirazuba n’ahandi hanyuranye.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC, igaragaza ko Lisite ntakuka y’abakandida biyamamariza ku mwanya w’abadepite bagera kuri 589. Ariko abari basabye kwinjira mu Inteko Ishinga Amategeko ni 665.

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu (PL) ryatanze abakandida 54; Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD) ryatanze abakandida 59, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) ryemerewe abakandida 54;

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) ryatanze 55, PS Imberakuri yemerewe abantu 47. Mu bakandida biyamamaje mu byiciro byihariye abagore 199 nibo bujuje ibisabwa byo kwiyamamariza imyanya 24 mu Nteko.

Ni mu gihe Nsengiyumva Janvier ariwe mukandida wemerewe kwiyamamaza ari umwe rukumbi. Umuryango wa FPR Inkotanyi n’imitwe ya Politike bafatanyije, bo bemerewe abakandida-Depite 80 kwiyamamaza.

 

Tom Close yisunze indirimbo ye yise 'Naba umuyonga' yasusurukije ibihumbi by'abanya-Musanze bitabiriye kureba ibikorwa byo kwiyamamaza kw'abakandida Depite b'umuryango FPR Inkotanyi



Kenny Sol ubarizwa muri 1:55 AM yisunze indirimbo ze zirimo 'Molomita' ataramira abanya-Musanze







AMAFOTO: The New Times






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND