RFL
Kigali

USA: Impamvu ibitaramo byo Kwibohora byari kuririmbamo abahanzi Nyarwanda byasubitswe

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/06/2024 9:37
0


Abari gutegura ibitaramo ‘Made in Rwanda Weekend’ byo kwizihiza umunsi wo Kwibohora byari kuririmbamo abarimo abahanzi Nyarwanda n’abandi, batangaje ko babisubitse bitewe n’ibikorwa byo kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’Abadepite birimbanyije muri iki gihe.



Ibi bitaramo byari kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe cy’iminsi itatu, ku wa 4 na 7 Nyakanga 2024 bikabera mu Mujyi wa Boston.

AfroHub Music Ent ndetse na AfriQue Events bafatanyije gutegura ibi bitaramo basohoye itangazo  rigenewe abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2024, bavuga ko bageze ku mwanzuro wo kubisubika bitewe nuko hari ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida biri kuba mu Rwanda.

Bavuze ko bari gukorana n’abafatanyabikorwa n’abandi, bikazasubukurwa mu gihe kiri imbere. Umuyobozi wa AfroHub Music Ent, Ernesto Ugeziwe yabwiye InyaRwanda ko ari icyemezo bafashe kubera ko hari ibikorwa byo kwiyamamaza byahuriranye no gufasha abahanzi kujya muri Amerika.

Ati “Ntabwo dushobora gukomeza kubera ko bamwe mu bahanzi bagomba kuva mu Rwanda bose bari gukora mu bikorwa by’amatora, kandi twebwe ibitaramo byacu na gahunda yacu n’umurongo turimo nta nubwo twemerewe kwamamaza.”

Akomeza ati “Biragoye ko umuhanzi wari uri mu bikorwa byo kwamamaza yaza hano gukora igitaramo, urumva ko biragoye kubera umwanya. Ibitaramo bari gukora mu bikorwa byo kwiyamamaza, kandi byagira n’ingaruka kuri gahunda zo kwiyamamaza, twasanze biri butere ikibazo, duhitamo kubisubika.”

Yavuze ko bagiye gukora ibishoboka, ibi bitaramo bikazasubukurwa nyuma y’amatora. Muri rusange ibi bitaramo bigamije kwizihiza Kwibohora k’u Rwanda, cyo kimwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Canada, kuko ibi bihugu byombi bizihiza Umunsi wo kwibohora buri tariki 4 Nyakanga.

Ibi bitaramo bitangajwe ko bisubitswe mu gihe Nel Ngabo aherutse gutangaza ko agiye gukorera ibitaramo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kimwe mu byo yagombaga kuririmbamo harimo n’icyo muri ‘Made in Rwanda Weekend’. 

Ernesto Ugeziwe yavuze ko ibi bidahinduye gahunda ya Nel Ngabo y’ibitaramo bya mbere agomba gukorera muri kiriya gihugu. Ati “N’ubu azaririmbamo mu gihe bizaba byasubukuwe, kandi n’ibye ku giti cye azabikora nk’uko twabiteganyije.”

Ernesto Ugeziwe uri mu batangije AfroHub Music Ent yatangaje ko basubitse ibi bitaramo byo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora kubera ibikorwa by’amatora birimbanyije mu Rwanda
 

Abari gutegura ibi bitaramo batangaje ko bazabisubukura nyuma y’igihe cy’amatora ateganyijwe muri Nyakanga 2024


Nel Ngabo aherutse gutangaza ko muri uyu mwaka azakorera ibitaramo muri Amerika 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND